• Corneille Nangaa ni we washyize umukono kuri iri tangazo

    AFC/M23 yatangaje ko yiteguye kurekura Uvira ariko hagashyirwa ingabo zitabogama

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rivuga ko uyu mutwe witeguye kurekura umujyi wa Uvira uheruka gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’Amahoro ya Doha, ndetse ikabikora ku busabe bw’umuhuza muri ibi bigaro ari we Leta Zunze Ubumwe (…)



  • Australia: Abantu 16 baguye mu gitero cyibasiye Abayahudi

    Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025, abantu babiri bivugwa ko ari umuhungu na se, barashe mu kivunge cy’abantu bizihizaga umunsi mukuru w’Abayahudi wa Hanouka, 16 barimo n’umwe mu bagabye icyo gitero bahita bitaba Imana.



  • Myanmar: Abarenga 30 bahitanywe n’ibisasu byarashwe ku bitaro

    Mu ijoro rya tariki 10 ukuboza, muri Leta ya Rakhine, agace kari mu maboko y’umutwe w’abarwanyi wa Arakan Army, urwanya ubutegetsi bw’igihugu cya Myanmar, abantu 34 bapfuye abandi barakomereka nyuma yuko indege z’intambara z’ingabo za Myanmar zigabye ibitero ku bitaro biri mu gace kigaruriwe n’uwo mutwe.



  • Koreya y’Epfo yanenze u Bushinwa n’u Burusiya byavogereye ikirere cyayo

    Koreya y’Epfo yatangaje ko yamaze gusaba ibisobanuro aba Diplomate b’u Bushinwa n’u Burusiya bashinzwe ingabo bakorera i Seoul muri Koreya y’Epfo, nyuma y’uko indege z’intambara z’ibyo bihugu zivogereye agace iki gihugu gicungiramo umutekano wo mu kirere cyacyo, ku wa Kabiri tariki 9 Ukuboza 2025.



  • Perezida Patrice Talon yavuze ko ibintu byasubiye ku murongo

    Benin: Ihirikwa ry’ubutegetsi ryaburijwemo

    Perezida Patrice Talon wa Benin byari byavuzwe ko yahiritswe ku butegetsi yatangaje ko ababikoze bitabahiriye, kuko ibintu ubu ngo byasubiye ku murongo.



  • Benin: Igisirikare cyahiritse ubutegetsi bwa Patrice Talon

    Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 7 Ukuboza 2025, itsinda ry’abasirikare ba Benin ryatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko uwari Perezida Patrice Talon yakuwe ku butegetsi.



  • U Rwanda rwitabiriye ihuriro ry’inzobere mu by’ubukungu n’iterambere i Brazzaville

    Kuri uyu wa 4 na 5 Ukuboza 2025, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) Claude Bizimana, yitabiriye ihuriro rya 30 rizwi ku izina rya ‘Vendredis de Carrefour’, ryateguwe i Brazzaville guhera tariki 4 na 5 ukuboza 2025, aho u Rwanda rwatumiwe (…)



  • Amafoto: Uruzinduko rwa Perezida Kagame i Washington D.C.

    Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 4 Ugushyingo 2025, Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse na Donald Trump wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, basinye Amasezerano y’Amahoro yari ategerejwe na benshi hirya no hino ku Isi. Muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame yanahuye (…)



  • Impunzi z’Abanyekongo zikomeje kwambuka umupaka wa Kamanyola

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025, impunzi nyinshi z’Abanyekongo zazindutse zambuka umupaka wa Kamanyola zinjira mu Rwanda, aho zihunga imirwano ikaze irimo kubera mu gihugu cyabo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ihanganishije ingabo za AFC/M23 n’iza Congo, FARDC ndetse n’izo bafatanyije.



  • Amasezerano yari ategerejwe cyane hagati y’u Rwanda na RDC arasinywe

    Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse na Donald Trump wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, bamaze gusinya Amasezerano y’Amahoro yari yarananiranye mu gihe kirenga cy’imyaka 30.



  • Uko gahunda y’isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati y’u Rwanda na RDC iteye

    Biteganyijwe ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uyu munsi yakira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida wa Republika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, mu biro bye (White House), mu muhango wo gusinyana amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu by’ubukungu.



  • Indonesia: Abapfuye bazize imyuzure bageze kuri 417

    Muri Indonesia, imibare iheruka y’abamaze gupfa bazira inyuzure n’inkangu ku kirwa cya Sumatra bageze kuri 417, nk’uko abayobozi muri iki gihugu babitangaje.



  • Abasirikare bashya 545 batojwe na RDF binjiye mu Ngabo za Santrafurika

    Perezida wa Repubulika ya Santrafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yayoboye umuhango wo kwinjiza ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Centrafrique (FACA), abasirikare bashya 545 barangije amahugurwa y’ibanze ya gisirikare bahawe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF).



  • Perezida Daniel Chapo yashimiye inzego z

    Mozambique: Perezida Daniel Chapo yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda

    Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yashimye byimazeyo uruhare rukomeye rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, mu kugarura amahoro n’ituze muri iyo Ntara, ashimangira ko nta terambere ryagerwaho nta mahoro ahari.



