Inzu ya Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, yagabweho igitero cy’indege zitagira abapilote ku bw’amahirwe gisanga adahari ndetse nticyagira n’abantu gihitana nk’uko byemejwe na Israel.
Raporo y’umuryango w’abibumbye, ivuga ko abantu miliyari 1,1 babayeho mu bukene bukabije hirya no hino ku Isi.
Umutwe wa Hamas nawo wemeje amakuru y’urupfu rw’umuyobozi wawo, Yahya Sinwar wafatwaga nk’intwari wishwe n’Ingabo za Israel muri Gaza, wongera no kwibutsa ko abaturage ba Israel batwawe bunyago bamaze umwaka muri Gaza batazasubirayo, intambara idahagaritswe n’ingabo za Israel zigasubira mu gihugu cyazo.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, yatangaje ko umuyobozi mushya w’umutwe wa Hamas, Yahya Sinwar yaguye mu bitero bya Israel yagabye muri Gaza.
Mu Bushinwa umugabo yahanishijwe gufungwa amezi atandatu (6) muri gereza nyuma yo gufata umugore we aryamanye n’undi mugabo arimo kumuca inyuma, yarangiza akemera amafaranga yahawe nk’indishyi n’uwo mugabo.
Muri Congo-Brazzaville, Abaminisitiri n’abandi bakozi ba Leta babujijwe gukora ingendo zijya mu mahanga muri uyu mwaka wa 2024, kubera ibibazo by’ingengo y’imari bitameze neza, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Umuryango mpuzamahanga wita ku kurwanya ubukene n’akarengane (Oxfam), muri raporo nshya watangaje ko ibibazo by’imfu ziterwa n’inzara kubera amakimbirane abera hirya no hino ku Isi biri ku kigero gikabije.
Amerika yasabye ko Israel itanga agahenge mu ntambara irimo muri Gaza, kugira ngo abaturage babashe kugerwaho n’ibiribwa ndetse n’ubuvuzi bw’ibanze ndetse ko n’itabikora izahagarika inkunga y’intwaro n’ibindi bikorwa byo kuyifasha muri iyi ntambara.
U Butaliyani bwafunguye ibigo bibiri mu gihugu cya Albania, byo kujya byoherezwamo abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butubahirije amategeko.
Umugabo n’umugore we bo mu Buhinde, barashakishwa na Polisi nyuma yo kwishyuza abantu asaga miliyoni 4.1 z’Amadolari bababwira ko bagiye kubasubiza itoto bakoresheje imashini.
Umugore wo muri Brazil yeguriye ubuzima bwe gushakisha umwicanyi wishe Se kugira ngo agezwe mu butabera, bituma ajya no mu gipolisi ariko ashirwa afashe uwo mwicanyi nyuma y’imyaka 25 akoze ubwo bwicanyi. Bituma umuryango wiruhutsa ko ugiye kubona ubutabera.
Igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’umutwe wa Hezbollah cyishe abasirikare 4 ba Israel, kinakomerekeramo abantu 60, bikaba byatangajwe ko ari kimwe mu bitero bikomeye bibayeho bikagwamo abantu benshi kuva Israel yakwinjira mu ntambara yeruye n’uwo mutwe wa Hezbollah ubarizwa mu gihugu cya Lebanon, ku itariki 23 (…)
Muri Kenya, umukobwa ufite ubumuga yatewe n’indwara y’imbasa, yirukanywe iwabo mu rugo kugira ngo barumuna be babone uko barambagizwa bashake abagabo.
Inzego zishinzwe umutekano muri Espagne, zataye muri yombi umugabo watangaga serivisi zo kwishyiraho amakosa yo mu muhanda yakozwe n’abandi, akayahanirwa bakamwishyura amafaranga kugira ngo dosiye zabo zikomeze kuba zimeze neza.
