Dore ibiciro bishya by’ingendo

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange mu Ntara, bikazatangira gukurikizwa ku wa Mbere tariki 06 Mata 2026.

Mu Mujyi wa Kigali igiciro cyabaye 59.28 FRW ku mugenzi ku kilometero, naho mu Ntara: igiciro kiba 41.58 FRW ku mugenzi ku kilometero.

Ibi biciro bishya byashyizweho hashingiwe ku izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli. Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,205 kuri Litiro.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaherukaga kuvugururwa ku itariki 4 Werurwe 2026, aho Lisansi yaguraga 1,989Frw kuri litiro, bivuze ko yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 314 kuri litiro, mu gihe Mazutu yaguraga 1,948Frw kuri litiro, yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 257 kuri litiro.

Uko ibyo biciro biteye:

Ibitekerezo   ( 31 )

Nitwa kanani cylvin kuva kamonyi nyarubaka twishimiyeko mutugeza amakuru mashya kandi
Kugihe . Twiteguye gukurikiza ibyo biciro bishya byingendo

Kanani cylvin yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Bizarangiraryari???

Noa yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Birababaje cyane peuhh ibiciro byi ngendo biri hejuru cyane ndetse ni byi biribwa 😢😢

Gihozo e yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Mugabanye pe

IRASUBIZA Fabrice yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Mugabanye pe

IRASUBIZA Fabrice yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Iyi tike ni nyinshi cyane

Sifa yanditse ku itariki ya: 4-04-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka