Kompanyi ya Airtel icuruza umurongo wa telefoni zigendanwa, itegerejweho gufasha u Rwanda kugera kuri miliyoni umunani z’abakoresha telefoni zigendanwa mu 2016, biri muri gahunda yo kongera ubukungu hifashishijwe itumanaho.
Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.
Umushinga ugamije guhuriza hamwe uburyo bwo kwemera imiti ikoreshwa mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) watangiye kwigwaho kuri uyu wagatanu tariki 30/03/2012 muri Tanzania. Umunyamabanga wa EAC arasaba ibihugu bigize uyu muryango kuwushyigikira kugira ngo abaturage babyo barusheho kubona imiti yizewe (…)
Birashoboka ko umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, yeguye kubera ibibazo by’amasambu y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania muri 2007 ndetse n’isambu yari afite ahahawe ishuri rikuru riri mu mujyi wa Ngoma (INATEK).
Kuva muri uku kwezi kwa Werurwe 2012, abarimu 18 batari bujuje ibisabwa na Minisiteri y’uburezi kugirango babe bakwigisha mu mashuri yisumbuye bahagaritse ku mirimo y abo; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne.
Abanyamuryango basaga 200 barimo abagore 169 bo mu mpuzashyirahamwe ABAGENDANA yo mu karere ka Bugesera biyubakiye uruganda rw’imigina y’ibihumyo rwa miliyoni 52 ahitwa Nyabagendwa mu murenge wa Rilima.
Knowless ntazitabira ibitaramo byose byari byamujyanye i Burayi kuko byari biteganyijwe kuzabera muri Suede na Hollande biri ku matariki Abanyarwanda bazaba bibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 30/03/2012 yemeje ko amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi (minerval) ndetse n’agahimbazamushyi (prime) ababyeyi batangaga yiyongera.
Urukiko rw’ubujurire rw’i Helsinki muri Finland na rwo rwakatiye umuvugabutumwa mu itorero ry’Ababatisita, Francois Bazaramba, igihano cyo gufungwa burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994.
Urukiko rwo mu Bufaransa, tariki 29/03/2012, rwemeje ko Umunyarwanda uba muri icyo gihugu witwa Muhayimana Claude azoherezwa kuburanira mu Rwanda mu minsi iri imbere.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturage kurushaho kubungabunga ibikorwa bibakorerwa mu rwego rwo kurwanya isuri ndetse no kubungabunga ikiyaga cya Karago.
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yateranye uyu munsi tariki 30/03/2012 yemeye ibyo umuyobozi w’ako karere, Niyotwagira Francois, yanditse asaba kwegura ku mirimo ye.
Kayiranga Callixte wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Busasamana muri ako karere akekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye burateganya ko abaturage batuye ako karere bagomba kuba batuye ku midugudu bitarenze muri Nzeri 2013; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Huye.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, atangaza ko umuganga wo mu bitaro bya Muhima yahagaritswe kubera kutita ku barwayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwafashe ingamba ku buryo umuyobozi uzagaragaraho gutanga serivisi mbi abamugana azajya abihanirwa mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gutanga serivisi nziza.
Komite Nyobozi na Njyanama z’uturere twose tugize Intara y’Amajyepfo zahawe amahugurwa ku kurwanya umunaniro w’akazi bakora umunsi ku wundi kugira ngo biminjiremo agafu barusheho gukora cyane birinda kugira umunaniro urwitwazo ngo bitume batuzuza neza inshingano zabo.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Ndayisaba Protogene uvuka mu kagari ka Kiryamo, umurenge wa Rusasa, akarere ka Gakenke yacitse tariki 22/03/2012 nyuma yo kwiyemerera ko yagerageje gufata ku ngufu abana batatu yigishaga mu ishuri ry’incuke rya Karukungu riri mu mudugudu wa Buhindi, akagari ka Karukungu, umurenge wa Janja.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kiravuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero kiri hagati ya 7.5 na 8% mu myaka ibiri iri imbere.
Abacitse ku icumu bo mu kagari ka Gitarama mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi, baratangaza ko bumva baruhutse nyuma yo gushyingura mu cyubahiro ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu muhango wo gusezera ku muyobozi wungirije wa banki y’isi, Dr. Obiageli Ezekwesili, Perezida Kagame yatangaje ko uwo muyobozi ari umuntu ukomeye wagize uruhare mu kuzamura umugabane w’Afurika n’u Rwanda by’umwihariko.
Abinyujije mu muryango yashinze witwa Clinton Foundation, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Cliton, agiye gutangiza umushinga w’uruganda rutunganya soya mu ntara y’Uburasirazuba mu Rwanda.
Umuryango Haguruka urakangurira abaturage gutanga amakuru ku bikorwa by’itotezwa biba bimaze iminsi mu miryango bigashakirwa igisubizo hakiri kare hatabaye ubwicanyi.
MTN Rwanda kuri uyu wa 29/03 2012 yahaye ikigo cy’amashuru cya Rusumo High School mudasobwa 36 hamwe n’ifatabuguzi rya interineti ry’igihe kigera ku mwaka.
Abanyarwanda batandatu b’inzobere mu bunyabugeni bamuritse ibihangano byabo mu nteko ishingamategeko y’u Budage tariki 21/03/2012. Iri murikagurisha ryari rigamije no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 ishize u Rwanda rufite ubufatanye na Rhineland-Palatinate.
Umugabo w’Umunyamerika w’imyaka 31 y’amavuko amaze imyaka 18 yiberaho mu buzima nk’ubw’umwana w’uruhinja haba ku myambarire, ku mirire ndetse no mu buryo aryamamo.
Inama y’umutekano yaguye y’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yabaye tariki 29/03/2012 yafashe umwanzuro ko ba “Local Defense” batatu bahagarikwa ku mirimo yabo yo gucunga umutekano kubera imyitwarire mibi irimo kurya ruswa.
Polisi y’igihugu yaguye imikorere yari isanzwe ikora mu bikorwa byo gufasha abaturage kwicungira umtekano no kubafasha mu iterambere ry’igihugu, isinya amasezerano y’ubufatanye n’uturere dutanu n’Umujyi wa Kigali.
Leta irateganya gutera inkunga inganda zo mu gihugu ku buryo muri 2020 zizaba zinjiza 26% by’umutungo w’igihugu. Ubu inganda zo mu Rwanda ni cyo gice kinjiza amafaranga make kuko zinjiza 7% gusa by’umutungo w’igihugu.
Abanyarwanda bibumbiye mu muryango Isaro Foundation bahagurukiye gufasha ibigo by’amashuri kubona ibitabo bitandukanye dore ko ibihari ari bicye n’ibihari bikaba ari ibya kera.
Abanyeshuri biga mu kiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ry’ubucuruzi muri Massachusetts Institute of Science and Technology (MIT) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baje mu Rwanda kureba ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rumaze kugeraho mu gihe gito.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Dr Jim Yong Kim watanzweho umukandida ku buyobozi bwa Banki y’isi ku ruhare banki y’isi igira mu kugabanya ubukene no kongera ubukungu bw’isi harebewa uburyo bimwe mu bihugu bicyennye byarushaho gutera imbere.
Nathan Byukusenge uza ku mwanya wa 45 mu bakinnyi 155, ni we uza ku mwanya wa mbere mu Banyarwanda bari mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc rigeze ku cyiciro cyaryo cya gatandatu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yongeye kumvikana aganira atazi neza aho amagambo avuga agarukira.
Ikigo gishyingura abapfuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyazanye igitekerezo gitangaje aho kivuga ko ivu ry’imibiri y’abapfuye rishobora guhindurwa indiri y’amafi n’utundi dusimba two mu mazi.
Abantu 77 mu murenge wa Tumba akarere ka Rulindo, kuva tariki 25/03/2012, barwaye indwara itazwi bivugwa ko ikomoka ku kunywa ikigage gihumanye. Ni ku nshuro ya kabiri abantu baryaye indwara nk’iyi muri uku kwezi.
Ibitego 3 bya Olivier Karekezi byahesheje intsinzi APR FC, ubwo yatsindaga Etincelles ibitego 3 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 28/03/2012.
Itorero rya Eglise Méthodiste Libre au Rwanda (EMLR) rirarega abaturage barituriye ko bakomeje kurirengera kuko bagenda bubaka basesera mu isambu yaryo iherereye mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo, ahanubatsemo ikigo nderabuzima cya Kibogora.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye atangaza ko gahunda y’icymba cy’umukobwa izafasha abana b’abakobwa kugana ishuri badasiba.
Nzabafashwanimana w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Ngororero, akagali ka Rususa, umudugudu wa Musambira mu karere ka Ngororero yafashwe yiba mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 28/03/2012 arangije ataka avuga ko bamuziza ko ari umututsi.
Intumwa y’ikigega mpuzamahanga cy’imari (FMI) iherutse mu Rwanda yishimiye aho u Rwanda ruhagaze mu rwego rw’ubukungu.
Imodoka yo mu bwoka bwa FUSO ifite purake RAB 466 M yari yikoreye amakara iyavanye Gikongoro yageze ku Gitikinyoni mu mujyi wa Kigali irahirima mu gihe cya saa cyenda z’amankwa tariki 28/03/2012, ku bw’amahirwe abari bayirimo ntibagira icyo baba.
Sosiyete ikora ibikorwa by’ubwishingizi n’ n’imicungire y’umutungo, UAP , irateganya gutangiza ibikorwa byayo mu Rwanda mbere y’uko uyu mwaka wa 2012 urangira; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wayo, James Muguiyi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Harebamungu Mathias, arashima uruhare rw’amadini mu gikorwa cyo kwigisha abatazi gusoma kwandika no kubara.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga rya Kigali (KIST) burakangurira Abanyarwanda kuritera inkunga yo kubaka icumbi ry’abana b’abakobwa biga muri icyo kigo.
Entreprise Urwibutso izwi mu bikorwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi, yahawe igihembo cyitwa The new Era Award for Technology, Quality and Innovation kubera ikoranabuhanga mu guhanga udushya n’ubwiza bugaragara mu bikorwa bitandukanye byayo.
Umuhanzi uzegukana insinzi muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) azahembwa amafaranga miliyoni 24 azahabwa mu byiciro; nk’uko byatangajwe n’abategura icyo gikorwa tariki 27/03/2012.