Minisiteri y’umutekano mu gihugu ya Canada iratangaza ko izirengagiza ibivugwa n’ihuriro ry’umuryango w’abibumbye rirwanya iyica rubozo maze yohereze Léon Mugesera mu Rwanda akivanwa mu bitaro.
Inyandiko yanditswe na minisiteri y’ingabo mu 1992 yerekana ko ingabo zahoze ari iz’u Rwanda zari zifite ibisasu byo mu bwoko bwa SAM 16 missiles byakoreshejwe mu iraswa ry’indege y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, tariki 11/01/2012, yasuye yasuye ikibaya cya Kajevuba mu rwego rwo kureba niba cyujuje ubuso ba rwiyemezamirimo bashaka kugikoreramo basaba.
U Rwanda na Misiri byiyemeje gukomeza guhererekanya ubunararibonye mu bikorwa bya gisivili na gisirikare.
Nk’uko isanzwe ibikora buri mwaka, Fédération Internationale de l’Histoire et des Statistiques du Football, uyu mwaka yashyize shampiyona y’igihugu ya Espagne (La Liga) ku mwanya wa mbere ku isi.
Umunyeshuri Hategekimana Jean Rick w’imyaka 17 y’amavuko utuye mu murenge wa Gasaka akarere ka Nyamagabe acumbikiwe kuri station ya polisi Gasaka, guhera tariki 09/01/2012, azira kwiba ibikoresho by’undi munyeshuri wiga ku ishuri ryisumbuye rya ADPR Gasaka.
Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza yo mu turere twa Huye na Gisagara basanga kuba ibitabo byifashishwa mu kwigisha mu mashuri bidahuye biri mu bihungabanya ireme ry’uburezi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Harebamungu Mathias, avuga ko gahunda yo gushyiraho Kaminuza imwe igeze kure kuko za kaminuza n’amashuri makuru byatangiye kwigisha amashami yihariye atigishwa ahandi.
Dr Uwiragiye Joseph, ukuriye ikigo mbonezamirire mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK), avuga ko ikinini cya Goet’s milk gikoze mu mahenehene kizafasha abana barwaye bwaki gukira neza.
Umwaka wa 2011 warangiye umubare w’Abanyarwanda bakoresha telefoni zigendanwa ugeze kuri miliyoni 4.4. Mu kwezi kwa gatandatu 2011 Abanyarwanda 36.5% bakoreshaga telefoni ariko mu kwezi kwa cyenda bari bageze kuri 40.2%.
Intumwa 20 z’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), taliki 13/01/2012 , zizerekeza k’umugabane w’iburayi mu mijyi ya Brussels, Luxembourg, Frankfurt na Berlin mu rugendo rwo kwigira ku bihugu byo kuri uwo mugabane imikoreshereze y’ifaranga rimwe.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya iyica rubozo ku isi ryasabye Leta ya Canada guhindura icyemezo cyo kohereza Leon Mugesera mu Rwanda ngo kuko ridafite icyizere ko atazakorerwa iyica rubozo.
Abunganira mu mategeko Abanyarwanda bari baratunzwe agatoki na raporo y’umucamanza Louis Bruguere, Bernard Maingain na Léon-Lef Forster, biteguye gutanga ikirego ku cyo bise isebanya, nyuma y’aho raporo yakozwe n’umucamanza w’Umufaransa Marc Trévidic igaragaje ko indege yari itwaye Habyarimana yahanuwe n’abari ku ruhande rwe.
Leon Mugesera, umunyarwanda uba muri Canada azoherezwa mu Rwanda ejo kugirango akurikiranywe ku byaha byo guhembera Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Biteganjijwe ko azahaguruka muri Canada ejo tariki 12/01/2012 nyuma ya saa sita.
Ingona zongeye kwicira umuntu zirangije zita ibisigazwa by’umubiri we ku nkengero z’ikiyaga cya Kidogo cyo mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Rilima.
Umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Byumba, Dr Muhairwe Fred, arasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku byakorewe umugore witwa Murekatete Zawadi uvuga ko yagiriwe nabi n’abaganga bo mu bitaro bikuru bya Byumba ubwo bamubyazaga bakamusigamo ipamba, seringe n’uturindantoki (gants).
