Muri Kenya umushoferi wa Taxi ukora ku giti cye, yafashe icyemezo cyo kujya yogosha abakobwa cyangwa se abagore, mu gihe batamwishyuye amafaranga y’urugendo bumvikanye.
Amagambo ya Franck Emmanuel Biya, umuhungu w’imfura wa Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yatumye Abanya-Cameroun batangira kumva ko ashaka kuzasimbura se ku butegetsi.
Abasirikare batanu ba Amerika bapfuye ubwo indege ya Kajugujugu bari barimo mu gihe cy’imyitozo, yahanukiraga mu Nyanja ya Méditeranée, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Amerika.
Imbuto za amande zikomoka muri Aziya yo hagati, ariko uko imyaka yagiye ihita, zageze no ku yindi migabane, harimo u Burayi ndetse no muri Afurika kuko zera no mu Misri. Nubwo izo mbuto zidahingwa mu Rwanda, ariko mu masoko n’amaduka amwe n’amwe yo mu Rwanda mu ziraboneka, gusa ikibazo ni uko nubwo bifite akamaro kenshi ku (…)
Hari abantu bakunze kwibaza igihe biba biri ngombwa kujya kwa muganga nubwo baba bafite ibitagenda neza mu buzima bwabo, bagategereza kuremba, ariko ubushakashatsi bwakozwe n’Ibigo bishinzwe kugenzura no gukumira indwara (Centers for Disease Control and Prevention), bugaragaza ko bimwe mu bimenyetso umuntu agira iyo arwaye (…)
Kugira ngo umwana atangire neza umunsi we, aba agomba guhabwa ifunguro ryo mu gitondo ryuzuye kandi rigizwe n’ibintu by’ingenzi kugira ngo yirirwe ameze neza.
Umuhanzi Butera Knowless ari kumwe n’Umugabo we Ishimwe Clement, ari na we umufasha mu gutunganya indirimbo ze muri studio ye ya ‘Kina Music’ ndetse akanakurikirana ibijyanye n’ibikorwa bye, bavuze byinshi ku buzima bwabo no ku muziki wabo muri rusange.
Muri Tanzania, mu bitaro bikuru bya Dodoma, batangiye kubyaza Gaz yo gutekesha ingobyi cyangwa se iza nyuma z’ababyeyi babyarira muri ibyo bitaro, mu gihe ubundi zatezaga ibibazo bitandukanye yaba ku bashinzwe isuku muri ibyo bitaro ndetse no kubaturiye ibyo bitaro kubera umunuko ukabije wazamukaga iyo aho bazijugunya huzuraga.
Inyubako 39 zifite ubuso bwa meterokare ibihumbi 80, ni zo Leta ikodeshereza inzego zayo ku mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari cumi n’esheshatu ku mwaka. Nubwo Leta ikodesha izo nyubako zose, ariko hirya no hino mu gihugu hari inyubako za Leta zigera ku 1025 zidakoreshwa ngo zibyazwe umusaruro.
Umugabo umwe yarashwe arapfa mu gace k’Amajyaruguru ya Bauchi muri Nigeria, mu gihe yarimo kugeragerezwaho umuti urinda abantu kuruswa ‘umuti w’imbunda’, bikaba byakozwe n’umuvuzi gakondo.
Mu Bushinwa, mu Mujyi wa Shangai, abashinzwe kurinda umutekano muri rimwe mu maduka manini ‘Shopping malls’, batahuye umugabo bivugwa ko yari amaze amezi atandatu yibera munsi ya escaliers (ingazi) z’iryo duka nta muntu uramubona.
Ayo makuru yemejwe na Minisiteri y’Umutekano ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashimangira ibyari byatangajwe mbere n’uwo mutwe w’inyeshyamba ukorana bya hafi n’igihugu cya Iran.
Abagize umuryango w’icyamamare muri Filimi zo gusetsa w’Umunya-Nigeria, John Okafor uzwi cyane nka Mr Ibu, batangaje ko yaciwe ukuguru kubera impamvu z’uburwayi.
Imvura nyinshi yateje imyuzure yica abantu 40 muri Kenya na Somalia, mu gihe abandi ibihumbi bavuye mu byabo nk’uko byatangajwe n’imiryango ifasha abari mu kaga.
