MENYA UMWANDITSI

  • Aya masezerano azatuma ibitaro bya Ruhengeri bivugururwa, byongererwe ubushobozi

    U Rwanda n’u Bufaransa byasinyanye amasezerano y’inkunga y’asaga Miliyari 118Frw

    U Rwanda n’ u Bufaransa byasinyanye amasezerano y’inkunga ya Miliyoni 91 z’Amayero (Asaga Miliyari 118 z’Amafaranga y’u Rwanda), azafasha mu rwego rw’ubuzima no mu guteza imbere ibikorwa remezo byo muri urwo rwego.



  • Ishuri ryashyize za Camera mu bwiherero

    U Burusiya: Ishuri ryanenzwe gushyira ‘camera’ mu bwiherero bw’abakobwa

    Ishuri riherereye mu Mujyi wa Bolshoy Kamen ryo mu Burusiya, ryanenzwe bikomeye n’abanyeshuri ndetse n’ababyeyi, nyuma yo gushyira za camera zicunga umutekano mu bwiherero bw’abakobwa.



  • Yafunzwe kubera uburiganya abeshya ko arwaye umutima bitunguranye kugira ngo atishyura resitora

    Espagne: Umugabo yafunzwe azira kurya ntiyishyure

    Umugabo w’Umunya-Lithuania utaratangajwe amazina, afungiwe muri Espagne nyuma y’uko yari amaze gukora uburiganya muri za Resitora zigera kuri 20, aho yagendaga agasaba ibyo kurya no kunywa, hanyuma yamara kurya agahita yikubita hasi agafata mu gatuza nk’ufashwe n’indwara y’umutima bitunguranye kugira ngo batamwishyuza ibyo (…)



  • Icyamamare Schwarzenegger yifuza amaraso mashya mu matora ya Perezida wa Amerika

    Arnold Schwarzenegger, umukinnyi wa filimi w’icyamamare wamenyekanye cyane nka ‘Komando’ ndetse akaba yari azwiho gukora siporo yo guterura ibintu biremereye bita ‘bodybuilding’ cyangwa se kubaka umubiri, yatangaje ko ashaka kubona amaraso mashya cyangwa se abantu bakiri bato bahatana mu matora ataha y’Umukuru w’igihugu muri (…)



  • Yiyemeje kugurisha impyiko ye kubera ibibazo by

    Kenya: Nyuma yo kuzahazwa n’ubukene yiyemeje kugurisha impyiko ye

    Umugabo wo muri Kenya, abinyujije muri videwo yashyize ku rubuga rwa X izwi cyane nka Twitter, yavuze ko ashaka umukiriya wamugurira impyiko ye kuri Miliyoni 350 z’Amashilingi ya Kenya, ni ukuvuga agera hafi kuri Miliyari eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo ashobore kwikura mu bukene bumwugarije.



  • Deborah yabyaye abana babiri abikesha nyababyeyi yahawe na nyina

    U Bufaransa: Yavutse adafite nyababyeyi none abyaye kabiri

    Umubyeyi witwa Déborah Berlioz ni umugore wa mbere wo mu Bufaransa wakorewe ubuvuzi bwo guterwamo nyababyeyi ‘utérus’, aho yatewemo iyo yahawe na Nyina wamubyaye, bimuha amahirwe yo kubyara abana babiri, harimo umwe wavutse muri uyu mwaka wa 2023, mu gihe yari yaramaze kwakira ko atazigera abyara kubera icyo kibazo yavukanye.



  • Abana bakwiye kurindwa umujagararo w’ubwonko

    Kimwe n’abantu bakuru, abana nabo bashobora kugira ‘stress’, ndetse ngo ibageraho cyane kurusha abakuru, kuko bo ari ibintu bikeya baba bashobora gufataho ibyemezo mu buzima bwabo.



  • Yitabaje Polisi nyuma yo gusohokana umukobwa akanga kumufasha kwishyura fagitire

    Kwishyura fagitire ku bantu bakundana basohokanye, bakajya gusangira muri za resitora n’ahandi, hari ubwo bibyara ibisa n’impaka, kuko hari abantu bamwe batekereza ko kwishyura fagitire biba ari inshingano z’abasore cyangwa abagabo, uko fagitire yaba ingana kose, mu gihe hari abandi bavuga ko abakundana bagiye gusangira (…)



  • Somalia: Barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

    Abantu barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe mu iduka ry’ikawa mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, icyo gitero kikaba cyabaye nyuma y’umunsi umwe ikindi gisasu gitezwe mu modoka na cyo kikica abantu.



