Ikigo Gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyatangaje imwe mu mishinga gifite yo gukomeza gahunda yo kwegereza amazi meza abaturage, izatwara Amafaranga y’u Rwanda agera hafi Miliyari 300.
Binyuze mu bufatanye n’u Rwanda, igihugu cya Canada kigiye gushyiraho uburyo bworohereza Abanyarwanda bashaka impamyabumenyi mu byiciro byisumbuye bya Kaminuza.
Umuryango Never Again Rwanda usanga mu Karere ka Musanze hakiri ibyo kunozwa, kugira ngo intego Leta yihaye ya gahunda zigamije kuvana abatishoboye mu murongo w’ubukene zirusheho kubahirizwa, kandi zitange umusaruro uko bikwiye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024 yatangije ku mugaragaro inama y’Ihuriro Nyafurika ryita ku Biribwa (Africa Food Systems Forum Summit) y’umwaka wa 2024, iyi ikaba ari inama y’ubuhinzi n’ubworozi ibera i Kigali mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko uyu mwaka w’ingengo y’imari bibanze cyane mu kubaka no gusana ibiraro binini byari bibangamiye urujya n’uruza rw’abaturage, ariko na none ngo hakaba hari ibindi bigomba kubakwa umwaka w’ingengo y’imari utaha.
Perezida Paul Kagame yashimye Bassirou Diomaye Faye, watorewe kuyobora Sénégal, akaba yabigaragarije mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X.
Abaturage bo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, baratangaza ko ubu bafite umutekano usesuye, nyuma yo gutangiza ubugenzuzi bukorwa n’irondo rigenzura ayandi mu Murenge wose.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi batatu bashya, guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abanyarwanda barashishikarizwa kurya inyama z’ingurube n’iz’inkoko hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi. Mu gihe inkoko zo bisa n’aho abanyarwanda bazi akamaro kazo, ahubwo bakabangamirwa no kumva ko kuzirya bisaba amikoro, inyama z’ingurube zo zisa n’aho zibagiranye cyangwa zititabwaho mu muco nyarwanda.
N’ubwo mu Karere ka Gisagara hari inganda enye zenga inzoga mu bitoki, abahatuye bahinga ibyengwa bavuga ko kubona ababagurira umusaruro wose na n’ubu bitaragerwaho, bikaba byarahumiye ku mirari aho umusoro mu nganda zibyenga wazamuriwe.
Abafite inzu mu masantere y’ubucuruzi yo mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bahangayikishijwe n’itungurana rikabije bakomeje gukorerwa, ryo guhora bategekwa kuvugurura inyubako zabo bya hato na hato, bakemeza ko baterwa igihombo n’abakora nabi inyigo yabyo, aho mu myaka itatu basabwe kuzivugurura inshuro eshatu.
Mu mwaka wa 2017, Intara y’Amajyaruguru yihaye umuhigo wo kugera muri 2024, gahunda ya Girinka imaze koroza abatishoboye 68200, uwo muhigo urarenga hatangwa inka 89000, nyuma y’uko iyo gahunda itangijwe muri 2006.
Umuryango urwanya impanuka zibera mu muhanda witwa HPR, ufatanyije n’Urwego rw’Igihugu rutsura ubuziranenge (RSB) na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), barimo kwitegura gupima ubuziranenge bw’ingofero z’abamotari, nyuma yo kubona ko izo bafite inyinshi zitarinda abantu kwangirika umutwe.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Jeannot Ruhunga, aratangaza ko imikorere y’urwo rwego igiye kurushaho kunoga, nyuma y’uko umubare w’abakozi bari bakenewe wamaze kuzura.
Abayobozi baturutse mu bihugu bihuriye ku ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye EASF, bateraniye I Kigali mu nama y’iminsi ine igamije gusuzuma uburyo Ibihugu binyamuryango bihora byiteguye guhangana n’ingirane zirimo ibiza, guteza imbere ubufatanye, no kungurana ibitekerezo (...)
