Minisitiri w’Imari n’Igendamigambi, John Rwangombwa, aramara impungenge ko nta mushahara w’umukozi wa Leta uzakorwaho, ahubwo abashya bari bashyizwe mu mirimo bazatinda gutangira kugira ngo amafaranga yabo akoreshwe ibindi byihutirwa.
Umusaza witwa Ngurube Pierre utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera arashima Leta y’u Rwanda yamwubakiye inzu akava muri nyakatsi maze akagira amasaziro meza kuko ngo iyo aguma muri nyakatsi atari kuba akiriho.
Ubwo yasuraga Abanyehuye kuwa kabiri tariki 12/02/2013, Minisitiri w’Intebe yababwiye ko nta mabanki, nta nganda ndetse nta na mahoteri bagira mu rwego rwo kubashishikariza gushyira imbaraga mu mikorere yabo, kugira ngo batere imbere, boye gusigara inyuma.
Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Umusore witwa Nsengimana Maurice utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, ubana n’ubumuga bwo kutumva, atangaza ko impano yo gushushanya afite imutunze; gusa ikibazo nuko adakunze kubona akazi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba Abanyaburera gukora cyane kandi bagafata neza ibyo bafite kugira ngo bahangane n’ihungabana ry’ubukungu rigaragara mu bihugu byateye imbere bikagira ingaruka ku Rwanda.
Umugore witwa Tirifina w’imyaka 58 amaze imyaka ine abumba amategura hamwe na bagenzi be bibumbiye muri koperative Ingorihujababyeyi, ikorera mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye.
Umukozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe igenamigambi mu Ntara y’Iburengerazuba, Sekamondo Francois, yemeza ko uturere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba turamutse dukoze ibikorwa by’iterambere byagabanya ibibazo by’ubukene bigaragara muri iyo Ntara.
Abacuruzi bitwa ko ari banini nibo bakomeje guhangayikisha Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), mu kutitabira gutanga imisoro no kutavugisha ukuri ku bucuruzi bwabo, ugereranyije n’abacuruzi bato bato, nk’uko bitangangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Akarere ka Rubavu gashima intambwe kamaze gutera mu gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kuko muri miliyoni 521 kemeye gutanga, izigera kuri 140 zimaze gutangwa.
Abanyonzi bakorera mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, baravuga bitaborohera kunyonga igare ngo barenzeho no gushaka abagore.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kwegera abaturage bafashe inguzanyo za VUP babakangurira kwishyura vuba kuko igihe bahawe cyo kuzishyura kiri kubarengaho.
Inama ngishwanama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Nyanza tariki 04/02/2013 yashyize mu majwi bamwe mu bakirizi b’imisoro n’amahoro bakorera mu masoko n’ahandi mu mirenge itandukanye igize ako karere kuba badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) irakomeje, aho ikigo gishinzwe gihuriza hamwe ababaruramari mu Rwanda cyatanze 17,553,282, kikaba cyujuje miliyari 26.2 by’amafaranga yose yemejwe ko azatangwa, mu gihe ngo ikigega AgDF kimaze kwakira asaga miliyari 13.
Nyuma y’aho urugomero rwa Rukarara ya I rwuzuriye, imishinga yo kubaka ingomero z’amashanyarazi kuri uyu mugezi uri mu karere ka Nyamagabe irakomeje. Biteganyijwe ko kuri uwo mugezi hazubakwa ingomero eshanu.
Umugore witwa Murekatete Beatrice utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera atangaza ko kubumba amatafari ya rukarakara bimutunze n’abana be batatu kuburyo abirutisha kure kujya gusabiriza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda bose kwitabira ibikorwa bibateza imbere kandi agahamya ko Guverinoma izafasha cyane abazagaragaza ubushake bwo kwiteza imbere bose.
Itsinda ry’Abashinwa batanu baturutse muri kaminuza yitwa Peking University mu gihugu cy’Ubushinwa basuye ibikorwa by’iterambere mu ntara y’Uburasirazuba tariki 29/01/2013.
Nzabonimpa Zaburoni ukomoka mu karere ka Nyamagabe ubu utuye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza avuga ko gutega amafuku yangiza ibijumba n’amateke mu mirima y’abaturage batuye mu gace atuyemo bimutunze ndetse bimurutira guca incuro.
Abashoramari batangiye kuhubaka inzu zigerekeranye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, zizafasha abahatuye kubona servisi zitandukanye.
Ubuyobozi bwa sosiyete “Angelique” iri kubaka urugomero rwa Nyabarongo ruri mu karere ka Muhanga no mu karere ka Ngororero buratangaza ko uru rugomero ruzaba rwatangiye gukora mu mpera z’uyu mwaka.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe igenamigambi, Rugamba Egide, yameza ko kuba hari amahanga yahagaritse inkunga yageneraga Leta y’u Rwanda nta ngorane bizateza ku mafaranga yagenewe imihigo yahizwe mu nzego z’ibanze.
Ministiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye urwego rw’abikorera bo mu Rwanda (PSF), gufata iya mbere mu gukora imirimo yose y’iterambere ry’igihugu badasabye Reta ubufasha, mu rwego rwo kwirinda ko abantu bitiranya inshingano za Reta n’iz’abikorera.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abubatse amazu agira aho binjira hamwe ntagire aho basohokera (EXIT) ko bayakosora mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Abadepite bo muri komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko bavuga ko n’ubwo hari intambwe ishimishije imaze kugerwaho mu kongera ingufu z’amashanyarazi mu karere ka Rutsiro, hakiri byinshi byo gukorwa kugira ngo haboneke amashanyarazi ahwanye n’ibikorwa by’iterambere byifuzwa.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, umujyi wa Kigali washyize ahagaragara ibishushanyombonera bisobanura uko Kimironko na Gahanga, hagiye kubakwa mu buryo bugezweho, mu rwego rwo kugira umwihariko wa buri gace, hagendewe ku gishushanyombonera rusange cy’umujyi.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abantu bari kuzamura amagorofa mu mujyi wa Muhanga bibagiwe guteganya parikingi kubikosora byihutirwa kuko ari ikibazo.
Ikibazo cy’ibiza byagaragaye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba mu mpera z’umwaka wa 2012 bikomeje kugira ingaruka ku baturage batuye aho byabereye kuko icika ry’umuhanda ujya Bralirwa ngo ritera impanuka ubutitsa nk’uko bitangazwa n’abaturage bawuturiye.
Mu nama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’Amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17 Mutarama, abayobozi bagaragaje ko abaturage bashishikarizwa guhinga no korora kandi umusaruro ukaboneka, ariko ko igisigaye ari ugushaka uburyo uwo musaruro wakongererwa agaciro udapfuye ubusa.
Akarere ka Gicumbi niko keguriwe inzu Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yubakiye abanyabukorikori bo muri ako karere, mu rwego rwo kugira ngo kabe ariko kajya kagenzura imikorere yabo n’uburyo biteza imbere.