Muri Tanzania, umwana w’umuhungu w’imyaka 14 wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, yabuze mu gihe yari mu rugendoshuri hamwe n’abandi banyeshuri bagenzi be, nyuma aza kuboneka amaze iminsi 26 azenguruka muri iryo shyamba ashaka inzira yamusubiza mu rugo yarayibuze.
Leta ya Florida muri leta zunze ubumwe z’amerika kugeza ubu, abantu 10 ni bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’inkubi y’umuyaga, ndetse wangiza ibikorwaremezo.
Nihon Hidankyo, itsinda ry’abayapani barokotse ibisasu bya kirimbuzi (bombe atomic), ryatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2024.
Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan yise Israel kuba ihuriro ry’iterabwoba rya Kiyahudi kubera ibitero byayo muri Lebanon no muri Gaza.
Umupilote w’indege ya sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Turkish Airlines yo muri Turkiya, yapfuye bitunguranye mu gihe yari atwaye indege yari mu rugendo ruva muri Amerika rugana mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umukandida Depite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, yitije umugore n’abana b’inshuti ye bamaranye igihe agamije kubakoresha mu mafoto n’amashusho (Video), yo kwiyayamaza kugira ngo agaragaze ko agira umuryango kandi mu by’ukuri ngo nta mugore cyangwa abana agira, ahubwo yibanira n’imbwa ye gusa.
Ministiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuwa kabiri yatangaje ko igisirikare cy’Igihugu cye, cyishe uwari umuyobozi mushya w’umutwe wa Hezbollah, Hashem Safieddine wari wasimbuye Hassan Nasrallah, na we wishwe mu mpera z’ukwezi kwa Cyenda.
Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yatoye umwanzuro wo kweguza Visi Perezida w’icyo gihugu, Dr Rigathi Gachagua. Ni umwanzuro watowe n’Abadepite 281 mu gihe abandi 44 batoye oya.
Perezida Joe Biden wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa kabiri yatangaje ko asubitse urugendo yagombaga kugirira mu bihugu birimo u Budage na Angola, mu rwego rwo kugira ngo abashe gukurikiranira hafi iby’inkubi ya serwakira yiswe Milton ifite umuvuduko udasanzwe iri hafi kwibasira ibice by’amajepfo y’Amerika.
Pasiteri Ng’ang’a James wo muri Kenya washinze itorero rya Neno Evangelism Centre, yagaye amaturo abakirisitu batanze avuga ko ari makeya cyane ugereranyije n’ubwinshi bw’abantu baba bari mu rusengero, bamwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga baramunenga.
Muri uku kwezi k’Ukwakira 2024, Guverinoma ya Zimbabwe izatanga Miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika, ku bahinzi b’abazungu n’abirabura baba muri Zimbabwe bari baratakaje ubutaka bwabo mu gihe cya gahunda yo kubufatira yabayeho ku butegetsi bwa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe.
Muri Kenya, umugore arafatwa nk’intwari nyuma yo gukomeretswa na kimwe mu bitera byari bigiye kwibasira umwana w’uruhinja w’umukoresha we.
Nyina w’umuhanzi w’icyamamare Sean John Combs, uzwi nka P Diddy, yavuze ko ababajwe cyane n’ibirego bishinjwa umwana we, anongeraho ko ari ‘ibinyoma’.
Inzego z’umutekano za Iran zatangaje ko Jenerali Esmail Qaani atigeze amenyekana aho yaba aherereye guhera mu cyumweru gishize ubwo ingabo za Israel zagabaga ibitero mu gace k’Amajyepfo ya Beirut, Umurwa mukuru wa Lebanon aho uwo Jenerali yari ari mu ruzinduko, bikaba bivugwa ko yaburiwe irengero ari kumwe n’Umuyobozi wo (…)
Umurusiya w’umuhanga muri siyansi yatangaje ko yishyize akamashini mu bwonko kagenzura inzozi ze mu gihe asinziriye, kandi yemeza ko ari we wibaze ubwe akabyikorera yibereye iwe mu cyumba cy’uruganiriro.