Impunzi z’abanyarwanda bamaze imyaka 31 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Kivu y’ Amajyaruguru bakiriwe mu Rwanda
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Nasser Bourita, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Maroc ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Mutarama wamuzaniye ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI wa Maroc.
Abanyeshuri biga mu Ishuri ryisumbuye rya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kirehe (Kirehe TSS) biga kubaka, kubaza, kudoda, gusudira n’ibindi, bavuga ko mu biruhuko batangira kubibyaza umusaruro.
U Rwanda rushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje hakurikijwe inama yo ku wa 20 Nzeri 2016, i New York, yarebaga uburyo bwo kwinjiza ubuzima bw’impunzi mu iterambere ry’igihugu mu burezi, umurimo, ingufu n’isuku n’isukura, ibikorwa remezo n’ibidukikije, kurinda no gushaka ibisubizo n’ubuvuzi.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda, yatangaje ko Leta y’u Rwanda izishyura ibyangijwe n’ibisasu biherutse kuraswa mu Rwanda bivuye muri DRC, mu gihe ibisubizo bya Politiki nabyo bizaba bikurikiranwa.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukurarinda, aratangaza ko Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, yangiza imbaraga nyinshi mu guharabika u Rwanda aho kuzishyira mu gushaka ibisubizo by’ibibazo by’icyo Gihugu gituranyi n’u Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye kuvugurura Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2024/25 ikiyongeraho Miliyari 126.3 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Banki ya Kigali Plc yatangaje ko Eugene Ubalijoro yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi, akaba azasimbura Rod Michael Reynolds uzasezera kuri uwo mwanya ku itariki ya 5 Gashyantare 2025, ubwo azaba agiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, azi neza ko intambara atariyo izakemura ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cye, ariko yananiwe kwigobotora ibitekerezo by’abamujya mu matwi bamwumvisha ko adakwiye kwemera kuva ku izima.
U Rwanda n’u Burusiya byiyemeje gufatanya mu kungurana ibitekerezo ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umuherwe Aga Khan, umuyobozi w’Abasilamu b’Abashiyite cyangwa se Aba-Ismaili yitabye Imana ku myaka 88 y’amavuko , nk’uko byatangajwe n’ikigo cye kitwa Aga Khan Development Network.
Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, baravuga ko nta cyizere cy’uko abasirikare b’icyo Gihugu bagera kuri 14 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, bucya bagejejwe mu Gihugu cyabo.
Imibare igaragaza ko abarenga ibihumbi 60 bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bamaze gufungurwa bagasubira mu muryango nyarwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Felix Tshisekedi, bagiye guhurira mu biganiro ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC by’umwihariko muri Kivu y’Amajyaruguru.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatagaje ko rwafunze Uwingabiye Delphine, Umucamanza mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gatunda ukurikiranweho kwaka no kwakira ruswa, yizeza umuturage kuzatsinda urubanza yari afite muri urwo Rukiko.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje ibyatangajwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ku mpamvu ingabo z’igihugu cye ziri muri Kongo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Jenerali James Kabarebe yagaye imyifatire ya Kayumba Nyamwasa, avuga ko nta mutima wo gukunda igihugu afite, ahubwo ashyize imbere umururumba.
U Rwanda rwamaganye ibirego byashyizwe ku ngabo z’u Rwanda (RDF) byo kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kugaba ibitero ku basivile, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yateranye (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yanyomoje Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, wavuze ko ingabo z’Igihugu cye, zoherejwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikomoka mu mahanga.
Abaturage 11,400 bo mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, barishimira kuba bagejejweho amazi meza batandukana no kuvoma ibirohwa, ibikorwa byuzuye bitwaye Miliyoni 750 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha, Polisi mu Karere ka Nyaruguru yakoze umukwabu mu Mirenge ya Cyahinda, Nyagisozi na Nyabimata, maze ifata abantu 14 bakekwaho ubujura bw’amatungo no gukora inzoga zitwa ibikwangari, kuri uyu wa 1 Gashyantare 2025.
Mu kwihiza umunsi w’Intwari z’Igihugu ku ncuro ya 31 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamwe mu bahoze ari abasirikare ba RPA Inkotanyi barwanye urugamba rwo kubohora Igihugu, bakaba bari mu kiruhuko cy’izabukuru bahawe ishimwe ku bwitange bagaragaje.
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari z’Igihugu i Remera, umuhango wasoje gahunda zitandukanye zimaze igihe zikorwa cyane cyane n’urubyiruko hirya no hino mu gihugu.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu byiciro bitandukanye, bataramiye Intwari z’Igihugu, biyemeza kuzigiraho kugira ngo ibyaziranze bibe umusingigi w’iterambere koko, nk’uko insanganyamatsiko izirikanwa kuri iyi nshuro ya 31 hizihizwa Intwari z’Igihugu ibivuga.
Mu muhanda wa Kaburimbo Kigali-Musanze ku kiraro cya Mukungwa Habereye Impanuka y’imodoka Nissan Patrol ifite plaque yitwa SAMBORA(private plate number) ya Hotel yavaga Kigali yerekeza Musanze igiye kuri Hotel iherereye mu Kinigi yitwa SAMBORA Hotel.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot, kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi, ndetse n’uburyo bwo kwimakaza amahoro mu karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yasubije Maomela Motau wahoze ari Umuyobozi w’ubutasi muri Afurika y’Epfo wavuze ko u Rwanda ari rwo shingiro ry’ibibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa RDC.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rutangaza ko rwatahuye amwe mu mayeri abifuza kwinjira mu mwuga w’uburezi, bakoreshaga bagakopera ibizamini by’akazi, ku buryo mu bizamini biheruka abantu 35 bafashwe bakopera.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, byabaye mu ijoro ryakeye rya tariki 30 rishyira 31 Mutarama 2025.
Umugenzuzi Mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’Igihugu(GMO), Agnès Muhongerwa, uherutse guhabwa inshingano, yarahiriye imbere ya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa, aho yaniyemeje kurwanya umuco wo kwambara ubusa (…)