  • Umaro Sissoco Embalo yahungiye muri Senegal

    Guinée-Bissau: Umaro Sissoco wahiritswe ku butegetsi yahungiye muri Senegal

    Perezida Umaro Sissoco Embalo uherutse guhirikwa ku butegetsi n’igisirikare cy’igihugu cye, yahungiye mu gihugu cya Senegal, aho yatwawe n’indege yateguwe n’umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba, CEDEAO, mu ijoro ryakeye ryo ku wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, nk’uko byasohotse mu itangazo rya Minisiteri (…)



  • Santrafurika: Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abaturage mu muganda

    Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya Mbere (Rwanbatt1) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, bakoze ibikorwa by’umuganda bafatanyije n’abaturage bo mu Karere ka mbere (1er Arrondissement) gaherereye mu Mujyi wa Bangui, mu gikorwa cyibanze ku gusukura no gutema ibihuru biri ku mihanda.



  • U Rwanda na Namibia byasinyanye amasezerano y’ubufatanye

    U Rwanda na Namibia byasinyanye amasezerano y’ubufatanye, arimo gukorana mu kongerera ubumenyi abakozi, imicungire y’amagororero no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa



  • Sudan: Umutwe wa RSF urwanya Leta watangaje agahenge

    Umutwe witwaje intwaro uhanganye na Leta ya Sudan, watangaje ko uhagaritse imirwano mu gihe cy’amazi atatu, kugira ngo abaturage bari mu kaga babone uko ubutabazi bubageraho.



  • Mozambique: Abayobozi mu Ntara ya Cabo Delgado basuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda

    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Karere ka Mocímboa da Praia muri Mozambique, mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’imikoranire n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda.



  • Nigeria: Abitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri basaga 200

    Ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyirango 2025, abantu bitwaje intwaro bateye ishuri rya Kiliziya Katolika ryitwa St Mary’s School ry’ahitwa Papiri, muri Leta ya Niger, bashimuta abanyeshuri basaga 200.



  • Wanu Hafidh

    Wanu Hafidh, umukobwa wa Samia Suluhu wagizwe Minisitiri ni muntu ki?

    Ku itariki 17 Ugushyingo 2025, inkuru yiriwe ivugwa ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko izo muri Tanzania, ni iy’uko Perezida Samia Suluhu Hassan yashyize umukobwa we hamwe n’umukwe we, muri Guverinoma nshya ya Tanzania.



  • Vietnam: Abantu 6 bahitanywe n’inkangu, 19 barakomereka

    Imvura nyinshi yaguye muri Vietnam ejo ku Cyumweru yari 15 Ugushyingo 2025, yateje inkangu maze igwira imodoka yari itwaye abagenzi, 6 muri bo bahasiga ubuzima.



  • Soldat Mbale Hafashimana

    Amasezerano y’ubufatanye bwa FARDC na FDLR n’uko babigisha kurashisha drone - Ubuhamya

    Soldat Mbale Hafashimana ni umwe mu Banyarwanda bahunze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, akajya mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari kumwe n’umuryango we. Avuga ko bakiva mu Rwanda bahise bajya mu nkambi ya Mugunga (RDC), imaze gusenywa berekeza ahitwa Lubero, aho (…)



  • U Rwanda, UNIDO na Polonye byasinyanye amasezerano yo kubaka ubushobozi bw’inganda

    Guverinoma y’u Rwanda n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere ry’inganda (UNIDO), byashyize umukono ku nyandiko nshya y’umushinga ugamije kongerera ubushobozi bw’inganda n’ingaruka zazo ku bidukikije. Uyu mushinga uterwa inkunga na Guverinoma ya Polonye.



  • Ubwo Minisitiri Nduhungirehe yakirwaga na Perezida Omar Guelleh

    Djibouti: Minisitiri Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na Perezida Omar Guelleh

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na Ismail Omar Guelleh, Perezida wa Repubulika ya Djibouti, bagirana ibiganiro ndetse anamugezaho ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.



  • Perezida Kagame yagaragaje ko AI izagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w

    Perezida Kagame yagaragaje ko AI izagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w’u Rwanda

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko u Rwanda ruteganya ko ubwenge buhangano (AI), buzagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w’Igihugu.



  • Minisitiri Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

    Angola: Minisitiri Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

    Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yashyikirije Perezida João Lourenço wa Angola ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu kwifuriza iki gihugu isabukuru y’imyaka 50 kimaze kibonye ubwigenge.



  • Maj. Gen. Nyakarundi n’itsinda ayoboye bari mu ruzinduko muri Maroc

    Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’intumwa ayoboye, batangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Maroc, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umubano w’Igisirikare hagati ya RDF ndetse na FAR.



  • Nicolas Sarkozy yarekuwe by

    Nicolas Sarkozy yarekuwe by’agateganyo

    Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’icyo gihugu afungurwa by’agateganyo, mu gihe ategereje kuburana ubujurire mu rubanza yakatiwemo gufungwa imyaka itanu.



  •  Ambasasderi Festus Bizimana ni we wakiriye iki gihembo

    Senegal: U Rwanda rwahawe igihembo cy’imiyoborere myiza mu buyobozi bw’ibanze

    Mu nama mpuzamahanga ku buyobozi bw’inzego z’ibanze yaberaga i Dakar muri Senegal (izwi nka Forum International sur la Democratie Participative en Afrique - FIDEPA), u Rwanda rwahawe igihembo cy’ikirenga gihabwa ibihugu byateye intambwe mu guteza imbere ubuyobozi bw’ibanze.



Izindi nkuru: