Uwimana Anastase utuye mu kagari ka Busanza, mu murenge wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali avuga ko kuboha agaseke ari umugabo nta kibazo bimutera kuko ari imirimo nk’indi.
Nyuma y’aho bigaragariye ko bamwe mu baturage batuye akarere ka Rulindo bitaborohera kugera aho gaherereye, ngo bishyure amafranga abahesha service zimwe na zimwe, ubu habonetse uburyo bworoshye bwo kwishyura ayo mafranga hatarinze gukorwa ingendo ndende.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yamaganye agahato kagaragara ku bayobozi b’inzego zinyuranye, batekerereza cyangwa bagahatira abo bayobora gutanga umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) kugira ngo bese imihigo.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu biyemeje gushyira miliyoni 12 mu Agaciro Development Fund bagenda batanga inkunga uko bifite.
Abagize Komisiyo zigenzura imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) mu nteko z’ibihugu by’Afurika, bari mu nama y’iminsi itanu i Kigali guhera tariki 17/9/2012, batangaje ko bazashyiraho ingamba zo kurushaho gukumira inyerezwa ry’umutungo w’ibihugu bakoreramo.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Gisagara yakusanyije amafaranga ibihumbi 118 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund (AgDF); nk’uko bitangazwa na Clémence Gasengayire ukuriye CNF mu karere ka Gisagara.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bagejejweho amashanyarazi, kuyakoresha uko bikwiye kugira ngo abongerere umusaruro mu byo bakora kuko ari ingirakamaro mu bintu bitandukanye.
Mu karere ka Gisagara kimwe no mu tundi turere tw’intara y’amajyepfo hagiye guterwa ubwoko bw’ubwatsi bugaburirwa amatungo bwera vuba kandi bugatubuka kurusha urubingo rwari rumnyerewe, muri iki gihembwe cy’ihinga.
Pelagie Ndacyayisenga ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, mu mbogamizi nyinshi ahura nazo mu kazi ke ntizimuca intege, kuko bimurutira kwirirwa yicaye nka bamwe muri bagenzi be ntacyo akora. Gusa akifuza gutwara moto ye kugira ngo yiteze imbere kurushaho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, tariki 12/09/2012, yatashye inzu zubatswe n’amakoperative, ibiro by’akagali n’amashyanyarazi yakuruwe n’abaturage bo mu Murenge wa Ruli.
Imiryango yari yahawe inka muri Gahunda ya Girinka mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu, kuri uyu wa 10/09/2012, bazituriye bagenzi babo batishoboye inka 19 ziyifashe kwikura mu bukene.
Inkeragutabara zo mu karere ka Nyanza zibumbiye muri koperative zakuye mu bwigunge abatuye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, zishyiraho ubwato buzajya bubafasha mu buhahirane kuko ubanzwe nta buryo bwari buriho bwahuzaga aba baturage.
Hifashishishijwe umushinga électrification rurale, akarere ka Gatsibo karateganya ko abantu 10800 bazaba bamaze bamaze kubona amashanyarazi mu mirenge yose igize aka karere mbere y’uko umwaka wa 2012 urangira
Abakozi ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’ab’ibigo biyishamikiyeho, batanze umusanzu ugera kuri miliyari imwe na miliyoni umunani mu kugega ‘Agaciro Development Fund’.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04/09/2012, inzego n’ibigo bitandukanye ndetse n’abaturage ku giti cyabo bo mu karere ka Rutsiro bakusanyije umusanzu wabo urengaho gato miliyoni 349 wo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund.
Abanyamuryango bagize koperative CTVRB ikora umurimo wo gutwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi voiture) mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi biyemeje gutanga umusanzu w’amafaranga ibihumbi 500 mu kigega Agaciro Developpment Fund (AgDF).
Abaturage n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke beretswe ibyo babashije kugeraho muri 2011/2012, banerekwa ibikubiye mu mihigo basabwa kwesa muri 2012-2013, mu nteko y’akarere yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority), Tushabe Richard, yavuze ko uburyo bwo kumeneyekanisha no kwishyura imisoro hifashishijwe ikoranabuhanga butuma abasora babona umwanya uhagije wo gukurikirana neza ibyo bakora.
Ikigo gikurikirana ikoreshwa ry’umutungo kamere ku isi (Global Footprint Network) kivuga ko tariki 22/08/2012 umutungo kamere wagombaga gukoreshwa mu mwaka wa 2012 wari urangiye, iminsi isigaye abantu bagiye kuyibaho mu mwenda.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikuyu, akagari ka Nyamikamba, umurenge wa Gatunda barasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kubaha ibisobanuro by’aho amafaranga y’umusanzu w’amazi yagiye.
Ikigega Leta y’u Rwanda yatangije cyiswe “Agaciro Development Fund” kigamije gufasha Abanyrwanda kwishakamo ibisubizo mu gihe abaterankunga batubahirije amasezerano y’ubufatanye; nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa.
Mu kagari ka Kigenge, umurenge wa Giheke, akarere ka Rusizi havumbiwe amabuye ya gaciro yo mu bwoko bwa SAPHIR. Aya mabuye agiye gucukurwa na Societe SAPHIR MINERS yo mu gihugu cya Tailande.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 10/08/2012 iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yemeje ko hajyaho ikigega Agaciro Development Fund ihita igishyiramo umusanzu ungana n’amafaranga miliyoni 33 n’ibihumbi 500.
Abaturage bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke bakoreye umushoramari NTF wagombaga gushyira mu bikorwa umushinga w’icyayi wa Gatare ubwo yatereshaga icyayi, ariko bamaze umwaka n’igice batarahembwa.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw’Abanyarwanda mu kunganira ingengo y’imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y’aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.
Bamwe mu batuye akarere ka Ngororero barasaba ko bahindurirwa ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo kuko ngo basanga hari amakuru atari ukuri yagendeweho bityo bakaba basanga babigwamo.
Abafundi babumba amatafari mu mu wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, barishimira uburyo bakize gukata icyondo bagahabwa imashini zibumba amatafari n’amategura, nyuma yo guhabwa amahugurwa yo gukoresha izo mashini.
Abaturage basaga ibihumbi 70 bo mu mirenge itanu igize akarere ka Rusizi, tariki 31/07/2012, bamurikiwe umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 74 wuzuye utwaye akayabo k’amafaranga asaga miliyari.
Abagenzura ibikorwa by’akarere ka Ngororero baragira inama ubuyobozi bw’ako karere kujya gakora inyigo z’ibikorwa birengeje agaciro k’amafaranga miliyoni 50 mbere yo kubikora mu rwego rwo gutanga ikizere cy’uburambe n’akamaro ibyo bikorwa bizagirira abaturage.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bamaze gutanga amafaranga y’ubwishingizi mu kwivuza baracyari kubera ko batishimiye uko bashyizwe mu byiciro by’ubudehe, ari na byo bigaragaza abazarihirwa na Leta ndetse n’abazirihira.