Ku mugoroba w’ijoro ryakeye mu masaha ya saa kumi n’ebyiri igisasu cyo mu bwoko bwa grenade cyaturikanye abana batatu bo mu mudugudu wa Rwantonde, akagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, tariki 02/02/2012, yaratunguranye asura bime mu bigo bya Leta, birimo Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga Abarokotse Jenoside (FARG) agamije imikorere y’ibi bigo nta nteguza yabanje kubaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 02/02/2012, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baganira ku bibazo bitandukanye birebana n’ubuzima bw’igihugu ndetse no hanze yacyo.
Mukura yabonye itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera Etincelles bigoranye kuko muri uwo mukino wabereye kuri stade Amahoro tariki 01/02/2012 hitabajwe za penaliti.
Bukuru Pascal w’imyaka 19 utuye mu kagari ka Nyarutunga ho mu murenge wa Nyarubuye akarere ka Kirehe ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 4 y’amavuko.
Abanyeshuri bagera kuri 200 baje kwiga ku kigo cya E.S Mutendeli bavuye ku bigo bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu (reclassement), tariki 01/02/2012, barirukanywe ngo basubire aho bavuye.
Abatuye akagali ka Karenge umududu w’ubumwe mu murenge wa Kibungo baratangaza ko bahangayikishijwe n’ubujura bwo kumena amazu bwongeye kwaduka muri aka kagali.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 02/02/2012, Leon Mugesera yitabye urukiko rukuru rwa Nyarugenge ku nshuro ya mbere kuva yagezwa mu Rwanda kugira ngo atangire kwiregura ku byaha ashinjwa.
Irushanwa ry’umukino wa Tennis ryitiriwe Intwari ryakinwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri risozwa ku munsi w’Intwari ku bibuga by’ ikipe ya Tennis "Amahoro Tennis Club" i Remera.
Nyuma y’imyaka itanu ashaka ubuhunzi muri Amerika, Umunyarwanda Ndayisaba Jean Wyclif, ashobora koherezwa mu Rwanda kubera ko, tariki 31/01/2012, urukiko rw’ubujurire rwo muri Leta ya Michigan rwanze ubujurire bwe ruvuga ko impamvu atanga yaka ubuhungiro nta shingiro zifite.
Abaturage b’umudugudu wa Bigabiro mu murenge wa Kigabiro muri Rwamagana barishimira igikorwa bita icy’ubutwari bagezeho cyo guta muri yombi bamwe mu bagize itsinda rinini ry’abajura biyemeje kujya biba rubanda utwabo ku minsi mikuru yose n’igihe habaye amasoko mu ntara y’uburasirazuba.
Ubuso bugera kuri hagitari 50 z’ishyamba ryo mu kagari ka Runga mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza ryafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 01/02/2012.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari, umugore witwa Mukandayambaje Cécile wo mu murenge wa Ruhango yagabiwe inka kubera igikorwa cy’ubutwari ubwo yemeraga kwakira no kurera umwana wari watawe na nyina.
Abanyarwanda 24 babaga mu mashyamba yo muri RDC barimo umusirikari umwe ufite ipeti rya capitaine n’abana n’abagore 19 batahutse tariki 31/01/2012 binjiriye ku mupaka wa Rubavu.
Abasore babiri bo mu karere ka Ruhango bafatanywe ihene ebyiri bari bamaze kwiba bazijyanye kuzigurisha mu tubari twotsa inyama two mu mujyi wa Ruhango. Aba bajura bafashwe tariki 31/01/2012 mu bihe bitandukanye bikoreye ibikapu birimo ihene zapfuye.
Intwali z’u Rwanda zigabanyijemo ibyiciro bitatu: Imanzi, Imena n’Ingenzi. Dore muri make amateka y’intwari twibutse uyu munsi.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, arashima ishuri ribanza “LES GAZELLES” ryo muri aka karere ku ntsinzi ryegukanye mu bizamini bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, aho ryabaye irya mbere mu gihugu.
