Akarere ka kayonza kihaye umuhigo wo kubakira biogaz ingo 100 bitarenze ukwezi kwa kamena 2012 ariko bishobora kutagerwaho kubera ko amafaranga abaturage basabwa nta bushobozi bafite bwo kuyabona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro kongera amande acibwa abantu bafatirwa mu bucuruzi butemewe kuko ayo babaca adahwanye n’agaciro k’ibyo baba batanzeho kugira ngo batabwe muri yombi.
Ukuriye urubyiruko mu karere ka Burera arasaba urubyiruko rwo muri ako karere, kwibumbira mu makoperative bakareka amashyirahamwe kuko ari ho bazatera imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buratangaza ko abayobozi muri ako karere badafunga inka nk’uko hari ikinyamakuru cyabyanditse.
Imenyekanishamusoro rigiye kuzajya rikorwa rimwe mu myaka itatu kugira ngo birinde baturage guhora basiragira ku biro bishizwe imisoro n’amahoro.
Abayobozi ba komisiyo zishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba no mu muryango w’Ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADCO), bateraniye i Kigali mu rwego rwo guhugurana, bagamije kunoza akazi bashinzwe.
Abahinzi b’inanasi bibumbiye muri Koperative COOPAF, ihuriyemo abahinzi b’imbuto bo mu murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko kubura isoko rihoraho ry’umusaruro wabo bituma bagurirwa ku biciro bitajyanye n’ingufu bakoresha mu ihinga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bufatanyije na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) barasaba abikorera bo muri ako karere kumenya no kubahiriza itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
Mu nama ya 36 y’inteko rusange y’ihuriro Nyafurika ry’ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali kuva tariki 20-23/2012, byagaragaye ko ubwishingizi mu Rwanda bukiri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu.
Raporo yakozwe na komisiyo y’umuryango w’Abibumbye yita ku bukungu muri Afurika (UNECA) igaragaza ko 50% by’imisoro ibihugu by’Afurika byakagombye kwinjiza igendera muri ruswa.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku bukungu bw’Africa muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza (CSAE) avuga ko u Rwanda rukeneye gahunda nshya kugira ngo ruzabashe kugera ku nshingano rwihaye yo kuva mu cyiciro cy’ibihugu bikennye, rukajya mu cy’ibihugu bifite ubushobozi buciriritse (middle – income levels).
Leta irateganya gushyiraho imisoro mishya mu rwego rwo kuziba icyuho cy’imisoro yavanywe ku bikomoka kuri peterori mu Rwanda umwaka ushize. Iki cyemezo cyashimwe n’ikigega mpuzamahanga cy’imari (Fond Monetaire International) kubera ukuntu u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka ngo rugabanye kugendera ku nkunga.
Minisitiri w’umutekano yasuye akarere ka Gisagara yungurana ibitekerezo n’abayobozi ku iterambere ry’umurenge wa Save dore ko iri ku mwanya wa nyuma mu iterambere muri kano karere.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ikorera mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ariko ifite igishanga bahingamo umuceri mu mirenge ya Kirehe na Ngoma (COOPRIKI-Cyunuzi) imaze kugera kuri byinshi ku buryo ishobora kweza toni 4000 ku mwaka.
Leta y’u Rwanda igiye kwagura no guha ingufu ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu karere ka Rusizi ku buryo kuzajya cyakira indege nini kurusha izo cyakiraga.
Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko uyu mwaka uzashira ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereyeho 7.6% mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa byo bitazarenza 7.5%.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, aremeza ko izamuka ry’ubukungu mu Rwanda mu myaka 5 ishize ryunguye abaturage, nk’uko ubushakashatsi bwa gahunda zigamije kwikura mu bukene (EDPRS) bwabigaragaje.
Kuwa mbere tariki 06/02/2012 ubwo minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philbert yasuraga urubyiruko rwo mu karere ka Burera yarugabiye inka imwe y’inzungu y’ishashi yenda kwima.
Abatuye umugudugu w’ubutatu mu murenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo bashyize bava ku izima bemera ko igiti bise icy’ubutatu kubera amateka yacyo gitemwa bakabona uko bahabwa amashanyarazi.
Abakorera ibikorwa mu mujyi wa Kigali (KCC), byaba ibigo bya Leta cyangwa ibyigenga, barasaba ko hajya habaho ibiganiro no gusobanurirana mbere yo gufata ibyemezo, mu rwgo rwo kwirinda kugonganisha inzego kuko abaturage aribo babihomberamo.
Ku inshuro ya kane ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyahembye ba rwiyemeza mirimo babaye indashyikirwa muri 2011 mu muhango uzwi ku izina rya Business Excellence Awards. Uwo muhango wabaye ku mugoroba wa tariki 27/01/2012 muri Serena hotel i Kigali.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe butangaza ko buri munsi w’isoko ry’amatungo bwinjiza miriyoni imwe n’ibihumbi 400 biturutse mu misoro y’ayo matungo.
Ikigo cya Leta gishinzwe guteza imbere ibihingwa bigemurwa ku masoko mpuzamahanga (NAEB) kigiye gutangiza ubuhinzi bw’indabyo nyinshi mu karere ka Rwamagana, aho abaturage basaga 900 bazabona akazi gahoraho mu mirimo yo guhinga, kwita no gutunganya izo ndabyo mbere y’uko zigemurwa ku masoko y’amahanga.
Ambasade y’Ubuyapani ifatanyije n’ikigo mpuzamahanga cy’Abayapani mu by’ubutwererane (JICA) barateganya kubaka amazu abagenzi baruhukiramo ku muhanda azwi ku izina rya Michinoeki mu kiyapani. Imirimo yo kuzubaka uzatangara bitarenze impera z’uyu mwaka.
Abaturage bo mu kagari ka Tare umurenge wa Mbazi wo mu karere ka Huye baranenga uburyo abayobozi bafatira amatungo yabo kugira ngo bakunde bishyure umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé).
Imiryango 234 yo mu murenge wa Maraba mu karere ka Huye ifashwa na VUP (Vision Umurenge Programme) yo muri uwo murenge bishimiye ko iyi gahunda yabagejeje kuri byinshi.
Nyuma y’uko imirimo yakorwaga mu kubaka isoko rya Bushenge yarangiye, entreprise de construction des Bâtiments, Route et hydraulique (ECBRH) yubakaga iri soko yarishyikirije akarere ku buryo bw’agateganyo tariki 24/01/2012.
Mu karere ka Gatsibo haravugwa ikibazo cyo kutavuga rumwe hagati ya ba rwiyemezamirimo n’akarere bigatuma ibikorwa ba rwiyemezamirimo bahawe gukora bihagarara cyangwa bikagenda gahoro.
Mu karere ka Kayonza hagiye kubakwa inzu abagenzi bakora ingendo ndende bazajya baruhukiramo (roadsite station) mbere yo gukomeza ingendo za bo. Iyi nzu ngo izagira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’akarere ka Kayonza by’umwihariko, kuko abazajya baharuhukira bazajya bahaherwa serivisi zishyurwa zizagira uruhare mu guteza (…)
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Bugesera mu bice by’icyaro badafite umuriro w’amashanyarazi bakomeje kwegeranya inkunga yabo kugirango babashe kuyagezwaho.