MENYA UMWANDITSI

  • U Buhinde: Abantu 31 bapfuye nyuma yo kunywa inzoga zihumanye

    Abapfuye bari batuye mu midugudu ibiri yo mu gace gakennye cyane mu Burasirazuba bw’u Buhinde, aho gucuruza no kunywa inzoga zo mu bwoko bwa likeri (liquor) bibujijwe guhera mu 2016.



  • Yabwiwe ko adafite igihe kinini cyo kubaho, ategura ubukwe mu masaha 12

    Umugore utuye ahitwa Houston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatunguwe no gukora ubukwe bwo mu nzozi ze, mu gihe yari mu bitaro aho arimo avurirwa indwara ya kanseri.



  • Perezida Kagame na bagenzi be bo muri Afurika bakiriwe ku meza na Joe Biden wa Amerika

    Inama y’iminsi itatu yahuzaga Leta zunze ubumwe za Amerika n’Umugabane wa Afurika yashoje imirimo yayo. Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na we wari muri iyo nama, yatumiwe na Perezida wa Amerika Joe Biden n’Umugore we Jill Biden, ubwo butumire bukaba bwari bugamije gusangira ku meza.



  • Uko Peterson amaeze ubu na mbere

    Yatangiye guhuma nyuma yo kwishyirisha ‘Tattoos’ imbere mu maso

    Umugore w’imyaka 32 wo mu Mujyi wa Belfast muri Irelande, yatangiye guhuma nyuma yo gushyirisha ‘tattoos’ imbere mu maso, rimwe akarishyiramo ibara ry’ubururu, irindi akarishyiramo ibara ry’idoma (blue and purple), n’ubwo umwana we w’imyaka irindwi yari yamusabye kutabikora.



  • Impanga z’abana 9 bavukiye rimwe zikomeje gutangaza benshi

    Impanga z’abana icyenda ari na zo zonyine zifite uwo mwihariko cyangwa se agahigo ko kuvukira rimwe ari umubare munini kandi bakabaho, batashye mu gihugu bakomokamo cya Mali bameze neza bose, nyuma yo kumara amezi 19 muri Maroc aho bavukiye.



  • RDC: Imyuzure n’inkangu byahitanye abasaga 120

    Abantu bagera ku 120 bapfuye abandi barakomereka nyuma y’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura idasanzwe, yaguye mu Murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa.



  • Ikoranabuhanga mu bumenyi bw’isanzure ryafasha guhangana n’ibibazo byugarije Isi - Perezida Kagame

    Mu kiganiro yatanze mu nama y’iminsi itatu iteraniye i Washington muri Amerika, ikaba ihuje ubuyobozi bwa Amerika n’abayobozi b’ibihugu bya Afurika, Perezida Kagame yavuze ko kugira ubumenyi mu by’isanzure bufite uruhare rukomeye mu guhangana n’ibibazo bitandukanye byugarije Isi.



  • Inama ihuza USA na Afurika yitezweho kuzahura imikoranire

    I Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), harabera inama ihuza icyo gihugu n’Umugabane wa Afurika, ikaba yaritabiriwe n’abayobozi b’ibihugu 49, aho mu bizaganirirwaho harimo umutekano, ubukungu, ubuzima, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi.



  • Ingabo za Somalia zisubije umujyi wari umaze imyaka 6 ugenzurwa na al-Shabab

    Igisirikare cya Somalia gishyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika yunze Ubumwe, cyashoboye kuvana abarwanyi ba al-shabab mu duce twa Galmudug na Hirshabelle, habarizwa uwo mujyi w’ingenzi wa Adan Yabal.



  • U Bufaransa: Abafite imyaka 18-25 bagiye kujya bahabwa udukingirizo ku buntu

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko udukingirizo tugiye kujya tuboneka ku buntu muri za farumasi, ku bantu bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25, kugira ngo bigabanye gutwara inda zitifuzwa mu rubyiruko.



  • U Rwanda na Nepal bigiye gukorana mu bwikorezi bwo mu kirere

    U Rwanda na Nepal birateganya gusinyana amasezerano yerekeye ubwikorezi bwo mu kirere, aho hazajya hakorwa ingendo z’indege hagati y’ibihugu byombi nk’uko itangazamakuru ryo muri Nepal ryabitangaje.



