Itsinda ry’Abanyanijeriya riyobowe na OKUNMADEWA uhagarariye Banki y’isi ishami ryayo muri Nigeriya, zagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi zigamije kwigira kuri ako karere ibyo VIUP yabagejejeho, kuri uyu wa Gatanu tariki 27/7/2012.
Kubera ubwinshi bw’imirimo yo gucukura amabuye ikorerwa mu karere ka Ngororero ndetse n’igihe kirekire gishize ikorwa, mu mirenge icurwamo ayo mabuye usanga hari ibyobo byinshi kandi binini harimo ibikoreshwa n’ibitagikoreshwa bigaragara ko bibangamira ibidukikije.
Abakora umwuga wo gutwara imodoka bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barinubira ko iyo bajyanye abagenzi mu Burundi babasoresha kandi iyo Abarundi babazanye abagenzi mu Rwanda batabasoresha.
Abaturage bo mu tugari twa Nawe na Kabuye mu Murenge wa Rubona mu karere ka Rwamagana, barakangurira abandi kwibumbira hamwe bakifatira ibyemezo bibabereye, nyuma y’uko inama bakoze basaba umuriro w’amashyanyarazi yabagejeje ku ntego.
Ministiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abayobozi ba za Banki Nkuru z’ibihugu bikirimo gutera imbere gukomeza gucungira hafi ingaruka z’ubukungu bumeze nabi ku isi kuko bamwe bakomeje kutitwara neza bigatuma butazamuka nko mu bihugu byateye imbere.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, aratangaza ko byanze bikunze bitarenze ukwezi kwa munani uyu mwaka ikibanza cyo kubakamo hoteli y’inyenyeri eshatu y’akarere ka Ngoma kiba gitangiye gusizwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ibaruramari (iCPAR) kirahamagarira Abanyarwanda bakora umwuga w’ibaruramari kukigana bakaba abanyamuryango bakanoroherezwa gukorera mu bihugu byo hanze.
Icyiciro cya kabiri cy’umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage cyatashywe ku mugaragaro tariki 10/07/2012 mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi. Ibyiciro by’uwo mushinga wose uko ari bitatu bizarangira bigejeje amazi meza ku bantu basaga ibihumbi 15 mu Ntara y’Uburengerazuba.
Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Ben Kagarama, arashimira imikoranire myiza iri hagati y’abikorera bo mu karere ka Rusizi n’ikigo ayobora.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye abatwara abagenzi kuri moto kumenya amategeko agenga koperative ndetse no gutekereza ku kindi bakora kitari gutwara moto gusa.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kayonza yibanze ku Mirenge ya Nyamirama na Murama ikennye kurusha iyindi. Ibibazo birimo kutagira amazi meza iyo mirenge ifite byasumbaga kure iby’iyindi mirenge.
Umukozi ushinzwe imisoro n’amahoro mu karere ka Gakenke, Rurindabagabo Etienne atangaza ko umusoro ku bukode bw’amazu udatangwa neza kuko amazu 28 gusa ari yo yabutanze mu mazu arenga 400 yabaruwe.
Mu gihe twizihiza imyaka 18 ishize Abanyarwanda bibohoye, abaturage bo mu byiciro bitandukanye bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko hari aho bageze batera imbere mu bukungu no mu mibereho myiza.
Ingengo y’imari akarere ka Nyamasheke kazakoresha muri uyu mwaka wa 2012/2013 yagabanutseho 2% ugereranije na miliyari 12 miliyoni 669 ibihumbi 473 n’amafaranga 823 akarere kari kakoresheje umwaka ushize.
Raporo y’igenzura yakozwe na banki y’isi ku iterambere rya gahunda za Leta muri 2011 yahaye u Rwanda amanota 3.8 mu bihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Iki gipimo u Rwanda ruriho ni cyiza nk’uko byari bimeze muri 2010.