Impuzamakoperative y’abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera umunani kuri 16 yakorewe igenzura, niyo yatoranyijwe agenerwa ibihembo bigizwe n’amapombo atera imiti mu mirima y’imiceri n’amahema yo kwanikaho umuceri usaruwe, byatanzwe n’umushinga PAPSTA, ugamije gutera inkunga gahunda ihamye y’ubuhinzi bw’umwuga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) cyashyize ahagaraga urutonde rw’ibigo byahabwaga amasoko ya Leta byagaragaweho imikorere mibi bityo Leta ikaba yagennye ibihano kuri byo birimo no guhagarika amasezerano.
Kuva tariki 10/01/2012 umuryango w’abantu batandatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu Kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bari mu bitaro bya Nyanza bazira indwara itaramenyeka usibye isombe bakeka ko yaba yahumanijwe
Polisi y’igihugu irashakisha umuntu wiyitaga umupasiteri wasengeraga ku rusengero rw’Abametodisite ku Kacyiru, wabeshye abanyeshuri bagera kuri 290 ko azabafasha kwiga no kubaha ibikoresho by’ishuri.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside irimo kwiga umushinga w’itegeko rigena imiterere, imikorere n’imitunganyirize y’ubwishingizi bw’indwara mu Rwanda, tariki 10/01/2012, basuye ibitaro bya Nyagatare baganira n’abakozi ba servisi z’ubuzima mu karere ndetse (…)
Abaturage barenga 100 bubakaga ibyumba by’amashuri by’imyaka icyenda mu tugari twa Muhato, Amahoro, n’Umubano mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira ko wabambuye amafaranga bagombaga guhembwa guhera mu kwezi k’Ukwakira 2011.
Bizimana Emmanuel w’imyaka 18 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagame azira kuba yaribye igikapu cy’umunyeshuri agatwara ibikoresho byarimo.
Mu muhango wo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Gatsibo, tariki 10/01/2012, umuyobozi wungirije w’ikigo gishinzwe imiyoborere myiza, ambasaderi Fatuma Ndangiza, ari kumwe n’ubuyobozi bw’Intara y’Uburasirazuba hamwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo batunguwe no kubona umubare munini w’abaturage bashaka ko (…)
Umusore witwa Nizeyimana Frederic, tariki 10/01/2012, yatawe muri yombi n’ubuyobozi bw’akagari ka Gasiza umurenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, azira kwiba ibiro 150 by’ibirayi yatwaye tariki 23/12/2011, ubwo umukoresha we yari amutumye kubigura akabitwara atishyuye.
Abantu bataramenyekana, mu ijoro ryo ku itariki 7 rishyira tariki 8 uku kwezi, batemye inka ya Bugingo Fulgence wo mu murenge wa Kabare mu karere ka Kayonza ihita ipfa.
Isuzumwa ryakozwe n’ikigega mpuzamahanga cy’imari (International Monetary Fund) ryerekana ko ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku buryo bugaragara.
Amasezerano Guverinoma ya Kinshasa yagiranye n’inyeshyamba za FDLR zirwanya Leta ya Kigali ashobora guhungabanya ibyari bimaze kugerwaho mu gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa kabiri tariki 10/01/2012, urukiko rwa Versailles mu Bufaransa rwongeye kwanga ko Manasse Bigwenzare ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yoherezwa mu Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yishimiye raporo yakozwe n’abacamanza b’Abafaransa Marc Trévidic na Nathalie Poux, ku ihanurwa ry’indege ya Juvenal Habyarimana. Iyo raporo igaragaza ko igisasu cya missile cyayirashe kitaturutse i Masaka ahubwo cyaturutse mu birindiro bya gisirikari bya Kanombe.
Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Bushinwa ziyobowe na Minisitiri w’ishami ry’itumanaho muri icyo gihugu, Li Yuanchao, bari kumwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Pierre Damien Habumuremyi, uyu munsi, batashye ku mugaragaro icyumba cy’ishami ry’itumanaho rigezweho mu kwigisha (E-Learning Program) mu ishuri rikuru ry’ikorana (…)
Igisasu cyahanuye indege yari itwaye uwahoze ari umukuru w’igihugu, Juvénal Habyarimana cyarashwe n’abahoze ari abasirikare b’u Rwanda.
Abaturage bo mu kagari Nyagahinga ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera basabye ubuyobozi ko umugabo witwa Ndabagoragora Jean Bosco asubizwa mu buroko kuko yafunguwe ku buryo budasonutse kandi yaratemye umugore we ndetse n’abandi bantu bane ariko ntibapfa.
