Protais Zigiranyirazo uzwi ku izina rya “Z” arasaba urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) kumuha indishyi z’akababaro kuko rwamutaye muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yakoze impanuka mu buryo butunguranye mu gitondo (7h45) cy’uyu munsi tariki 28/03/2012 hafi ya KBC mu mujyi wa Kigali ariko nta muntu wagize icyo aba.Uwari uyitwaye, umugore n’umwana w’umwaka umwe bari kumwe bose ni bazima.
Abakozi bagize uruhare mu kubaka amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) mu karere ka Burera batarahembwa, bazahembwa nyuma y’icyumweru kimwe uhereye tariki 27/03/2012; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’ako karere, Sembagare Samuel.
Umwana w’umuhungu witwa Sambath Uon afite imyaka 6 y’amavuko wo muri Cambodia mu mujyi witwa Sithbou yagize inshuti magara inzoka y’uruziramire ireshya na metero 6.1, ipima ibiro 120.
Bernnd Kraus, Umudage watozaga Etoile Sportive du Sahel (ESS) yo muri Tuniziya, yirukanywe nyuma yo kunganya na APR FC ubusa ku busa mu mukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Dukuzimana Ildephonse uturuka mu kagari ka Karunoga mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rusarabuye aregwa gutema inka ye umurizo.
Inyeshyamba za FDLR zishe abasirikare batatu ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’umusivile umwe mu gico zateze mu gace ka Buganza mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru tariki 25/03/2012.
Abanyarwanda bagera kuri 167 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bakirirwa mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 27/03/2012.
Perezida Kagame aritabira umuhango wo gusezera ku wahoze ari umuyobozi wungirije wa banki y’isi, Dr. Obiageli Ezekwesili, no kumushimira uruhare yagize mu iterambere ry’umugabane w’Afurika n’u Rwanda by’umwihariko. Uwo muhango uraba uyu munsi tariki 28/03/2012.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, asanga mu myaka 5 ishize abaturage n’abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba batarakoresheje amahirwe n’umutungo bafite ngo biteze imbere uko bikwiye, bikaba byarateye icyo minisitiri yise kugwingira mu iterambere.
Mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 27/03/2012, habereye igikorwa cyo guhitamo imishinga 50 izaterwa inkunga muri hangumurimo, gahunda ya Minisiteri y’Ubucuruzi igamije guhanga imirimo itari ubuhinzi n’ubworozi ku bantu benshi no gutera inkunga imishinga mito ibyara inyungu.
Umupaka wa Malaba uhuza Kenya na Uganda wafunzwe mu gihe cy’amasaha abiri, tariki 25/03/2012, kubera abashoferi b’amakamyo bigarangambije basaba ko umushoferi mugenzi wabo w’Umunyarwanda, Augustin Mutsinzi, wari wafunzwe arengana.
Umuyobozi w’umujyi wa Muhanga Yvonne Mutakwasuku na Chris Cairns, intumwa y’umujyi wa Chattanoga wo muri Leta ya Tennesse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, batangaje ko umubano w’iyo mijyi yombi izateza imbere abayituye kuko hari byinshi ihuriyeho.
Amabati 114 yari agenewe kubakira abatishoboye batuye mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza yaburiwe irengero.
Urukiko rw’Ikirenga, kuri uyu wa kabiri tariki 27/03/2012, rwatangiye gusuzuma ibirego Ingabire Victoire yatanze asaba ko ingingo ya 2, 3, 4 n’irya 33 biri mu itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside ryo muri 2003 zakurwaho burundu ngo kuko zambura abantu uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.
Minisiteri y’ubucuruzi, inganda n’amakoperative na Banki Nkuru y’igihugu ku nkunga ya sosiyete Visa Inc batangije igikorwa cyo gukangurira abantu kumenya ibigendanye n’ubucuruzi, hagamijwe guha Abanyarwanda ubushobozi bwo kubasha kwicungira umutungo wabo.
Umugore w’imyaka 53 y’amavuko witwa Carrie wo mu mujyi wa Colorado Springs muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatahuweho ko amaze imyaka 4 yica akanyota akoresheje inkari ze kandi akanazikaraba. Ibyo byavumbuwe mu kiganiro cya televisiyo kitwa “My Strange Addiction.”
Imodoka 3 zakoze impanuka mu murenge wa Ruhango akerere ka Ruhango ku mugoroba w’a tariki 26/03/2012 abantu basaga 5 barakomereka cyane.
Karunga Sostene utuye mu mudugudu wa Mayora mu kagari ka Ngange umurenge wa Muko mu karere ka Gicumbi yateye icyuma umugore we Nyiransekanabo Imaculée mu ijoro ryo kuwa 26/3/2012 amukomeretsa mu mutwe amuziza ko yamubonanye n’undi mugabo.
Sosiyete isanzwe ikora ibikorwa by’ishoramari mu gucukura amabuye y’agaciro mu Rwanda, Simba Gold Corp, yongereye ibikorwa byayo mu mishinga ibiri: Rongi Mining Limited na Miyove Gold Project.
Abantu barindwi batawe muri yombi mu turere dutandukanye bafatanwe ibiro 25 by’urumogi, imisongo 26 y’urumogi n’amasashi ane ya chief waragi mu bikorwa bya polisi byo guhashya ubucuruzi bw’ibiyobyabwege cyabaye tariki 24/03/2012.
Ikipe ya Inter Milan yo mu kiciro cya mbere mu Butaliyani (Serie A) yirukanye umutoza wayo, Claudio Ranieri nyuma yo gutsindwa na Juventus de Turin ibitego 2 ku busa tariki 25/03/2012.
Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) taliki 26/03/2012, rwemeje ko urubanza rwa Charles Sikubwabo ruzaburanishwa n’urukiko rukuru rw’u Rwanda.
Abarimu bo mu turere tugera kuri 20 mu gihugu bamaze amezi abiri badahembwa kubera ko uturere bakoreramo tutakoze urutonde rwabo nk’uko babisabwa na minisiteri y’imari n’igenamigambi.
Umwana w’imyaka itatu witwa Umutoniwase wo mu kagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi yitabyimana tariki 25/03/2012 azira kunywa inzoga y’ikiyobyabwenge cya kanyanga yahawe na Nyirasenge, Nyiransabimana Godelieve.
Umusaza Sentore Athanase yashyinguwe kuwa mbere tariki 26/03/2012 mu irimbi ry’i Rusororo nyuma y’imihango yo kumusezeraho yabereye mu kiriziya ya Paruwasi Regina Pacis i Remera mu mujyi wa Kigali.
Ibintu nibigenda neza nk’uko biteganyijwe, mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka imirimo yo kubaka igice cya mbere cy’ibyuma bizavoma gaz methane mu kiyaga cya Kivu izaba yarangiye.
Bamwe mu bakozi ba Equity Bank, banki yo muri Kenya imaze amezi agera kuri 5 itangiye gukorera mu Rwanda batangiye kugaragaza ko batishimiye imwe mu mikoranire y’iyo banki yabahaye akazi.
Muri gahunda y’uburezi budaheza, abana babana n’ubumuga bigira mu mashuri asanzwe ariko bagakurikiranwa ku buryo bw’umwihariko kuko hari ibyo ubumuga bwa bo butabemerera gukora.
Nyuma yo kwagura inyubako z’ibiro by’akarere, abayobozi b’akarere ka Ngororero bakomereje iyo gahunda mu mirenge ndetse n’utugari ikazagera no mu midugudu. Ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko gukorera ahantu hadasukuye abantu batabona ubwinyagamburiro bitazongera.
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Rususa, umurenge wa Ngororeo mu karere ka Ngororero bababajwe n’itemwa ry’igiti bise “igiti cy’ishaba” bavuga ko cyari kuzaba igiti cy’amateka.
Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) watangaje ko u Rwanda rwemerewe kwinjiza isukari ingana na toni ibihumbi 38 nta misoro rutanze; nk’uko itangazo ryaturutse muri EAC ribivuga.
Abarimu ku bigo by’amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) bagiye kubakirwa amacumbi kugira ngo imyigishirize yo muri ayo mashuri ikomeze igire ireme; nk’uko byatangajwe n’ umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’uburezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Mu mpera z’uku kwezi kwa gatatu (tariki 31/03/2012) hategenyijwe igitaramo cyiswe Roof Top Party kizabera hejuru y’inzu ya mbere ndende muri Kigali yitwa Kigali City Tower (KTC).
Umugabo witwa Mujyambere Eric bakunze kwita Mudidi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyarubuye azira gukomeretsa mukuru we witwa Jackson Havugimana bakunze kwita Musheri amurashe umwambi.
Minisitiri w’Ubuzima arizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukora ibishoboka byose mu guhangana n’ibyorezo bivurwa, byibasira abana bakiri bato. Mu kwezi kwa Gatanu minisiteri y’ubuzima iritegura guha abana urukingo rurinda indwara z’impiswi.
Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012, umujura yibye icyuma gifite agaciro gasaga million y’amafaranga yu Rwanda i Nyabugogo ku mashyirahamwe yihisha mu muferege (rigori) utwara amazi abantu baramushakisha baramubura.
Mu Rwanda, abaturage baba munsi y’umurongo w’ubukene bavuye kuri 56.7% bagera kuri 44.9% mu myaka itanu ishize; nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku mibereho y’ingo ku nshuro ya gatatu (EICV 3).
Abayobozi ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba n’akarere ka Kayonza bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, tariki 24/03/2012, mu gikorwa cy’umuganda wo gusana amazu y’abasenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga.
Umunyeshuri witwa Musabyemariya Diane w’imyaka 19 y’amavuko wigaga ku ishuri ryisumbuye ry’indangaburezi yatawe muri yombi tariki 22/03/2012 yibye ibikoresho bya bagenzi be babana mu macumbi.
Nyakwigendera Sentore Athanase, se wa Masamba Intore, arashyingurwa kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012. Imihango yo kumusezeraho iratangira saa sita z’amanywa.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abahungu yegukanye umwanya wa kabiri mu marushanwa y’akarere yaberage i Nairobi muri Kenya, naho abakobwa batahukana umwanya wa gatatu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izaba iri muri Gabon kuva tariki 02-07/04/2012 aho izakina imikino ya gicuti n’ikipe yaho y’abatarengeje imyaka 20, mu rwego rwo kwitegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika.
Mu gihe habura imikino 7 ngo shampiyona irangire, Police FC ikomeje kongera amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2 kuri 1 ku cyumeru tariki 25/03/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Umyobozi wa Polisi y’igihugu, Emmanuel K. Gasana, ari mu bayobozi bahagarariye polisi z’ibihugu byabo muri aka karere, bakiriye neza igitekerezo cyo gushyiraho Ikigo cy’ikitegererezo muri Afurika y’iburasirazuba gishinzwe gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha.
Kuringaniza imbyaro ni umwe mu miti yafasha Abanyarwanda kwikura mu bibazo by’urusobe, nk’unko babitangarijwe na Depite Christine Mukarubuga wari witabiriye Inteko Rusange ya gatatu y’abanyamuryango ba FPR Inkoranyi i Karongi, yateranye kuri uyu wa Gatandatu.
Umuhanzi Christopher umaze igihe gito yigaragaje mu mu muziki Nyarwanda, yabaye umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda wahawe igihembo cya Diamond gitangwa n’inzu ishinzwe gutunganya umuziki yo mu Bufaransa yitwa VirtuaMusic Label.
APR FC yananiwe gukoresha amahirwe yabonye yo gutsinda Etoile du Sahel yo muri Tuniziya, mu mukino ubanza wa 1/16 cy’irangiza mu guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo, umukino wabereye kuri stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/03/2012.
Kuba umuriro w’amashyanyarazi udahagije hari abaturage bibangamira mu mirimo yabo cyangwa se mu kwimenyereza ibyo bize, n’ubwo iki kibazo Leta y’u Rwanda yiyenkiri mu byo Leta y’u Rwanda yiyemeje gukemura kugira ngo byongere ishoramari