Icyiciro cya 18 cy’impunzi n’abimukira 113 baturutse muri Libya ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 13 Kamena 2024 baraye bageze mu Rwanda.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yatangaje icyunamo mu gihugu hose cy’iminsi 21 cyo kunamira Visi Perezida, Saulos Chilima n’abagenzi bose Icyenda baherutse kugwa mu ndege ya gisirikare yari yaburiwe irengero iza kuboneka bose bamaze gupfa.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Bangladesh ku butumire bwa mugenzi we w’icyo gihugu.
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma ashyira abayobozi bashya mu myanya barimo Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane asimbura Dr Vincent Biruta wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu gihugu.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yatangaje ko Visi Perezida, Saulos Chilima n’abagenzi bose Icyenda bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yaburiwe irengero yabonetse yashwanyaguritse burundu nta n’umwe wabashije kurokoka.
Indege ya RwandAir itwara imizigo ya Boeing B7378SF, yatangiye gukorera ingendo i Dubai no muri Djibouti, mu koroshya ingendo zo mu kirere ku bicuruzwa biva mu Rwanda cyangwa ibituruka muri ibyo bice birujyanwamo.
Abantu benshi bashobora kuba bamwumva ku izina rya Polisi Denis kubera inyubako ye yamwitiriwe iherere ku Kimihurura hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ikaba iteganye n’ahakorera Minisiteri y’Ubutabera ariko batazi amwe mu mateka y’urugendo rwe muri Politike.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Kamena 2024, Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda na ba Visi Perezida Mukabaramba Alvera na Nyirasafari Espérance bakiriye iri tsinda ry’abasenateri bo muri Namibia bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Namibia, bagirana ibiganiro (…)
Indege ya gisirikare ya Malawi yari irimo Visi Perezida wa Malawi, Saulos Chilima hamwe n’abandi bantu icyenda, yaburiwe irengero, nyuma y’uko yari imaze guhaguruka i Lilongwe mu murwa mukuru w’icyo gihugu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.
Umwe mu bagize Guverinoma ya Israel Benny Gantz akaba n’umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu, tariki 9 Kamena 2024 yatangaje ko yeguye mu nshingano ze zo gukomeza kuba muri Guverinoma iyobowe na Benjamin Netanyahu kubera kudashyiraho gahunda ihamye yo kurangiza intambara yatangijwe muri Gaza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyateguje ko amezi ya Kamena, Nyakanga na Kanama 2024, hateganyijwe ubushyuhe buri hejuru gato y’ikigero gisanzwe mu mpeshyi.
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, mu Mudugudu wa Nyarurembo, mu Mujyi wa Kigali tariki ya 4 Kamena 2024 Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, bafatanye umucuruzi amacupa 4,792 y’amavuta yo kwisiga yangiza uruhu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta na mugenzi we Retno Marsudi wo muri Indonesia tariki 6 Kamena 2024 bagiranye ibiganiro byihariye byibanze ku guteza imbere umubano w’impande zombi banashyize umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi.
Madamu Tania Pérez Xiqués, Ambasaderi wa Cuba mu Rwanda yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba Sena byibanze ku masezerano y’ubufatanye hagati y’Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, tariki 5 Kamena 2024 yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibyagezweho muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva 2017-2024 yo kwihutisha iterambere rirambye NST1 agaragaza ko u Rwanda rumaze kwihaza mu ngengo y’imari ku kigero cya 86%.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko Umuryango wa FPR-Inkotanyi atari ishyaka asobanura n’impamvu yabyo.
Mu burasirazuba bw’umurwa mukuru w’Ubwongereza ‘Londres’, hatoraguwe umwana w’uruhinja w’umukobwa azagupimwa ibipimo ndangasano basanga ari umuvandimwe w’abandi bana babiri batoraguwe muri ako gace yatoraguwemo.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu bamwe biba amakuru muri telefone z’abandi banyuze ku rubuga rwa WhatsApp urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwaburiye abakoresha ‘WhatsApp’ uburyo bw’ubwirinzi bukumira abashaka kuyinjiramo.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe na zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, aho litiro imwe ya lisansi yageze ku 1,663Frw naho iya mazutu igera ku 1,652Frw.
Depite Musa Fazil Harerimana avuga ko kuba hari abanyamakuru 50 bamaze iminsi barishyize hamwe bamaze bagaharabika u Rwanda abifata nk’igikangisho n’umugambi mubisha wo gushaka gusebya u Rwanda kubera ibyiza rumaze kugeraho.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Kamena 2024 yakiriye indahiro za Kaboneka Francis wagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, hamwe na Tuyizere Thadée na we wagizwe Komiseri muri iyi Komisiyo.
Uruganda rw’isukari rwa Kabuye, ari na rwo rwonyine ruri mu Rwanda, rwongeye gufungura ibikorwa byarwo byo gutunganya isukari.
Minisitiri w’Intebe, mu izina rya Perezida wa Repubulika, yirukanye mu nshingano Madamu Jeanine Munyeshuli nk’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN).
Mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Murundi, Akagari ka Nyamushishi mu Mudugudu wa Nyarurembo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi ku itariki 02 Kamena 2024 Nahimiyimana Emmanuel w’imyaka 27, Habimana Emmanuel w’imyaka 27 na Munyeshyaka Vedaste w’imyaka 39, bakurikiranweho icyaha cyo (…)
Mu rubanza rw’ubujurire ubushinjacyaha buregamo Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer rwabaye kuri uyu wa mbere tariki 3 Kanama 2024 bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri ku cyaha akurikiranyweho cyo kwiba Telefoni y’umuhanzi The Ben ubwo bari mu gitaramo mu gihugu cy’u Burundi.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abadepite baturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Zambia.
Umuntu wese wumvise Mu Mariba ya Bukunzi ahita yumva ikinamico yakinwe n’indamutsa itambuka kuri Radiyo Rwanda izwi nka ‘Uwera’ kuko Bukunzi ivugwa muri iyo kinamico.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko bagaragaje impungenge Leta ikomeje guterwa n’igihombo giterwa n’imikorere ndetse n’imicungire idahwitse y’udukiriro hirya no hino mu gihugu.
Umugore w’imyaka 24 wo mu Karere ka Rulindo, mu Murenge wa Shyorongi, tariki ya 1 Kamena 2024 yafashwe na Polisi afite Toni 2,5 z’insinga z’amashanyarazi.
Abadepite batoye itegeko rigenga abantu n’umuryango riteganya ko mu gihe abantu bagiye gushyingiranwa bashobora kwishyiriraho uburyo bwo gucunga umutungo w’urugo rwabo aho kugendera ku buryo bwari busanzweho.