APR izahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (Orange CAF Champions League), yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi izakoresha.
Inkeragutabara zigera kuri 30 zashyikirijwe impapuro z’ubumenyi n’ishimwe (certificate) zerekana ko zizi gukora amaterasi y’indinganire ku buryo bwiza kubera igikorwa cyo gukora amaterasi ari kuri hegitari 100 mu gace k’ishyamba rya Gishwati.
Habonetse andi makuru yemeza ko umuherwe utakibarizwa mu Rwanda, Tribert Ayabatwa Rujugiro, afite uruhare mu gutera inkunga ibikorwa bikomeje guhungabanya umutekano mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi w’ingabo z’igihugu mu gace ka Muhanga, Kamonyi, Nyanza n’agace gato ka Huye, Colonel Kananga, aratangaza ko umuntu wese utinyuka gutera ibisasu mu bantu aba ari ingegera kuko kenshi aba yakoreshejwe n’inda gusa.
Ikigo cy’ubushakashatsi mu by’ubuhanga n’ikoranabuhanga (IRST) gikorera mu Karere ka Huye cyabashije gukora ubushakashatsi ku makara akoze mu bisigazwa by’ibihingwa. Ayo makara ntagira umwotsi kandi abika umuriro igihe kinini.
Abana babiri b’abakobwa barererwa mu kigo cy’imfubyi kitwa Nyampinga mu karere ka Huye, bafashwe na polisi yo mu karere ka Nyanza ubwo bari batorotse berekeza mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi mukuru ushinzwe planning muri minisiteri y’ubuhunzi (MINAGRI), Rurangwa Raphaël, arasaba abaturage baturiye amaterasi yakozwe mu gace k’ishyamba rya Gishwati n’abazayahinga kuyabungabunga kugira ngo akoreshwe icyo yagenewe kandi atange umusaruro nk’uko bigomba.
Umuryango uharanira iterambere ry’uburezi bw’umwana binyuze muri siporo n’imyidagaduro, Right to Play, watanze amahugurwa ku kamaro ka siporo, iterambere no kwimakaza amahoro mu karere ka Bugesera.
Umushinja cyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga, yatangaje ko u Rwanda rwakiriye neza kuba Leo Mugesera yoherejwe kuburanira mu Rwanda.
Urwego rugenzura ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere rwashimye abayobozi n’abaturage b’akarere ka Rwamagana ku gikorwa cyiza cyo kugira icyumba cy’umwana w’umukobwa kuri buri shuri mu bigo by’amashuri yisumbuye 32 bitangirwaho uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 biri muri ako karere.
Ku mugoroba wa tariki 25/01/2012 saa kumi n’igice, moto yagonganye n’imodoka ya gisirikare mu mujyi wa Kibungo rwagati abatu batatu bahita bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Abagana aho bategera imodoka (gare routiere) i Ngoma bavuga ko babangamiwe n’umwanda ukabije muri iyo gare ukururwa cyane cyane no kuba nta mazi iyo gare ifite.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyateguye irushanwa rya barwiyemezamirimo bitwaye neza mu mwaka wa 2011 mu rwego rwo gushishikariza ba rwiyemezamirimo gukora byinshi kandi neza.
Uyu munsi Perezida Kagame yageze muri Uganda aho yitabiriye umuhango wo kwizihiza umunsi wo kubohora igihugu cya Uganda. Muri uyu muhango uzaba ejo tariki 26/01/2012, Perezida Kagame azahabwa umudari nk’umuntu wagize uruhare rukomeye mu ibohozwa rya Uganda kuko yari mu ngabo za National Resistance Army (NRA) za Yoweli Kaguta (…)
Minisitiri muri Perezidansi ufite ikoranabuhanga mu nshingano ze, Ir Ignace Gatare, yavuze ko akarere ka Rulindo kamaze gutera imbere mu ikoranabuhanga kuko 30% by’ abagatuye babasha gukoresha itumanaho rya telefone zigendanwa.
Umuyobozi wungirije ushinzwe amajyambere arambye muri Banki y’Isi, madame Rachel Kyte, azagirira uruzinduko mu Rwanda kuva ejo tariki 26/01/2012 kugeza tariki 29.
Ku rubuga rwe rwa Twitter, uyu munsi, Perezida Kagame yavuze ko mu magambo yaganiriye n’umunyamakuru witwa Philip Etale wo muri Kenya ntaho yigeze avuga ko Arsene Wenger agomba kuvaho ahubwo yavuze ko we abona akwiye guhindura imikorere.