Mu kiganiro Perezida wa Sena, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, yagiranye n’abagize Komite y’Abanyarwanda baba mu mahanga, tariki 10/01/2012, yabashimiye murimo mwiza bakora wo gusobanurira Abanyarwanda ibibera mu gihugu cyabo no kubakangurira kugira uruhare muri gahunda zigamije kugiteza imbere.
Umuryango FPR-Inkotanyi uravuga ko Dr Theogene Rudasingwa yinjiye muri uwo muryango mu mwaka w’1990 atigeze ahinduka kuko yinjiye muri FPR avuye mu rindi shyaka ryitwaga FROLINA ryarwanyaga FPR icyo gihe bazi ko yahindutse ariko ibyo akora bigaragaza ko atigeze ahinduka.
Ejo, tariki 09/01/2012 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba mu karere ka Nyanza habereye induru yatizwaga umurindi n’abantu basaga 100 bashinjaga umukecuru w’imyaka 52 ukekwaho kuba yifashisha injangwe mu kuroga abantu.
Muri 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Mukura iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda izacakirana na Etincelles iri ku mwanya wa gatanu ikaba kandi nayo ifite inararibonye mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Iyo mikino ikazaba tariki ya mbere Gashyantare.
Abagenzi batega bus nini za Kigali Bus Service (KBS) bajya mu bice bitandukanye mu mujyi wa Kigali barinubira uburyo basabwa kwishyura amafaranga avunje bayabura bagasohorwa mu modoka.
Ishyaka rya FPR-Inkotanyi riratangaza ko nta gahunda rifite yo guhindura Itegeko Nshinga cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose ngo rikunde riheshe Perezida Paul Kagame ikindi gihe cyo kuyobora nk’uko byakunzwe kwibazwa na benshi.
Bwana Nepomuscene Masirika, umuyobozi wungirije muri komisiyo yo kwaka intwaro abazitunze mu buryo butemewe n’amategeko mu Burundi akaba n’umufasha w’ukuriye polisi muri icyo gihugu, arashinjwa n’umuryango w’abibumbye gufasha inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda (FDLR).
Minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philibert, arasaba abayobozi b’uturere gushaka uburyo hajya habaho uburyo bwihariye bwo gufasha urubyiruko ruba rurangije imyuga itandukanye mu kigo cya Iwawa, mu karere ka Rutsiro.
Umutoza mushya w’Isonga FC, Eric Nshimiyimana, azatangira akazi ku mugaragaro ku wa gatatu tariki 11/01/2012, ubwo Isonga FC izaba yasuye Marine FC.
Umusaza Nsanzabaganwa Silvestre wari utuye mu kagari ka Bwenda umurenge wa Kibumbwe akarere ka Nyamagabe, mu ijoro rya tariki 08/01/2012, yivuganywe n’abagizi ba nabi bamukase ijosi bamutwara ururimi.
Senateri Mukasine Marie Claire, Perezida mushya w’Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko rigamije gukumira no kurwanya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo (APNAC-RWANDA), tariki 09/01/2012, yavuze ko komite nshya izakorana ubushake n’umurava kugira ngo inshingano za APNAC zigerweho.
Ku gicamunsi cy’uyu wa mbere, Ministiri Li Yuan Chao , ushinzwe ibikorwa mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa rya Communist Party of China, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.
Ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic Institute) rigomba gutangira uyu mwaka, kugeza ubu ntiharamenyekana itariki rizatangiriraho nubwo imyiteguro igeze kure ndetse n’abanyeshuri bakaba baratangiye kwiyandikisha.
Tariki 10/01/2012 hateganyijwe igikorwa cyo gusinya amasezerano hagati ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda n’iy’u Bushinwa, yo guhererekanya inguzanyo ya miliyoni icyenda z’amadolari y’Amerika izishyurwa, u Bushinwa bwageneye u Rwanda.
Ibiro by’igihugu by’ubushakashatsi kuri SIDA mu Bufaransa (ANRS) biratangaza ko byabonye umuti urinda kwandura agakoko gatera SIDA abagabo bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo bazajya bafata mbere yo gukora iyo mibonano.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Olivier Karekezi, avuga ko u Rwanda rukinnye imikino ya giciti n’amakipe y’ibihugu akomeye byafasha u Rwanda kwitegura neza umukino ruzakina na Nigeria ndetse bakazabasha no kuyitsinda.