Charles Mpayimana umuhungu uvuka mu muryango w’abana barindwi yahisemo gufatanya na nyina mu gushaka ibitunga umutango, nyuma y’uko se ubabyara yitabye imana bagasigarana na nyine gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku rwego rwo hejuru mu Ntara y’Iburengerazuba baratangaza ko iyo ikipe ifite ibigwi byo gutsinda nta mpamvu yo kuyisimbuza indi. Ibi babivugiye mu Nteko Rusange ya 3 y’umuryango mu Ntara y’Iburengerazuba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi.
Nyiricyubahiro Harolimana Vincent, umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, yimitswe kuri uwo mwanya kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012. Imihango yo kwimikwa yabereye mu gitambo cya misa cyaturiwe kuri stade Ubworoherane y’akarere ka Musanze.
Umugabo witwa Ntakirutimana Charles utuye mu mudugudu wa Gatare mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahuye n’abagizi ba nabi mu nzira baramuhondagura bamusiga ari intere barangije bamwambura n’ibye byose yari afite ubwo yari atashye iwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 23/3/2012.
Ubuhinde bwateye utwatsi icyemezo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) cyo kwishyuza umusoro ibigo by’indege bikorera ku butaka bwa EU kubera ibyuka by’indenge zabo byangiza ikirere cy’uwo muryango.
Mutungirehe Epephanie na Nyiramuturirehe Louise bafatiwe mu cyuho batetse litilo 40 za kanyanga mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 23/03/2012.
Umusore witwa Twagirumuhire ukomoka mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera ari mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo kugongwa n’imodoka ku kaguru k’ibumoso kakavunika mo kabiri.
Mu gihugu cy’u Bufaransa, umwarimu yashatse kwereka abanyeshuli ko badakwiye kwiringira internet maze ategura ibibazo anabiha ibisubizo bitari byo abishyira kuri intenet. Abanyeshuri babikopeye batazi ko ibyo barimo gukopera ari amafuti maze baratsindwa.
Hakizimana Celestin, umusore w’imyaka 26 utuye mu mudugudu wa Koma, akagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu akarere ka Ruhango yamenetse ijisho anakomereka mu mutwe ubwo yarwaniraga igare na Habakurama Ameire tariki 22/03/2012.
Abarundi batatu bari bavuye gupagasa mu karere ka Nyagatare bageze mu mujyi wa Kibungo abatekamutwe babiba amafaranga ibihumbi 60 tariki 21/03/2012.
Abacuruza imboga mu karere ka Huye bavuga ko kuzamuka kw’ibiciro by’imboga muri iyi minsi biterwa nuko zabaye nke kubera hategetswe ko ibishanga zahingwagamo bihingwamo ibigori
Umugandekazi w’imyaka 16 witwa Namuronda Ronah wari waratorokanywe n’umusore w’Umunyarwanda yashyikirijwe umubyeyi we. Imihango yo guhererekanya uyu mwana yabereye ku mupaka wa Buziba tariki 23/03/2012.
Abakinnyi 6 bayobowe n’umutoza Jonathan Boyer ni bo bahagarariye u Rwanda mu isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc ‘Tour du Maroc’ ryatangiye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012.
Jean Baptiste Iyamuremye wo mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga mu murenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe yaburiwe irengero nyuma yo gutera se icyuma mu mutwe no mu nda mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 23/03/2012.
Nyuma yo kubuzwa kujyana abana muri Kongo kubera impamvu z’umutekano, abagore bakorera ubucuruzi i Goma basigaye bafata abana babo bakabareresha abandi bana bakabishyura ku munsi bakagaruka kubatora bavuye mu kazi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), tariki 25/03/2012, rizakoresha isiganwa ry’amagare rigenewe abakobwa batarengeje imyaka 20 mu rwego rwo gushakamo abafite impano yo kunyonga igare ngo bazitabweho.