Imiryango itagengwa ba Leta (sosiyete sivile) 22 muri 84 ikorera mu karere ka Rulindo izongera amafaranga miliyari imwe na miliyoni 700 mu ngengo y’imari y’ako karere y’umwaka 2012/2013.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yemeza ko n’ubwo nta nyigo ihamye irakorwa, gahunda yo korohereza abakozi mu ngendo yatangiye mu mwaka w’2005, itanga inyungu y’amafaranga arenga miriyari ebyiri n’igice buri mwaka.
U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na Banki y’Isi cyasohotse muri Kamena 2012. U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na (…)
Raporo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagejeje ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi tariki 22/06/2012, igaragaza ko hari amafaranga yo mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yaburiwe irengero kuko atagaragazwa uko yakoreshejwe.
Akarere ka Huye karifuza kongera gutangira kuvugurura umujyi no kwita ku bikorwa by’iterambere mu cyaro, nk’uko umuyobozi wako yabisobanuriye Inama Njyanama, nyuma y’uko gahawe ingengo y’imari igera kuri miliyari icyanda na miliyoni 670.
Hafi 76% by’ingengo y’imari y’akarere ka Ruhango kemerewe, bizakorehswa mu buhinzi n’ubworozi hakurikireho ibikorwaremezo birimo imihanda no gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi.
Impamyabushobozi ziherekejwe n’ibikoresho urubyiruko rwo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera rwahawe n’umuryango w’Abaholandi Chelp a Child ibinyujije mu muryango Nyafurika w’ivugabutumwa (AEE), rwemeza ko bizarufasha kwikorera no gusezerera ubushomeri.
Banki ny’Afurikaa Itsura Amajyambere (BAD) n’Ikigega Mpuzamahanga cyo kurengera Ibidukikije (WWF) byashyize ahagaragara raporo y’uko ibidukikije bihagaze muri Afurika ndetse binahamagarira abayobozi gushora imari mu mutungo kamere wo kuri uwo mugabane.
Akarere ka Gakenke karateganya gukoresha 70% by’amahoro n’imisoro mu ngengo y’imari ya 2012/2013 mu kwegereza abaturage amashanyarazi, kugirango abaturage bakoresha amashanyarazi muri ako karere bave kuri 2% bagere hagati ya 5 na 6% by’abatuye ako karere.
Abantu 6000 biganjemo urubyiruko bazahabwa imirimo itari iy’ubuhinzi mu karere ka Nyanza mu mwaka w’ingengo y’imali 2012-2013; nk’uko Murenzi Abdallah, umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabitangaje tariki 21/06/2012.
Impuguke ziri mu nama yiga ku iterambere ry’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere i Rio De Janeiro muri Bresil, ziratangaza ko gutera inkunga abafite ibikorwa by’udushya no gufasha urwego rw’abikorera ari yo nzira yizewe igana ku iterambere rirambye.
Abatuye mu gasantre k’ubucuruzi ka Congo Nil, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bishimiye ko bahawe amatara yo ku muhanda azajya abamurikira. Kuba nta matara yari ahari ngo byakururaga ubujura.
Abacuruzi bakoreraga mu isoko rya Nyagatare baratangaza ko kuba babimuye aho bakoreraga ari na ho hazubakwa isoko ry’Umujyi wa Nyagatare byabahaye icyizere ko ryaba rigiye kubakwa.
Banki y’Isi irahamagarira ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kwitegura ibihe bitari byiza mu bukungu bw’isi, bishyira ingufu mu mishinga iciriritse y’igihe gito, nk’uko raporo yayo ku bukungu bw’isi y’ukwezi kwa 06/2012 ibigaragaza.
Mu Rwanda hatangijwe ishyirahamwe, rigamije kwigisha no gukangurira urubyiruko rwo mu karere rwiga muri za kaminuza kwihangira imirimo no kwiteza imbere (Easter African Consortium of University Entrepreneurs).