Afurika y’Epfo yahamagaje Abadipolomate bayo bari muri Israel kubera intambara icyo gihugu kirimo kurwana na Palestine, biturutse ku gitero cyagabwe n’umutwe wa Hamas, imirwano ikomeje kugwamo abasivili batari bake abandi bagakomereka.
Itsinda ry’Abadage 55 bari bari mu biruhuko ahitwa i Mallorca, muri Espagne, baciye agahigo k’Isi ko kunywa inzoga nyinshi mu gihe gito, aho banyoye byeri zigera ku 1,254 mu masaha atatu gusa.
Niyitegeka Gracien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, kubera filime akinamo yitwa ayo mazina, yavuze ikintu cyamushimishije kurusha ibindi mu buzima bwe, ndetse n’icyamubabaje kurusha ibindi.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko azitabira inama y’ingirakamaro ya COP28, yiga ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere izabera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera tariki 30 Ugushyingo kugeza tariki 12 Ukuboza 2023.
Hari abantu bakunze kugira ikibazo cy’amaso yizanamo amarira agatemba, umuntu adatokowe, adakase ibitunguru cyangwa se ibindi bituma amaso arira, kandi abafite icyo kibazo cy’amaso yiriza, usanga bakigira ku buryo bisa n’aho bihoraho, ariko ngo hari ubwo bwiza bwafasha abafite icyo kibazo.
Abantu 130 ni bo bamaze kwemezwa ko bapfuye naho abandi 100 bakaba bakomeretse, mu mutingito wibasiye agace kamwe k’icyaro mu Burengerazuba bwa Népal, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwo muri ako gace, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2023.
Amashuri yo mu Murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, yafunze kubera kwangirika kw’ikirere cyaho bitewe n’ibihu bijya gusa n’umuhondo, bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’icyo gihugu.
Pasiteri Ng’ang’a wo mu Itorero rya ‘Neno Evangelism Center’ mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, yatanze igihe ntarengwa cyo kuba abasore n’inkumi bakuze, by’umwihariko abaririmbyi bari mu itorero rye bamaze gushaka, kuko adashaka gukomeza kubabona ari ingaragu (singles).
Muri Kenya, abagabo babiri bafatanywe imifuka 26 y’urumogi n’inyama z’ihene, ndetse n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bibye, bakabihisha mu rusengero mu gace kitwa Ongata Rongai, Kajiado ya ruguru.
Umugabo w’imyaka 79 wo mu Buhinde, amaze imyaka hafi 40 atabana n’umugore we, ubu yari amaze imyaka 27 agerageza gusaba gatanya yemewe mu rwego rw’amategeko, ariko muri uku kwezi k’Ukwakira 2023, nibwo urukiko rw’ikirenga rwatangaje ko rutesheje agaciro ubusabe bwe bwo guhabwa gatanya.
Perezida w’u Budage, Frank-Walter Steinmeier, ubwo yari mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Tanzania, yasabye imbabazi kubera ibikorwa bibi byakozwe n’abasirikare b’u Budage, muri icyo gihugu mu gihe cy’ubukoloni.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC), yagejeje ku Nteko rusange y’Umutwe w’Abadepite ibyavuye mu isesengura yakoze, kuri raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta y’umwaka wa 2021/2022.
Birashoboka ko hari bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas ku itariki 7 Ukwakira 2023, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Ishami rishinzwe ibya gisirikare muri uwo mutwe.
Muri iki gihe, umuntu mukuru wese utuye mu Rwanda agira ibintu afata nk’ingenzi ku buzima bwe, ndetse agaharanira ko yaba abyujuje nk’uburyo bw’umutekano w’ubuzima bwe, cyangwa se uw’ubuzima bw’umuryango we.
Umwami w’u Bwongereza, Charles III, ari muri Kenya mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine. Urwo rukaba ari rwo ruzinduko rwa mbere akoze mu gihugu cyo mu Muryango wa Commonwealth kuva yahabwa inkoni y’Ubwami.
Leza Zunze Ubumwe za Amerika zasabye Israel gufata ingamba zikwiye, ziyifasha mu gushobora gutandukanya abasivili b’Abanya-Palestine n’umutwe wa Hamas, mu gihe igisirikare cya Israel gikomeje kongera ibitero byo ku butaka byo guhashya uwo mutwe muri Gaza.