Abaturage bo mu kagari ka Tare umurenge wa Mbazi wo mu karere ka Huye baranenga uburyo abayobozi bafatira amatungo yabo kugira ngo bakunde bishyure umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé).
Marie Francoise Dusabe wo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yafashe icyemezo cyo guta umwana we yibyariye amuziza ko yavukanye ubumuga.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yatangaje ko u Rwanda ruteganya kubaka inzibutso za Jenoside yakorewe abatutsi ahitwa Ggolo, Kanseselo na Lambu muri Uganda, aharuhukiye imibiri y’abantu igera ku bihumbi 10 ivuye mu Rwanda.
Imiryango 234 yo mu murenge wa Maraba mu karere ka Huye ifashwa na VUP (Vision Umurenge Programme) yo muri uwo murenge bishimiye ko iyi gahunda yabagejeje kuri byinshi.
Nyuma y’uko imirimo yakorwaga mu kubaka isoko rya Bushenge yarangiye, entreprise de construction des Bâtiments, Route et hydraulique (ECBRH) yubakaga iri soko yarishyikirije akarere ku buryo bw’agateganyo tariki 24/01/2012.
Umugore witwa Uwimana Cecile wari utuye mu kagari ka Cyahinda murenge wa Cyahinda ho mu karere ka Nyaruguru yitabye Imana, tariki 24/01/2012 mu ma saa yine z’amanywa, atewe ibisongo munsi y’ugutwi no mu kanwa.
Nyuma y’imirwano ikomeye yabashyamiranyije n’ingabo z’inama y’iguhugu y’inzibacyuho muri Libiya (CNT) igahitana abasivili bagera kuri batanu, ingabo zahoze ari iza Kadhafi nyuma zikaza kwifatanya na CNT zigaruriye umujyi wa Bani Walid, kuva tariki 24/01/2012.
Umuvugizi w’ingabo z’igihugu za Congo ziri mu mutwe wiswe «Operation Amani Leo», Col. Sylvain Ekenge, aratangaza ko ingabo z’icyo gihugu zinejejwe n’urupfu rw’umusirikare wa FDLR wari ufite ipeti rya ofisiye na bagenzi be bane bishwe tariki 22/01/2012.
Urubyiruko rugera 47 ruturutse mu mpande zitandukanye z’isi ruteraniye mu mahugurwa yo kurwanya ubwihebe yateguwe n’ikigo nyafurika kita ku nyigisho z’ingenzi (Africa Center for Strategic Studies). Ayo mahugurwa arimo kubera i Kigali kuva tariki 23/01/2012.
Nyuma yo kugera i Kigali ahagana mu ma saa sita z’ijoro Leon Mugesera nyuma yo kwambikwa amapingu yahise ashyirwa mu modoka ajyanwa muri gereza nkuru ya Kigali izwi ku izina rya 1930
Abantu bagera kuri 16 bakomerekejwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade, cyaturitse ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 24/01/2012, mu masaha y’isaa Moya na 15, kuri Rond Point nini yo mu mujyi wa Muhanga, mu kagari ka Gahogo umurenge wa Nyamabuye.
Mu gihe Habyarimana Jean Claude yibwira ko agirira abana neza abafasha kumenya uko bitwaye mu bizamini, byababaje abana barangije amasomo yabo ku mashuri ya Nsheke mu murenge wa Nyagatare kuko bavuga ko babibona nko kubandagaza.
Mu gihe muri iki gihe usanga hari abasore benshi bibera ba seribasaza (gusazira mu busiribateri kubera amikoro make yo kubona inkwano cyangwa gucyuza ubukwe), mu karere ka Ngoma haravugwa abasore bahitamo kwikopesha inkwano bakayijyamo ideni ubundi umukobwa bakamujyana.
Abapolisi bakuru 40 baturuka mu mashami atandukanye ya Polisi y’Igihugu amahugurwa y’iminsi itatu mu gusuzuma umusaruro w’abakozi.
Umunyamategeko Peter Erlinder akaba n’umwarimu, tariki 17/01/2012, yahagaritswe ku mirimo ye yo kwigisha muri kaminuza yitwa William Mitchell College of Law muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abakora umurimo w’ubunyonzi ku muhanda werekeza aho bakunze kwita Sahara ku Kicukiro barasaba ubuyobozi ko bwabavuganira bakikomereza akazi kabo.