Umuryango wa Muhigana Alphonse wapfiriye ku ivuriro “Gira Ubuzima” mu karere ka Nyanza mu cyumweru gishize wategetswe kumutaburura aho yari ashyinguye kugira ngo ujye kongera gukorerwa isuzuma mu bitaro i Kigali.
Abadepite b’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) barasaba ko abaminisitiri bashinzwe uwo muryango mu bihugu biwugize kujya gukorera hamwe mu mujyi wa Arusha muri Tanzaniya kugira ngo ibyemezo bijye bifatwa ku buryo bwihuse.
Kwibuka intwari z’u Rwanda byabereye mu midugudu ariko Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu bifatanyije n’imiryango y’intwari twibuka bashyira indabo ku mva zazo ziri i Remera mu mujyi wa Kigali. Dore amwe mu mafoto y’uwo muhango.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, ari mu b’ambasaderi 27 baza kwakirwa na Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma, bamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo muri Afurika y’Epfo.
Umusaza Mugure Paul w’imyaka 86 y’amavuko avuga ko afite indwara amaranye imyaka itanu bakaba baranze kumuvura kuko atagira ibyangombwa. Uyu musaza akomoka mu karere ka Nyamasheke ariko agenda acumbuka aho ageze kubera ko agenda ashakisha aho yabasha kwivuriza indwara na n’ubu ataramenya.
Minisitiri ufite igikorwa cyo gutegura Umunsi w’Intwari mu nshingano ze, Protais Mitali, asanga ntawavuga ubutwari adahereye ku bakiri bato kuko aribo bazavamo intwari z’igihugu z’ejo hazaza.
Umuyobozi wa Enterprise Urwibutso, Sina Gerard, avuga ko iyo ukora haba abashima ndetse n’abanenga rimwe na rimwe batanafite icyo bashingiraho banenga, ariko bagerageza gusobanura ibiba bitarumvikanye neza.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza basuye akarere ka Kirehe, tariki 31/01/2012, bishimiye uburyo ako karere gashyira mu bikorwa ibyo kiyemeje ndetse n’uburyo gakorana n’abafatanyabikorwa.
Mu gitaramo gitegura umunsi w’intwari cyabereye mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) ku mugoroba wa tariki 31/01/2012 hifujwe ko urubyiruko rwatozwa kuzavamo intwari zitangira igihugu hakiri kare.
Abantu babiri bo mu mudugudu wa Ruvumera mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana, mu cyumweru gishize, bapfuye bazize kunywa umuti wica udukoko mu bimera witwa simikombe.
Umuryango Imbuto Foundation, tariki 31/01/2012, washyize ahagaragara igitabo mpfashanyigisho kizajya gifasha abigisha gusobanurira urubyiruko rufite imyaka 15 kugeza kuri 24 uko rwakwirinda icyorezo cya SIDA.
Bimwe mu bigo byo mu karere ka Huye byabashije kubaka amashuyi y’uburezi bw’imyaka 12 birarangiza ariko ibindi ntibirabigeraho neza kubera ikibazo cy’amikoro. Ibibazo bafite babigejeje ku buyobozi bw’akarere mu nama bagiranye tariki 30/01/2012.
U Rwanda ruri mu bihugu bine gusa bwo muri Afurika byamaze gutanga inkunga byiyemeje gutanga mu gufasha Somaliya mu gihe ikibazo cy’inzara giterwa n’ibiza byagwiriye icyo gihugu gikomeje kwiyongera.
Nyuma y’imyaka irenga itanu Diyosezi ya Ruhengeli idafite umushumba wihariye, kuva tariki 30/01/2012 irayoborwa na Musenyeli Vincent Harolimana wari usanzwe ari umuyobozi wa Seminari ntoya yo ku Nyundo.
Umukinnyi ukinira ikipe y’igihugu ya volley ball ndetse n’iya Nyanza Volleyball, Kwizera Pierre Marshal, ubu arimo gushakisha ibyangombwa ngo ajye gukina muri Algeria.