  • Perezida Kagame n

    Perezida Kagame yibukije abayobozi kubahiriza inshingano baba barahiriye

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, agira impanuro atanga zibaherekeza muri ako kazi bagiye gukora.



  • Pakistan: Abantu 52 bahitanywe n’igisasu

    Abantu 52 bapfuye abandi barakomereka, bitewe n’igisasu cyaturikiye hafi y’Umusigiti, kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, mu Ntara ya Balouchistan ya Pakistan, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi mu nzego z’ubuzima, waganiriye n’Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) hamwe n’itangazamakuru ry’aho muri Pakistan.



  • Umujyi wa Kigali watangaje ibyo uwifuza gukora ubucuruzi bushingiye ku mahema agomba kuba yujuje

    Dore ibyo uwifuza gukora ubucuruzi bushingiye ku mahema muri Kigali agomba kuba yujuje

    Mu minsi ishize humvikanye inkuru z’abavuga ko Umujyi wa Kigali waciye amahema, akorerwamo ibikorwa bitandukanye ndetse n’ibirori birimo ubukwe n’ibindi. Ariko mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 21 Nzeri 2023, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavugaga ko icyari kigambiriwe ari ukugira ngo abantu (…)



  • Uwizeyimana Jean d

    Yavukanye ubumuga bwo kutumva no kutavuga bituma ababyeyi be batandukana (ubuhamya)

    Mu gitaramo cyiswe ‘Tujyane Mwami’, cyabaye ku nshuro ya mbere ariko kikazajya kiba buri gihembwe, cyateguwe n’abahanzi b’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, barimo James & Daniella, Danny Mutabazi, Josh Ishimwe, Musinga Joe, ndetse na True Promises cyabereye kuri Dove Hotel ku Gisozi, ku Cyumweru tariki 24 Nzeri (…)



  • Guverinoma ya Mali yimuye amatora kubera ibibazo bya tekiniki

    Mali: Amatora ya Perezida yari ateganyijwe muri Gashyantare 2024 yimuwe

    Umuvugizi wa Guverinoma ya Mali, yatangaje ko amatora ya Perezida wa Repubulika yari ateganyijwe muri icyo gihugu muri Gashyantare umwaka utaha wa 2024, yimuwe kubera ibibazo bya tekiniki bifite aho bihuriye n’itorwa ry’itegeko nshinga rishya, ryatowe binyuze mu matora ya Referendum yo ku itariki 18 Kamena 2023.



  • Inzego z

    Nigeria: Inzego z’umutekano zatabaye abanyeshuri 14 bari bashimuswe

    Inzego z’umutekano zatabaye abanyeshuri 14 muri 20 bari bashimuswe muri Kaminuza yo mu Majyaruguru ya Nigeria, ibikorwa byo gushakisha abandi bataratabarwa birakomeje nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ishuri.



  • Umujyi wa Kigali watangaje imihanda itatu izaharirwa imodoka zitwara abagenzi muri rusange

    Umujyi wa Kigali watangaje ko hari imihanda itatu igiye kuzajya iharirwa imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gusa, cyane cyane mu masaha yo kujya no kuva mu kazi, ibyo bikazakorwa nka bumwe mu buryo bwo gukemura ikibazo cy’umuvundo w’imodoka.



  • Ingabo z

    Ingabo z’u Bufaransa zirava muri Niger bitarenze 2023

    Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zari ziri muri Niger, zigiye gusubira mu gihugu cyazo ndetse na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger agasubira i Paris bitarenze impera z’uyu mwaka wa 2023.



  • Umupolisi wicukuriye imva akanayubaka, yaguze n’isanduku ihenze

    Umupolisi wo muri Tanzania witwa Patrick Kimaro, w’imyaka 60 y’amavuko, umwaka ushize wa 2022 yakoresheje Amadalori y’Amerika ibihumbi bitatu ($3.000), mu gucukura no kubakira imva azashyingurwamo napfa, ubu akaba yaguze isanduku azashyingurwamo ya Miliyoni eshatu z’Amashilingi ya Tanzania (asaga 1,400,000Frw).



  • Afurika y’Epfo yugarijwe n’ibura ry’inyama z’inkoko

    Muri Afurika y’Epfo haravugwa ikibazo cy’ibura ry’inyama z’inkoko kubera icyorezo cy’ibicurane by’ibiguruka ndetse n’ikibazo cy’ibura ry’umuriro bibangamiye cyane ubworozi bw’inkoko nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa sosiyete nini mu zikora ubworozi bw’inkoko muri icyo gihugu yitwa ‘Astral Foos’.



