Mu Mujyi wa Kigali igiciro cyabaye 59.28 FRW ku mugenzi ku kilometero, naho mu Ntara: igiciro kiba 41.58 FRW ku mugenzi ku kilometero.
Ibi biciro bishya byashyizweho hashingiwe ku izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli. Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,205 kuri Litiro.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaherukaga kuvugururwa ku itariki 4 Werurwe 2026, aho Lisansi yaguraga 1,989Frw kuri litiro, bivuze ko yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 314 kuri litiro, mu gihe Mazutu yaguraga 1,948Frw kuri litiro, yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 257 kuri litiro.
Uko ibyo biciro biteye:
Ibitekerezo ( 30 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Ndabona abanyeshuri tuharenganiye
mutubire ibiciro byinge mumajyenfo murakoze
Mudufashe ku kibazo cy’amatike kiraremereye cyane pee.murakoz
Ndabona abantu tugiye babene wacu mu zindi ntara tutazongera kubonana
Nuku nibarebe kohari cyacyemuk biragoye kbis turashize
Turabinginze mutugabanyirize amatike
Nitwa Benjamin,abanyeshurini mutuvuganire ababyeyi bacu bari kurushywa na minirivare kimwe ni ingendo zabo yebabawee turapfuye pe
Nitwa Benjamin,abanyeshurini mutuvuganire ababyeyi bacu bari kurushywa na minirivare kimwe ni ingendo zabo yebabawee turapfuye pe
nukuturenganura p
Dufite icyibazo cyabacuruzi bazamuye ibiciro naho bitaringobwa Aho umufuka wamakara wavuye kumagaranga(14000frw) ukaba ujyeze kuri(20000frw) uramubaza Impamvu akakubwirako Ari Intambara yomuri IRAN yego Intambara Irahari arikonamakara aturuka muri IRAN mutuvuganirepe murakoze
Mutubwire ibiciro by’ingendo zo mu mujyi wa Kigali tumenye uko bihagaze bareke kutwiba.
Mutubwire ibiciro by’ingendo zo mu mujyi wa Kigali tumenye uko bihagaze bareke kutwiba.
Nitwa Elyse merereye kicukiro center so ibintu bikomeje guhenda cyane peee birakabije so Wenda reka twere kugaruka kuri Petrol and fuel so nonx amakara,amavuta,ibirayi,igitoki,ifu y’ubugali babyo bituruka Iran Ewan Kigali Rwanda ibintu biragoye ni mutuvuganire abacuruzi b’iKigali bari gusha inyungu nyinshi cyanee kbx.