Umukozi w’akarere ka Ruhango witwa Uwigize Sylvie ari mu maboko ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gukubita mugenzi we bakorana witwa Mukanyirigira Beatrice bakunze kwita “Betty”.
Mu gihe byari bimenyerewe ko mu Rwanda ihohoterwa rikorerwa abagore, mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma ho inzego zishinzwe abategarugori ziravuga ko hari abagore bahohotera abagabo babo.
Abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira imikorere y’Inkeragutabara na Local Defense kuko babahohotera bakanabasahura aho kubatabara.
Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ku nshuro yayo ya kabiri, ifite gahunda iteganirijwe abahanzi 10 basigaye muri iri rushanywa.
APR FC irakina na Etoile Sportive du Sahel (ESS) idafite myugariro igenderaho Mbuyu Twite kuko yabonye amakarita abiri y’umuhondo mu mikino yabanje. Umukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo uraba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 kuri stade Amahoro i Kigali.
Mu cyumweru gishize, abayobozi b’u Rwanda birukanye komisiyo yari iturutse mu gihugu cy’u Bufaransa izanwe no gukora iperereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuntu wishwe n’igisasu cyaturikiye mu mujyi wa Musanze mu ma saa moya y’ijoro ryakeye ashobora kuba ari we wagiteye; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida.
Inteko Ishinga amategeko yatangije radiyo yayo yitwa “Radiyo Inteko” izajya yumvikanira ku murongo wa 101.5 FM. Imihango yo kuyitangiza yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ari na ho iyo radio izakorera.
Abanyarwanda bakoresha internet cyangwa telephone bakoresha serivise za banki barasabwa kuba maso kuko hari abajura bakoresha ikoranabuhanga bakabatwarira amafaranga.
Kuri uyu wa kane tariki 22/03/2012 abasirikare bakuru bagera kuri 28 baturutse mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bashoje amahugurwa yigaga ibijyanye n’amategeko ya gisikare ku makimbirane n’imyitwarire igenga umurimo wa Gisirikare.
Kaminuza ya Fatih yo muri Turukiya, uyu munsi tariki 23/03/2012, yahaye Perezida Kagame impamyabumenyi y’ikirenga (honorary doctorate) kubera ibikorwa by’intashyikirwa by’ububanyi bw’amahanga n’iterambere yakoze mu Rwanda no mu karere.
Ikirango (brand) cya sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho ifite icyicaro muri Afurika y’Epfo, MTN Group, nicyo gikunzwe kurusha ibindi muri Afurika. Ku rwego rw’isi kiri ku mwanya wa 188 nyuma yo kuzamukaho imyanya 12 ugereranyije n’umwaka ushize; nk’uko itangazo MTN yasohoye ribivuga.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda arasanga hakwiye gushyirwaho urwego rw’Abahwituzi mu burezi bazafasha guhangana n’ibibazo by’abana bacikiriza amashuri no gukurikirana abashuka abana b’abakobwa bakabatera inda bakiri mu ishuri.
Abatuye umujyi wa Musanze bahagurukiye gukesha ibirori byo kwimika Musenyeri Visenti Harolimana ku bushumba bwa Diyosezi ya Ruhengeri kuri uyu wagatandatu tariki 24/03/2012.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) gifatanyije na sosiyete y’ikoranabuhanga ya Google cyatangiye gahunda yo kumurika bimwe mu bice nyaburanga n’iby’ubukerarugendo mu mujyi wa Kigali no mu Majyaruguru y’igihugu binyujijwe ku murongo wa internet.
Umuyobozi wa polisi y’igihugu mu karere ka Muhanga, supt Sezirahiga Roger, atangaza ko byinshi mu byaha bigaragara muri aka karere biterwa ahanini n’ibiyobyabwenge.
Raporo yavuye mu itohoza ku cyishe umuririmbyi wo muri Amerika, Whitney Houston, witabye Imana mu kwezi gushize igaragaza ko uwo muririmbyi yishwe no kuba ahanini yarafataga cyane ku kiyobyabwenge cya Cocaine.
Dosiye ikubiyemo ibishinjwa Kayishema Fulgence yashyikirijwe umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga, tariki 22/03/2012.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye tariki 20/03/2012 yashenye amazu agera kuri 40 mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza. Uretse amazu manini abaturage babamo, hangiritse na zimwe mu nsengero zo muri uwo murenge n’urutoki.
Mu ruzinduko arimo mu gihugu cya Turukiya, Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro cy’abacuruzi n’abashoramari b’Abanyarwanda bagiranye n’abo mu gihugu cya Turukiya bagera kuri 200. Yabashishikarije gushora imari mu Rwanda ari nako abereka inyungu zirimo.
Itegeko riherutse gutorwa rifata gukuramo inda nk’icyaha cyeretse iyo inda ikuwemo kubera impamvu zikurikira: igihe utwite inda yayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi, igihe inda ishobora guteza ikibazo ku buzima bw’uyitwite, igihe bigaragara ko umwana uri munda afite ikibazo atazabaho ndetse n’igihe iperereza rya polisi (…)
Perezida Kagame akomeje kugirira urugendo mu gihugu cya Turukiya aho ari gusura inganda n’abashoramari abashishikariza gushora imari mu Rwanda mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’u Rwanda n’ibikorwaremezo.
Susanne Eman, umugore w’imyaka 32 wo muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika arashaka kuzaba ari we mugore munini ku isi mu mpera z’umwaka wa 2012. Ubu afite ibiro 335 akaba ashaka kurushanwa n’umuntu wa mbere, Donna Simpson, ufite ibiro birenga 700.
Minisitiri w’Ubuzima aremeza ko amafaranga y’agahimbazamushyi ku baganga n’abaforomo azagenwa n’ibyo komisiyo ishinzwe gukurikirana icyo kibazo izaba yabonye, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi bihwihwiswa y’uko abaganga bagiye gukatwa 40% by’umushahara.
Inama njyanama y’umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, yasezeraye abayobozi bo mu kagari ka Bulinda, Isewurugwiro na Nshimiyimana Enock, kubera amafaranga baka abaturage ngo babashyire muri gahunda zo kugoboka abatishoboye.
Minisitiri Stanislas Kamanzi ufite amabuye y’agaciro mu nshingano ze yasabye abacukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga kuyacukura banubahiriza amategeko agenga uwo murimo.
Abakinnyi 19 b’ikipe ya Etoile Sportive du Sahel yo muri Tuniziya, barangajwe imbere n’umutoza wayo Bernd Krauss bageze ku Rwanda aho baje gukina na APR FC umukino wa 1/16 wa Champions League.
Umukecuru Nyirabashyitsi Anastasie w’imyaka 54 yishwe n’uwitwa Ngirinshuti Felix bapfa urubibi aho umwe yavugaga ko undi amurengera. Ibi byabereye mu mudugudu wa Kadashya, akagari ka Kanazi ko mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke ku mugoroba wa tariki 20/03/2012.
Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko witwa Uzamukunda Patience ukomoka mu mudugudu wa Buranga, akagali ka Ruhinga, umurenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gakenke kuva tariki 19/03/2012 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano.
Kuri uyu wa gatatu tariki 21/03/2012, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze iya Uganda ibitego bibiri ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Nakivubo Stadium i Kampala muri Uganda.
Mutuyimana Solange uzwi ku izina rya Matoroshi, umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Mucaca, Umurenge wa Nemba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 20/03/2012 akekwaho kwiba radiyo, ibishyimbo n’amagi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bufatanije n’abaturage batangiye kurwanya indwara yitwa kirabiranya ifata urutoki ikarwangiza ku buryo bukabije insina ntizishobore kwera kandi ikandura cyane.