Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’isaha (course contre la montre) rizaba ku cyumweru tariki 17/03/2013 guhera saa tatu za mu gitondo i Masoro.
Bayingana Aimable, uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY), tariki 16/2/2012, yatorewe kuba muri Komite nyobozi y’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere muri Afurika (confédération africaine de cyclisme –CAC), mu matora yabereye i Cairo mu Misiri ku cyico cyaryo.
Uwizeyimana Bonaventure akinira mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu, ni we wasize abandi bakinnyi 39 bari bahanganye mu isiganwa ry’amagare Kigali- Rusumo ryabaye ku cyumweru tariki 03/02/2013.
Ndayisenga Valens ukina umukino w’amagare mu ikipe ya Amis Sportif ndetse n’ikipe y’igihugu, yerekeje muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, aho agiye gukorera imyitozo, no kongera inararibonye muri uwo mukino.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije isiganwa ry’amagare Tropical Amissa Bongo’ ari ku mwanya wa bagufi, akaba yararangije ari ku mwanya wa 29 ku rutonde rusange ubwo ryasozwaga tariki 20/01/2013.
Nathan Byukusenge kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ ribera muri Gabon, akomeje kwigira imbere mu myanya ugereranyije n’uko yari yatangiye.
Nathan Byukusenge, kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ muri Gabon, ni we Munyarwanda waje hafi akaba yatwaye umwanya wa 22 muri rusange ubwo basiganwaga icyiciro (etape) cya kabiri ku wa gatatu tariki 16/01/2013.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare irahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa 10/01/2013 igiye kwitabira irushanwa rya Tropical Amissa Bongo rizabera muri Gabon tariki 14-20/01/2013.
Lance Armstrong wari umaze iminsi ahakana ko yakoreshaga imiti yongera imbaraga bikamuviramo kwamburwa imidari n’amashimwe yahawe muri Tour de France, ngo yatangarije abantu be ba hafi ko agiye kwemera ko yafataga imiti yongera imbaraga.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ry’amagare ‘‘La tropicale Amissa Bongo 2013’, izaba igizwe n’abakinnyi bakiri batoya, bakazayoborwa n’umukinnyi umwe ukuze Nathan Byukusenge; nk’uko byatangajwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer.
Byukusenge Nathan ukinira ikipe ya Benediction Club, ni we wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Kigali-Muhanga-Kigali ryari rigamije kurwanya ruswa, ryabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Abakinnyi 65 harimo 15 b’abagore bakina umukino w’amagare mu Rwanda nibo bazitabira isiganwa ry’amagare rigamije kurwanya ruswa, rizaba ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Protais Mitali, arasaba amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda (federations) gufatira urugero ku ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ryateguye neza irushanwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012.
Umunyafurika y’Epfo, Lill Daren, ni we wegukanaye isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012. Intera yose hamwe ya kilometero 894 yarayirangije akoresheje amasaha 22 iminota 43 n’amasegonda 41.
Ubwo abasiganwa muri Tour du Rwanda basesekararaga mu karere ka Musanze kuri uyu wa Kane tariki 22/11/2012, umunya-Eritrea Merhawi Kudus niwe wahise wambara umwambaro w’umuhondo, ugenerwa uwakoresheje igihe gito kuva irushanwa ryatangira.
Mu isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare (Tour of Rwanda) ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012, kuva i Kigali kugera mu karere ka Muhanga, nta mu nyarwanda waje mu myanya 10 ya mbere.
Umunya-Canada, Pelletier Roy Remi, yegukanye umwanya wa mbere mu gusiganwa ku giti cye intera ngufi ‘prologue’ ya kilometero 3,5 mu irushanwa rya tour du Rwanda ryatangiye tariki 18/11/2012. Umunyarwanda Adiren Niyonshuti yaje ku mwanya wa gatatu.
Isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ry’uyu mwaka rizaba kuva ku cyumweru tariki 18/11/2012 kugeza tariki 25/11/2012, rizitabirwa n’amakipe 12 aturuka mu bihugu 10 byo hirya no hino ku isi.
Ubwo hasozwaga isiganwa nyafurika ry’amagare ryari rimaze iminsi ribera i Ouagadougou muri Burikina Faso, kuri icyi cyumweru tarki 11/11/2012 Umunyarwanda wari witezweho kwitwara neza Adiren Niyonshuti yegukanye umwanya wa 10 mu bakinnyi 87 basiganwaga.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa nyafurika ribera muri Burkina Faso, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012, Umunyarwanda Valens Ndayisenga yegukanye umwanya wa gatanu mu gusiganwa ku giti cye (course contre la montre individuel) mu batarengeje imyaka 18.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa nyafurika ririmo kubera i Ouagadougou muri Burkina Faso, kuri uyu wa gatatu tariki 07/11/2012, ikipe y’u Rwanda yafashe umwanya wa karindwi mu gusiganwa habarwa ibihe buri kipe yakoresheje (course contre la montre).
Ubwo abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere bari mu rugendo berekeza i Ouagadougou muri Burkina Faso mu isiganwa nyafurika, bataye imitwaro yabo irimo n’amagare ku kibuga cy’indege cya Addis Ababa muri Ethiopia.
Mu ijoro rishyira kuri icyi cyumweru tariki 04/11/2012 nibwo ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yahagurutse i Kigali yerekeza Ouagadougou muri Burkina Faso, aho igiye kwitabira isiganwa nyafurika rizatangira tariki 06/11/2012.
Mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasohowe filime yitwa Rising From Ashes ivuga ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Team Rwanda) y’umukino wo gusiganwa ku magare.
Niyonshuti Adrien ni we wongeye kurusha abandi mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka umujyi wa Kigali ‘Kigali City Tour’ ryabaye ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Amagare: Isiganwa ‘Kigali City tour’ rizitabirwa n’amakipe 9 Isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka umujyi wa Kigali ryiswe (Kigali City Tour) zizaba ku cyumweru tariki 21/10/2012 rizitabirwa n’amakipe 9 agize ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY).
Amakipe 15 yo hirya no hino ku isi niyo yamaze kwemeza ko azitabira isiganwa ry’amagere rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki 18/11/2012.
Abasore b’abanyarwanda Hadi Janvier na Joseph Biziyaremye bakina umukino w’amagare, bahagurutse mu Rwanda tariki 08/09/2012, berekeza muri Afurika y’Epfo aho bagiye gukorera imyitozo bitegura amarushanwa mpuzamahanga abategereje mu minsi iri imbere.
Niyonshuti Adrien na Jean Pierre Mvuyekure bananiwe kwitwara neza mu gihe aribo Banyarwanda bari bitezweho kwegukana umudari ku munsi wa nyuma w’imikino Olympique yasojwe i Londres mu Bwongereza ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Adrien Niyinshuti wabigize umwuga mu gusigwanwa ku magare, bwa mbere mu mateka ye, arahatana mu mikino Olympique ubwo aza kuba asiganwa mu muzamuka imisozi (Mountain Bike) ku Cyumweru tariki 12/08/2012.