Umuyobozi w’Itorero Apostles and Prophets Church of Christ Jesus, Bishop Augustine Gakwaya, avuga ko kwita ku bo muhuje imyemerere ukirengagiza abakene Imana ikureba nabi.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, kuri iki Cyumweru habaye igiterane cyo gusengera Igihugu giteguwe n’abayobozi b’Amadini n’Amatorero abarizwa muri uwo Murenge, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’ahahagarariye urwego rw’abikorera, ku nsanganyamatsiko igira iti, ”Umuyobozi ugeza abaturage ku mpinduka nziza."
Sheikh Sindayigaya Mussa atorewe kuyobora Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti), asimbuye Sheikh Salim Hitimana.
Umurenge wa Gashenyi waje ku isonga ku rwego rw’Igihugu mu kwitwara neza mu bikorwa by’Umuganda ngarukakwezi by’umwaka wa 2023-2024, biwuhesha igihembo cy’amafaranga angana na Miliyoni ebyiri y’u Rwanda.
Abagize Inama njyanama y’Akarere ka Bugesera n’abandi bayobozi ku rwego rw’Intara y’u Burasirazuba, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mareba mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2024, batunganya umuhanda wari warasibye bitewe n’abaturage bagiye bahinga bawusatira birangira ubaye akayira gato k’abanyamaguru.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali bwifatanyije n’Abanyarwanda bari hirya no hino mu Gihugu mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi bubashishikariza kwiteza imbere babicishije mu gukora umurimo unoze.
Pasiteri Cleophas Barore, usanzwe anayobora Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), aravuga ko kuba umuntu yaminuza mu masomo ajyanye n’Ubumenyamana (Theology), bitamubuza kuyobya abo yigisha.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’inkomoko y’amazina atandukanye ya tumwe mu duce tugize igihugu yabakusanyirije ahitwa mu Akabira kabi ka Syiki.
Ikigo cy’igihugu kita ku buzima RBC kivuga ko amakuru y’ibihuha avugwa ko abagabo baboneza urubyaro bakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) bituma hatabaho gukora imibonano neza n’uwo bashyingiranywe ari ibihuha kuko iki ibi bikorwa byombi bitabangamira.
Abitabiriye imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) riri kubera i Kigali, bazindukiye mu muganda rusange, wabereye mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gicurasi 2024 aho bakoze ibikorwa bitandukanye byo kubaka ibibuga by’imikino.
Abaturage b’Umurenge wa Gahanga hamwe n’ubuyobozi bw’uwo Murenge, bizihije ku nshuro ya gatatu umunsi ngarukamwaka w’amahoro, waturutse ku bumwe n’ubwiyunge bw’abaturage babiri bo muri uwo Murenge, ari bo François-Xavier Ngarambe wahaye imbabazi uwitwa Bucyana Innocent wagize uruhare mu kwica ababyeyi ba Ngarambe muri (...)
Nubwo indwara ziterwa no gufata amafunguro adasukuye neza zibasira umubare utari muto w’abatuye Isi, ariko ubushakashatsi bwagaragaje ko abibasirwa benshi cyane ari abana bari munsi y’imyaka itanu, kuko bibasirwa ku kigero cya 56%.
Abakozi 495 b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC), bihaye intego yo kurushaho kunoza serivisi batanga, bagabanya ingano y’amazi yangirika.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu ntara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda, baganiriye na Kigali Today, bagaragaza ko mu gihe kitari gito bamaze bahinga icyayi bashobora kubara inshuro mu ngo zabo bakinyweye bitewe n’uko batabona amajyani y’umwimerere nk’ay’icyayi bahinga kikoherezwa mu mahanga, bagasaba ababishinzwe koborohereza.
Polisi y’igihugu yatangaje ko ibinyabiziga bisaga 500 byafatiwe mu makosa atandukanye bigiye gutezwa Cyamunara kubera ko ba nyirabyo batagiye gukemura ibibazo n’amakosa bakoze ngo babisubizwe.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024 yafunguye ku mugaragaro inyubako y’Ikigo gitanga serivisi z’ubwishingizi mu Rwanda, ‘Radiant Insurance Company’, iherereye mu Murenge wa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo na Kaboneka Francis wari umaze igihe atagaragara cyane mu myanya y’ubuyobozi.
Ingabire Assumpta Umuyobozi mukuru ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko barimo gukora ubukangurambaga bugamije kurandura igwingira mu bana, aho asaba ababyeyi kugaburira abana indyo yuzuye no kubagirira isuku.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Inzobere mu kuvura amaso zivuga ko abantu bashyira imiti mu maso batandikiwe na muganga baba biyongerera ibyago byo guhuma.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo iterabwoba, inzara, imihandagurikire y’ikirere,… bityo hakwiye kubaho ubufatanye mu gushaka ibisubizo by’umwihariko ku mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yasobanuye ko kuva mu 1959, n’indi myaka yakurikiyeho, kwitwa Umututsi byari ibyago ku Batutsi ubwabo no ku yandi moko ku buryo undi wabyitwaga yaregeraga akarengane.
Urutare rwa Nkuri ruri mu hahoze ari u Buhoma. Ubu ni mu Ntara y’Uburengerazuba, Akarere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, Akagari ka Rurengeri, Umudugudu wa Kibugazi.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2022-2023, yagaragaje ko imishinga umunani y’iterambere, ifite agaciro ka miliyari 564 z’amafaranga y’u Rwanda yadindiye, bitewe n’uko igihe yari yagombaga gukorwamo cyararangiye cyangwa kikaba kiri hafi kurangira, iyo mishinga itaragera ku musozo.
Saa kumi na 45 z’igicamunsi cyo ku itariki 21 Gicurasi 2024, Ikamyo Mercedes Benz yari itwawe na Mutonesha Donatie, yikoreye inzoga z’u ruganda rwa BRALIRWA yakoreye impanuka mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, ubwo yavaga i Rubavu yerekeza i Kigali.
Israel Mbonyi yatangaje ko agiye gutaramira ahantu habiri muri Uganda, nyuma yo guca amarenga ko ashobora no kujya muri Kenya.
Umwanditsi w’ibitabo Gashema Emmanuel, avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga bandika amateka y’u Rwanda nyamara Abanyarwanda bahari kandi babishoboye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Mutoni Jeanne, avuga ko ’Systeme Imibereho’ yitezweho gufasha kumenya abaturage bakeneye kunganirwa kwikura mu bukene b’ukuri kuko uburyo byakorwagamo mbere hazagamo amarangamutima ariko nanone ikazanafasha gutahura abahabwaga inkunga ibafasha kwikura mu (...)
I Mbirima na Matovu haherereye mu Kagari ka Mbirima, mu Murenge wa Coko, mu Karere ka Gakenke, mu Ntara y’Amajyaruguru, ahahoze ari mu Bumbogo.
Uwamwezi Merciane w’imyaka 53 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Rukundo Akagari ka Ntoma Umurenge wa Musheri avuga ko gukura yanga gusabiriza no guharanira kwigira byamugejeje ku ruganda rufite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 100 n’ubwo ingaruka za COVID-19 n’ibikorwa byahereweho ahabwa ubuzirange bw’ibyo (...)