Malaria ni imwe mu ndwara zandura, ishobora kuvurwa igakira, kandi itwara ubuzima bwa benshi iyo utivurije ku gihe. N’ubwo hari gahunda zitandukanye zashyizweho mu nzego zose z’ubuzima kugeza no ku Bajyanama b’ubuzima zigamije guyihasha, uyu munsi hari abakicwa nayo, ariko RBC ivuga ko hari uburyo wayirindamo ugatandukana nayo.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (IBUKA), urasaba amahanga gutanga ubutabera ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ita muri yombi abagize uruhare mu Jenoside.
Abaturage bo mu ngo zisaga ibihumbi 13 bo mu Mirenge ya Rugera na Shyira, bamurikiwe umuyoboro w’amazi meza wa Rubindi-Vunga ureshya na Klometero 34, basezerera ingendo ndende bakoraga bajya gushaka amazi y’ibirohwa by’umugezi wa Mukungwa, aho bahoraga bahanganye n’indwara ziterwa n’umwanda.
Mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro, batangiye gahunda ngarukamwaka y’Icyumweru cy’Umujyanama, kuva tariki 23 Werurwe 2024 kugeza tariki 30 Werurwe 2024. Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti “Umujyanama mwiza, umuturage ku isonga.”
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababiciye ababo, baratangaza ko nyuma y’imyaka 30 aribwo babashije kubohoka, bakira ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba na bo bagiye kwigisha bagenzi babo kugira ngo bakire ibyo bikomere.
Abarezi n’ababyeyi barerera muri amwe mu marerero yo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, barashima ibikorwa bagezwaho n’umuryango One Acre Fund, ufatanyije na Tubura birimo ifu yitwa ‘Iyacu’ yongerewemo intungamubiri ikarinda abana igwingira.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwamuritse ibikorwa byatwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 42 byakorewe abaturage batishoboye batuye mu bice bitandukanye by’ako Karere.
Abanyeshuri barwaye ni abiga mu mashuri abanza y’icyiciro gihabwa amata muri gahunda yo kurwanya igwingira na bwaki.
Uwitwa Pasiteri Anastase Rugirangoga ati ‘Si impinduka z’ibiciro ahubwo ni impinduka z’ibihe, ntabwo ari twe twenyine, jyewe rwose nzi uko mu bindi bihugu bimeze, mbona mu Rwanda tugikanyakanya.’
Madamu Jeannette Kagame, yibukije urubyiruko rw’Inkubito z’Icyeza, gushishoza, bakigira ku bandi, ariko iteka bakareba ibibafitiye umumaro, ndetse anabibutsa kwirinda inzoga kuko atari iz’abato.
Mu Karere ka Gisagara, hari abahinga mu gishanga cya Duwane binubira kuba barategetswe guhinga urusenda ubu rukaba rwararumbye bagahomba, mu gihe bagenzi babo bo bemerewe guhinga ibigori ubu bo bafite ibyo kurya.
Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bose bakora ibikorwa by’ubujura butandukanye ariko cyane cyane abiba insinga z’amashanyarazi ko batazihanganirwa igihe bazaba bafatiwe muri iki cyaha.
Guhera tariki ya 01 Mutarama 2023 kugera tariki ya 01 Mutarama 2024, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, habaruwe abangavu 8,801 bari hagati y’imyaka 14 kugera kuri 19 basambanyijwe baterwa inda.
Imibare yavuye mu bushakashatsi bw’Ikigo cy’Ibarurishamibare ku rwego rw’Isi (World Data Lab), igaragagaza ko urubyiruko mu Rwanda ruziyongeraho abarenga ibihumbi 800 hagati ya 2021 na 2030, bazaba bafite amahirwe yo gukora indi mirimo itari iy’ubuhinzi.
Perezida wa Sena, Dr.Kalinda Francois Xavier yagaragaje uburyo ururimi rw’igifaransa ari ururimi rwakwifashishwa n’abatuye Isi bakagera ku bikorwa by’iterambere igihe barwifashishije bahanga udushya.