  • Yiyanditseho izina ry’umukobwa we inshuro 667

    Umugabo wo mu Bwongereza witwa Mark Owen Evans yaciye agahigo ko kuba afite za ‘tattoos’ nyinshi ku mubiri we, nyuma yo kwishyirishaho tattoos z’izina ry’umukobwa we inshuro 667.



  • Joseph Odongo

    Umugabo wari waraburiwe irengero yabonetse nyuma y’imyaka 51

    Umusaza w’imyaka 81 witwa Joseph Odongo wari waraburiwe irengero avuye aho akomoka mu Mudugudu wa Riwa, muri Kanyada y’uburengerazuba, yabonetse nyuma y’imyaka 51, akaba yari yaraburiwe irengero ubwo yari amaze gutongana n’umuvandimwe we.



  • Amakamyo arimo imfashanyo yaheze ku mupaka

    Niger yanze kwakira inkunga y’ibiribwa n’imiti byanyujijwe muri Bénin

    Niger yanze kwakira imfashanyo y’ibiribwa n’imiti byanyujijwe muri Bénin, ku busabe bw’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika y’u Burengerazuba (CEDEAO), yasabye ibihugu bya Bénin, Togo na Nigeria kureka imodoka zitwaye imfashanyo zigatambuka.



  • Sudani: Abana 1,200 ni bo bamaze kugwa mu nkambi y’impunzi

    Muri Sudani abana basaga 1,200 bafite munsi y’imyaka itanu, bapfiriye mu nkambi y’impunzi hagati y’itariki 15 Gicurasi na 14 Nzeri 2023, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bari mu kaga.



  • Ikibazo ntikiri hagati yanjye na Tshisekedi, kiri hagati ya Tshisekedi na M23 - Perezida Kagame

    Mu kiganiro cyihariye Perezida Kagame yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Umukuru w’Igihugu yasubije ibibazo yabajijwe ku ngingo zitandukanye harimo ibireba u Rwanda by’umwihariko, ibijyanye n’imibanire yarwo n’ibindi bihugu byo mu Karere ndetse n’ibivuga ku Mugabane wa Afurika muri rusange.



  • Kenya: Abantu umunani baguye mu mpanuka y’indege ya gisirikare

    Indege ya Kajugujugu y’Igisirikare cya Kenya yakoze impanuka hafi y’umupaka wa Somalia, abantu umunani bari bayirimo barapfa.



  • Muzehe Melkizedeki Kalikwani w

    Umusaza w’imyaka 110 yavuze ibanga ryamufashije kurama

    Umusaza wo muri Uganda mu gace ka Iganga witwa Melkizedeki Kalikwani w’imyaka 110, avuga ko kwirinda ubusinzi n’inshuti mbi ari byo byamufashije kurama. Uwo musaza aherutse kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 110, ibyo bikaba ari ibintu bitagerwaho na benshi nubwo baba babyifuza.



  • Indege y

    Amerika: Igisirikare cyasabye abaturage kugifasha gushakisha indege yacyo yabuze

    Igisirikare cya Leta zunze Ubumwe za Amarika cyasabye abaturage kugifasha kubona indege yacyo y’intambara yaburiwe irengero.



  • Umugore we yabyaye abazwe

    Umugabo yareze ibitaro byamwinjije aho barimo babyariza umugore we

    Umugabo wo muri Australia yareze Ibitaro bya ‘The Royal Women’s Hospital’ biherereye mu Mujyi wa Melbourne, kuko ngo byamwemereye ndetse byamushishikarije kwinjira mu cyumba bari barimo babyarizamo umugore we bamubaze, ibyo ngo bikaba byaramuteye ikibazo ku buzima bwe bwo mutwe.



  • inyubako yahiye irakongoka

    Sudani: Umuturirwa ukomeye muri Khartoum wibasiwe n’inkongi

    Inzu y’umuturirwa izwi ku izina rya ‘Greater Nile Petroleum Oil Company Tower’, ifatwa nka kimwe mu biranga iterambere ry’Umujyi wa Khartoum muri Sudani, yafashwe n’inkongi y’umuriro guhera ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023.



  • Uturutse ibumoso Désiré Rumanyika, Rose Ngabire, Levi Gasangwa

    Banki ya Kigali yakoze impinduka mu buyobozi bwayo

    Banki ya Kigali (BK Plc), yatangaje impinduka zikomeye yakoze mu buyobozi bukuru bwayo, mu rwego rw’ivugurura rigamije kurushaho kunoza no koroshya bimwe mu bikorwa byayo.



Izindi nkuru: