Kuri uyu wa gatanu tariki 25/05/2012 saa munani z’ijoro, ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagera irahaguruka i Kigali yerekeza i Asmara muri Erirea aho igiye kwitabira isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka icyo gihugu ‘Tour of Eritea’ rizatangira tariki 30/5/2012.
Abadepite b’Inteko Nshingamategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) bafashe umwanzuro usaba Abaminisitiri b’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) guhagarika ibiganiro ku bucuruzi hagati ya EAC n’umurayngo w’Ubumwe bw’Uburayi kuko yemejwe uko ameze ubu yazatera igihombo gihoraho cya miliyoni 301 z’amadolari y’Amerika (…)
Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) urateganya gukoresha ingengo y’imari ingana n’amadorali y’Amerika 138,316,455 (miliyari 82 na miliyoni 989 n’ibihumbi 873 by’amafaranga y’u Rwanda) mu mwaka wa 2012/2013 nk’uko byagajejwe ku bagize inteko ishinga amategeko y’uwo mu ryango (EALA) na Musa Sarma, Minisitiri ushinzwe EAC (…)
Inkiko ziburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994,zigiye gusoza imirimo yazo ziciye imanza 1,951,388 zirimo abo mu rwego rwa mbere bagera kuri 31,453; urwego rwa 2 rugizwe n’umubare ungana 649,599 naho urwego rwa gatatu rukaba arirwo rufite umubare munini wa 1,270,336.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) iratangaza ko yongereye ibihano bihabwa abakerererwa kwishyura imisoro mu rwego rwo guca umuco wo gucyerererwa.
Abatuye imirenge ya Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze ituriye umwuzi wa Rwebeya barasabwa gufata neza Gabiyo (Gabions) zubatse muri uwo mugezi, zigabanya umuvuduko w’amazi awumanukamo aturuka ku kirunga cya Sabyinyo mu gihe cy’imvura.
Simba Gold Corp, sosiyete ikora ishoramari mu gucukura amabuye y’agaciro, yatangaje ko izatangira gucukura zahabu mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka mu mushinga yise Miyove Gold Project mu karere ka Gicumbi.
U Rwanda rwatsinzwe na Afurika y’Epfo mu mukino wa mbere wa Beach Volleyball mpuzamahanga y’abagore irimo kubera i Rubavu, ruhita rusezererwa. Rusigaje gukina imikino yo guhatanira imyanya myiza mu irushanwa.
Impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda ziri hirya no hino mu Rwanda no mu Burundi, tariki 25/05/2012, zizibuka ku nshuro ya cyenda ubwicanyi bwakorewe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda mu karere k’ibiyaga bigari.
Ubuke bw’abakozi mu mirenge igize Intara y’Amajyepfo ni kimwe mu bitera imikorere mibi w’iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri, Alphonse Munyantwali.
Ubwo hazaba hakinwa umukino wa nyuma w’igikombe cy’umwami muri Espagne tariki 25/05/2012, Abafana ba Atletico Bilbao na FC Barcelona batangaje ko ubwo hazaba haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu bazavuza induru mu rwego rwo kongera gusaba ubwigenge bakomeje gusaba.
Umuyobozi w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arahamagarira abaturage n’abayobozi muri iyo Ntara kongera umuvuduko mu bikorwa by’iterambere, bakarenza kwihuta basanganywe, ndetse aho bishoboka abantu bakavuduka bakirukanka.
Gakumba Didas wo mu mudugudu wa Nyarwahi, akagari ka Nyarurama, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi nyuma y’imyaka ingera kuri itandatu kwihishe inkiko Gacaca.
Abana b’abakobwa bo mu ishuri rya Groupe Scolaire Kayonza, kuri uyu wa kane, tariki 24/05/2012, bakingiwe kanseri y’inkondo y’umura.
Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame ari bugeze ijambo ku bakuru b’ibihugu n’izindi nzobere ziteraniye mu nama igamije kwiga ku iterambere rirambye muri Afurika ibera muri Botswana tariki 24-25/05/2012.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’imiryango itegamiye kuri Leta (sosiyete sivili) yo muri Kongo-Kinshasa tariki 22/05/2012 riratunga urutoki umutwe wa FDLR gufata urubyiruko ku ngufu mu gace ka Fungolamacho ikarwinjiza mu bucukuzi bwa zahabu mu nkengero z’umugezi wa Lubero.
Ubwo imikino mpuzamahanga ya Beach Volleyball y’abagore iza kuba itangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa kane tariki 24/05/2012 i Rubavu, ikipe y’u Rwanda ni yo itangira amarushanwa ikina na Afurika y’Epfo.
Karimwabo w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Nganzo mu murenge wa Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva 22/05/2012 akekwaho kwangiza umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Isosiyete ya MTN yaje ku mwanya wa 88 mu masosiyete 100 ya mbere akomeye ku isi hakurikijwe ubushakashatsi bwakozwe na sisiyete y’inararibonye mu ikusanya makuru kuri sosiyete zose ku isi yitwa Millward Brown.
Umukino wo kwishyura uzahura u Rwanda na Nigeria tariki 17/06/2012 uzasifurwa na Desire Doue Noumandiez w’imyaka 42 akaba yaratangiye kuyobora imikino mpuzamahanga muri 2004.
U Rwanda rwatsinzwe umukino wa gicuti na Libya ibitego bibiri ku busa. Ngo uyu mukino wabaye tariki 23/05/2012 usigiye abatoza isomo rikomeye mu kwitegura umukino wa Algeria no kubona ubushobozi bwa buri mukinnyi; nk’uko byatangajwe n’umutoza wungirije w’Amavubi.
Muhoza w’imyaka 22 wo mu kagari ka Mbogo, umurenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo yishwe tariki 22/05/2012 mu masaha y’ijoro ateraguwe ibyuma, akurwamo amaso barangije bamutwikisha lisansi mu maso mu rwego rwo kugira ngo atamenyekana.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma w’agateganyo, Mupenzi George, arasaba abahinzi bahawe ifumbire mu gihembwe cy’ihinga gishize ko ntawe ugomba kurenza tariki 30/05/2012 atarishyura.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu karere ka Rubavu (CNJ Rubavu) iratangaza ko yishimiye ibyo yagezeho 2011-2012 kubera inkunga yahawe n’uburyo Leta y’u Rwanda ibazirikana muri gahunda zayo zose.
Akarere ka Bugesera karateganya kwinjiza amafaranga miliyoni 650 z’imisoro mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2012/2013, mu gihe uyu mwaka uzarangira hinjiye miliyoni 530.
Umuhanzikazi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowless yakoze impanuka mu gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012 ahita ajyanywa mu bitaro by’umwami Faycal biri mu mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Umuco na Siporo irahamagarira Abaturarwanda kuzitabira igikorwa cy’Isiganwa Mpuzamahanga ry’Amahoro, rizaba kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.
Umushinjacyaha mukuru mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, amaze gusaba urukiko gushyiraho itsinda ry’abacamanza rizasuzuma ko urubanza rwa Lieutenant Colonel Munyarugarama Pheneas rwakoherezwa mu Rwanda.
Indaya zo mu mujyi wa Nyanza zabyutse zigaragambya tariki 23/05/2012 zamagana mugenzi wazo witwa Dusabe Marie Ange ukora kuri Bar Idéal wanze kwita ku bana 7 yabyaye ku bagabo banyuranye.
Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ubushinwa, Hui Liangyu, yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012.
Mugabo François, umukozi ushinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho gushyingira ku nshuro ya kabiri umugore witwa Nyirantawuzuzakira Clémentine; nk’uko byemezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Ndindayino Jean Claude.
Inyeshyamba za FDLR na Mai-Mai zishe abasivili barenga 100 mu cyumweru gishize mu duce twa Ufamandu ya mbere n’iya kabiri mu karere ka Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abagize ishyirahamwe ry’abacamanza n’abanditsi b’inkiko mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAMJA) bateraniye i Kigali mu nama yo kurebera hamwe uruhare n’ubushobozi bw’ubutabera mpuzamahanga mu gukurikirana abakoze ibyaha.
Aba Ingénieurs bari bashinzwe gukurikirana imirimo y’ubwubatsi bw’ibigega bya biogaz mu mashuri yisumbuye mu rwego rwa stage itangwa na RDB barashinja EWSA kubashyiraho amananiza igamije kwanga kubishyura amafaranga ya stage bagomba kwishyurwa.
Mugabo w’umuganga ( docteur en chirurgie) wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Emil Chynn yashyizeho igihembo cy’amadorari ibihumbi icumi ku muntu wese wazamubonera umugore babana nyuma gusanga atazibashiriza gukurikiza imico gakondo y’iwabo ikoreshwa mu gushaka umugore.
Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wiga nijoro mu mwaka wa gatatu mu ishami ry’icungamutungo muri INILAK Nyanza Campus, ku mugoroba wa tariki 22/05/2012 yasabye lifuti maze aho kumujyana mu mujyi wa Nyanza imukomezanya mu karere ka Ruhango.
Bunani Jean Pierre w’imyaka 36, kuva tariki 21/05/2012, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo azira gufatanwa ibyangombwa by’ibihimbano n’ibindi bikoresho by’ibihimbano.
Sett Manfred, umudage wo mu muryango wa Dr Richard Kandt utuye mu kagari ka Shangi, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke ararega abaturage baturanye kumurengera ariko abo baturage nabo bamurega kuba ariwe wabarengereye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, Nshimiyimana Jean Damascene, aranyomoza amakuru avuga ko umusore witwa Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, akagari ka Mubumbano yatemye se umubyara agiye kumwanurira imyumbati yari yanitse hejuru y’inzu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Tunisia, Sami Trabelsi, yatangaje ko abakinnyi yahamagaye mu mukino wa gicuti uzabahuza n’u Rwanda bakeneye imyiteguro ikarishye no kubashyira ku murongo umwe kuko bamwe bari no mu biruhuko.
Nzabirinda Boniface ari mu maboko ya polisi aregwa icyaha cy’ubwambuzi bushukana, nyuma yo kubeshya ko ari umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) agasaba Hakizimana Aimable amafaranga ibihumbi 200 kugira ngo azamufungurize se ufunze.
Polisi y’igihugu iri mu gikorwa cyo gupima ku bushake ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ku bantu batandukanye, barimo abasirikare, abapolisi na local defences, abashinzwe community policing mu tugari ndetse n’imiryango yabo hamwe n’abandi bose babyifuza bo mu karere ka Ngororero.
Imyitozo Rayon Sport yagombaga gutangira kuwa mbere tariki 21/05/2012 yahagaritswe n’ibiganiro hagati y’iyo kipe n’umuterankunga SORAS biri gutera intambwe ishimishije aho kuba ibirarane by’imyishahara; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa Rayon Sport, Gakwaya Olivier.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rubavu, Christopher Kalisa, n’abakozi babiri ba gereza nkuru ya Nyakiliba na rwiyemezamirimo umwe bari mu maboko y’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kigiye gutera inkunga ibigo byigisha imyuga bihanga udushya tugamije guteza imbere imirimo ifite isoko muri iki gihe.
Abana b’imfubyi za Jenoside zitujwe mu mudugudu w’Amizero wo mu kagari k’Urugero, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera barasaba ubutabazi bwihuse kuko amazu barimo yatangiye gusenyuka kandi bakaba nta bushobozi bafite bwo kuyasana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kirasaba ko hashyirwaho itegeko rihuriweho n’ibindi bigo bishinzwe igenzura mu rwego rwo kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 21/05/2012, rwasubukuye urubanza rudasanzwe rw’umunyemari Félécien Kabuga, humvwa ubuhamya bumushinjura buzakoreshwa igihe azaba ari mu maboko y’ubutabera.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge burakangurira Abanyarwanda kwirinda kwegera cyangwa kwambuka umugezi wa Nyabarongo mu gihe amazi yayo yiyongereye. Muri uku kwezi kwa Gicurasi, hamaze gutoragurwa imirambo y’abantu itanu muri uwo mugezi.
Abacuruza ibiyobyabenge bahawe amezi atandatu yo kuba baretse ubwo bucuruzi bufatwa nk’icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda, kuko nyuma yaho bazahanywa bikomeye.