  • Udukoko twiswe inshuti z

    RAB iritegura gukoresha udukoko twitwa ‘inshuti z’abahinzi’ mu kurwanya nkongwa

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’ubworozi (RAB), kigiye gutangira gukoresha udukoko twiswe ‘inshuti z’abahinzi’ dufasha mu kurwanya nkongwa idasanzwe, ibangamiye cyane abakora umwuga w’ubuhinzi cyane cyane ubw’ibigori, kuko itubya umusaruro.



  • Perezida Samia yasubitse ibirori byo kwizihiza isabukuru y

    Tanzania: Menya impamvu batizihije isabukuru y’ubwigenge uyu mwaka

    Ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 61, umunsi mukuru w’ubwigenge bwa Tanzania byari biteganyijwe kuzatwara agera ku 445.000 by’Amadolari ya Amerika, Perezida Samia Suluhu yarabihagaritse, ategeka ko iyo ngengo y’imari izakoreshwa mu kubaka inzu umunani abanyeshuri bararamo (dormitories), ku bigo by’amashuri abanza hirya no (…)



  • Ikipe y

    Ikipe y’igihugu y’amagare muri 15 azitabira irushanwa rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’ mu kwezi gutaha

    Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda, yatangaje ko ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare iri muri cumi n’eshanu (15) zizitabira irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’ muri Gabon.



  • Perezida mushya ugiye kuyobora Peru mu nzibacyuho

    Peru: uwari Perezida yegujwe aranafungwa

    Pedro Castillo wari Perezida wa Peru, yegujwe ku butegetsi aranafungwa nyuma y’uko agerageje gusesa inteko ishinga amategeko nk’uko byasobanuwe na Guverinoma y’icyo gihugu, ubu uwari Visi perezida we, Dina Boluarte akaba yahise arahirira kuba Perezida w’inzibacyuho.



  • Yamize inkota zimukomeretsa mu nda none ari mu bitaro

    Umunyabigwi mu bufindo butandukanye harimo no kumira inkota, ukomoka mu Mujyi wa San Diego muri Amerika Scott Nelson, bakunze kwita “Murrugan The Mystic,” ubu ari mu bitaro nyuma yo kugira impanuka agakomeretswa n’izo nkota ubwo yarimo yereka abantu ubufindo bwe.



  • Ubwato bwa mbere buzanye ifumbire y’u Burusiya muri Afurika buri mu nzira- UN

    Ubwo bwato buzana ifumbire y’u Burusiya muri Afurika, buzazana igice kimwe cy’ifumbire igera kuri Toni 260.000 ikorerwa mu Burusiya ariko ubu ikaba iri mu bubiko ku byambu byo mu Burayi.



  • Pawel Jabłoński, Minisitiri w

    Pologne igiye gufungura Ambasade mu Rwanda

    Pawel Jabłoński, Minisitiri w’Ububabnyi n’amahanga wa Pologne wungirije, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura Ambasade mu Rwanda, biturutse ku mubano mwiza hagati y’ibihugu byombi ukomeje kwiyongera. Jabłoński ayoboye itsinda ry’abantu bahagarariye za sosiyete zigera kuri 20 zikora mu nzego zitandukanye muri Pologne, (…)



  • Abakinnyi ba Senegal bishimira igitego

    #Qatar2022: Afurika ihanze amaso ikipe ya Senegal n’iya Maroc

    Afurika yose ihanze amaso amakipe ya Senegal na Maroc ko yakora ibitangaza akaba yakwitwara neza mu mikino iri imbere mu gikombe cy’Isi cya 2022 kirimo kubera muri Qatar, kuko ari yo makipe ya Afurika asigaye muri iryo rushanwa nyuma y’uko ikipe y’Igihugu ya Ghana n’iya Cameroon zitashye.



  • Uwahoze ari Perezida wa Comore Ahmed Abdallah Sambi,

    Uwahoze ari Perezida wa Comore yakatiwe igihano cyo gufungwa burundu

    Uwahoze ari Perezida wa Comore Ahmed Abdallah Sambi, yahanishijwe igifungo cya burundu kubera icyaha cy’ubugambanyi bukomeye kandi imyanzuro y’urukiko rwamukatiye, ntijya ijuririrwa.



  • Ikipe y

    Iran yafunguye imfungwa zisaga 700 yishimira intsinzi mu gikombe cy’Isi

    Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu mikino y’igikombe cy’Isi irimo kubera mu gihugu cya Qatar, ikipe ya IRAN yatsinze ibitego bibiri ku busa bwa Pays de Galles (2-0).