Abatuye umurenge wa Niboye akarere ka Kicukiro babangamiwe cyane n’imwe mu mihanda yerekeza mu midugudu igize uyu murenge.
Nubwo abashakanye basezerana kubana iteka ndetse bakanarara mu buriri bumwe, hari abandi bavuga ko kurara mu buriri bumwe buri gihe bigabanya amarangamutima (sentiments) umuntu agirira mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.
Kuri uyu wa kabiri tariki 24/1/2012, Minisitiri w’Ingabo, James Kabarebe, yakiriye mu biro bye umujyanama w’Amerika ku bibazo bya Darfur, Ambasaderi Dan Smith, bagirana ibiganiro ku ruhare rw’u Rwanda mu gucunga amahoro.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu ikigo gishinzwe amashuri makuru (Higher Education Council) yatangaje ko izajya yishyurira buri munyeshuri (yaba Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga) 50% by’ikiguzi cyo kwiga muri Carnegie Mellon University-Rwanda (CMU-Rwanda).
Komisiyo ishinzwe politiki n’uburinganire mu nteko ishingamategeko, taliki 23/01/2012, yatangiye kwiga umushinga w’itegeko rirebana n’uburenganzira ku kubona amakuru (access to information bill).
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Ntagatare tariki 23/01/2012, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyo ako karere kamaze kugeraho birimo uruganda East Africa Granite Industries Ltd rukora amakaro maze anarwizeza inkunga.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yatangaje ko aho iperereza ryakozwe ryerekana ko ibikoresho byasanzwe muri nyababyeyi y’umugore witwa Murekatete Zawadi wabyariye mu bitaro bya Byumba bitashyiriwemo mu bitaro.
Ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 23/01/2012 nibwo Leon Mugesera yurijwe indege imuzana mu Rwanda imuvanye muri Canada nyuma y’uko urukiko rukuru rwo muri icyo gihugu rufashe icyemezo ntakuka ko agomba koherezwa mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 23/01/2012 Minisitiri w’uburezi, Dr. Vicent Biruta, yasuye ikigo cyigisha imyuga cyitwa Integrated Polytechnic Regional Center (IPRC) giherere mu karere ka Kicukiro ahahoze ishuri ryisumbuye Kigali International Academy.
Kuva tariki 24 kugeza 28 Mutarama 2012, umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Kamalesh Sharma, azagirira uruzinduko mu Rwanda.
Ikipe y’Amagaju, binyuze mu ibaruwa yashizweho umukono n’umunyamabanga wayo, yamaze kwandikira FERWAFA isaba ko Espoir FC bakinnye ikabatsinda ibitego 4 kuri 3, yafatirwa ibihano kuko ngo yakinishije umukinnyi ufite ikarita y’impimbano.
Ismail Uwimana arahigwa n’Urwego rushinzwe imisoro rwa Polisi (RPD) kubera icyaha akekwaho cyo gufata puraki z’imodoka zishaje zo mu Rwanda akazishyira ku modoka nshya ziturutse hanze.
Cercle Sportif de Kigali (CSK) ni yo yegukanye igikombe cyo kwibuka Ntarugera Emmanuel ‘Gisembe’, nyuma yo gutsinda APR BBC amanota 69 kuri 49 ku cyumweru tariki 22/01/2012.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwasyiriweho u Rwanda (ICTR) rwafashe icyemezo ko Pasiteri Uwinkindi Jean Bosco, umwe mu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu ufungiye Arusha, yoherezwa mu Rwanda bitarenze none tariki 23/01/2012 kugira ngo aburane ibyaha aregwa.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu w’akarere ka Gatsibo, Habarurema Isae, atangaza ko icyari ikibazo cy’isuri ubu cyamaze kuba igisubizo kuko amazi ava ku misozi azajya akoreshwa mu kuhira imyaka ku misozi mu gihe cy’izuba.
Umushinga SPARK n’ishuri ry’imali n’amabanki (SFB), bahawe kujonjora no guhugura ba nyir’ibitekerezo by’imishinga yatanzwe muri “Hanga Umurimo Munyarwanda” mu karere ka Nyagatare, bavuga ko muri ako karere abagore bitabiriye iyi gahunda ari bake ugereranyije n’abagabo.