Nyuma y’amezi atatu amaze ku buyobozi bwa FERWAFA, kuri uyu wa mbere Ntagungira Celestin ‘Abega’ yasuye umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) Joseph Sepp Blater, maze baganira ku by’ingenzi bizatuma umupira wo mu Rwanda utera imbere.
Umuvugizi wa Guverinoma akana na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rutigeze ruhindura aho rwari ruhagaze ku kibazo cya Libiya. Yabitangaje mu isozwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe yaberaga i Addis Abeba muri Ethiopia.
Muzindutsi Nkorerimana utuye mu kagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, guhera tariki 30/01/2012, ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho gushaka gutera icyuma uwitwa Fulgence Ndayambaje ubwo basangiraga.
Abaturage bo mu turere tunyuranye mu ntara y’uburasirazuba batangiye kugurisha imyaka yabo yari igeze igihe cyo gusarurwa ku giciro gito ku kiri ku isoko (ibyo bita kotsa imyaka) kubera ko abo baturage badafite aho kuyisarurira.
Guverinoma y’u Rwanda iri gutegura gahunda yo kugabanya uturere twakorerwagamo gahunda yiswe Vision Umurenge Program (VUP). Iyi gahunda ifasha abaturage mu buryo bw’imfashanyo-ngoboka, abahabwaga akazi n’izindi nyungu zishingiye kuri iyo gahunda.
Tariki 30/01/2012, Bralirwa yatangije ku nshuro ya kabiri igikorwa cyiswe Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kigamije guteza imbere abahanzi nyarwanda n’umuzika nyarwanda.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yabaye tariki 30/01/2012 byagaragaye ko hari ibyaha byahungabanyije umutekano mu kwezi kwa Mutarama ariko bigatinda kumenyekana.
Abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika yunze ubumwe bahuriye mu nama yabereye Addis Ababa muri Ethipia kuva tariki 29-30/01/2012, baganiriye ku ngamba zo guteza imbere ubuhahirane hagati y’ibihugu by’Afurika
Nyuma y’urugendo rw’iminsi itanu yagiriraga mu Rwanda, umuyobozi wungirije ushinzwe amajyambere arambye muri Banki y’Isi, Rachel Kyte, yavuze ko yashimye icyerecyezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gushyiraho politiki ziganisha ku kuzamura ubukungu.
Ikipe za Minisiteri y’Ingabo zarangije amarushanwa y’imikino inyuranye hagati ya Minisiteri n’ibigo byo mu Rwanda zirusha izindi. Tariki 29/01/2012, ayo makipe yashyikirijwe ibikombe n’imidari mu mupira w’amaguru, uw’intoki (volley ball na Basketball), mu gusiganwa ku maguru no koga.
Urubanza rwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi mu gihe cya Jenoside, tariki 30/01/2012, rwongeye gusubukura ku rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, herekanywa ubuhamya bwa videwo bwaturutse mu Bufaransa.
Kuwa Mbere tariki 30/01/2012, Perezida Paul Kagame yashyikirijwe igihembo n’umuryango w’Abakuru b’ibihugu by’Afurika, kubera uburyo Leta y’u Rwanda ishyira ingufu mu kurwanya indwara ya Malariya.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe, uyu munsi tariki 30/01/2012, byashyikirijwe inkunga y’ibikoresho by’ubuvuzi bizakoreshwa mu kwita ku barwayi ba SIDA n’ab’izindi ndwara z’ibyuririzi, ndetse n’inzu bizakoreramo.
Umutoza mushya wa AS Kigali, Kasambongo André, arifuza ko iyo kipe yakongera kujya mu ruhando rw’amakipe atsinda kuko aje kuyitoza iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona.
Kalisa John a.k.a Kjohn azwi cyane muri Entertainment nk’umuntu uteza imbere abahanzi (promotion). Mu minsi ishize yaragaragaweho cyane kwibanda ku makuru y’umuhanzi Young Grace bityo bituma abantu benshi babyibazaho cyane.
Abaturage batuye umujyi wa Muhanga ariko mu gice kigaragara ko kikiri icyaro barinubira ko amafaranga basabwa gutanga buri mwaka ku butaka ari menshi.