  • Saulos Chilima

    Malawi: Visi Perezida akurikiranyweho ruswa

    Urwego rushinzwe kurwanya ruswa muri Malawi (The Anti-Corruption Bureau - ACB) rwatangaje ko hagati y’Ukwezi kwa Werurwe n’Ukwakira 2021, Saulos Klaus Chilima, yakiriye Amadolari agera ku bihumbi magana abiri na mirongo inani ($280.000) n’ibindi bintu bitavuzwe amazina yahawe n’umunyemari witwa Zuneth Sattar ukomoka muri (…)



  • 14 mu bari bagiye gushyingura bishwe n

    Cameroun: Abantu 14 bishwe n’inkangu

    Ni impanuka yabereye mu Murwa mukuru wa Cameroon, Yaounde, aho inkangu yaridutse, igahitana abantu 14 nk’uko byatangajwe na Guverineri wo muri ako gace , ubu ngo ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero byari bigikomeza.



  • Mbere yo gufata icyemezo yabanje gukoresha amatora

    Konti zari zarahagaritswe kuri twitter zigiye gukomorerwa

    Umuyobozi mushya w’urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Elon Musk yatangaje ko konti zimwe na zimwe zari zarahagaritswe zikabuzwa gukoresha urwo rubuga by’agateganyo zigiye gukoremorwa zikongera gukoresha urwo rubuga guhera mu cyumweru gitaha.



  • Akura za Tattoos ku mibiri y’abapfuye zigasigara mu miryango ya ba nyakwigendera nk’urwibutso

    Michael Sherwood n’umuhungu we Kyle Sherwood bo mu Bwongereza, bagize igitekerezo cyo gushinga Sosiyete yitwa ‘Save My Ink Forever’ biturutse ku biganiro barimo bamwe n’inshuti zabo basangira, nyuma umwe muri izo nshuti avuga ko yifuza ko inyandiko imuriho yazabikwa ahantu, abaza Sherwoods uko yabigenza.



  • Intsinzi y’ishyaka rya Obiang w’imyaka 80 iramuhesha gukomeza kuyobora Equatorial Guinea

    Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea w’imyaka 80 y’amavuko, ufite agahigo ko kuba ari we Mukuru w’igihugu umaze igihe kirekire ku butegetsi ku Isi, arashaka gukomeza kuyobora icyo gihugu muri manda ya gatandatu, nyuma y’uko amaze imyaka 43 ari Perezida w’icyo gihugu.



  • Perezida wa Angola ategerejweho gufasha u Rwanda na RDC kugarura umubano

    Ibiganiro ku kibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari biteganyijwe kubera i Nairobi muri Kenya tariki 21 Ugushyingo 2022 byimuriwe i Luanda muri Angola, bihuriza hamwe abayobozi batandukanye, baganira ku buryo bwo kurangiza ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Congo.



  • Ishuli ryabereyemo impanuka

    Australia: Abanyeshuri 11 bakoremetse mu gihe bari mu igerageza rya Siyansi

    Mu gihugu cya Australia, abanyeshuli 11 bakomeretse ubwo bari mu igerageza rya siyansi. Amakuru dukesha BBC aravuga ko abanyeshuri babiri muri abo 11 bakomeretse, ari bo bahiye bikabije, bahita bajyanwa kwa muganga, naho abandi icyenda (9) bo byavugwaga ko bahiye byoroheje.



  • Soeur Immaculée, aganiriza abitabiriye gahunda ya GAERG

    Urugo rwabuzemo umugore ruba rubuze ubuzima –Soeur Uwamaliya Immaculée

    Sr Uwamaliya Immaculée, ukunze gutanga inama zitandukanye zigamije kubaka umuryango mwiza, ni umwe mu bari bitabiriye gahunda yateguwe n’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barangije Kaminuza ‘GAERG’, mu rwego rwo kurebera hamwe uruhare rw’umuryango mu kwita ku buzima bwo mu mutwe.



  • Ingabo za Uganda ziri mu myiteguro yo kujya muri Congo

    Ingabo za Uganda ziri mu myiteguro ya nyuma yo kwerekeza muri Repubulika ya Demokarasi Congo (RDC), nka zimwe mu zigize umutwe w’ingabo zihuriweho n’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC force), zoherezwa muri icyo gihugu mu rwego kugarura amahoro mu Burasirazuba.



Izindi nkuru: