Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba abayobozi b’ibitaro bya Remera Rukoma kwihutira gukemura ibibazo bya srivisi mbi zibirangwamo, nyuma y’uko abenshi mu bahivuriza bakomeje kwinubira serivisi bahabwa.
Inteko rusange ya FERWAFA yateranye, yemeje ko Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda yatangiye tariki kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/09/2012, igomba gusozwa tariki 25/05/2013, ikazitabirwa n’amakipe 14.
Akarere ka Rusizi karatangaza ko katazongera kwihanganira abantu bafata inguzanyo mu ma banki ariko banki ntibubahirize amasezerano yo kwishyura, bikaviramo byinshi muri byo guhomba.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abakongomani bafatanyije, bizihije umunsi mpuzamahnga w’Amahoro, aho Abanyarwanda berekeje mu mujyi wa Goma n’Abakongomani bakaza mu Rwanda kuwizihiza.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cy’Amashuli kitiriwe Mutagatifu Kizito, giherereye mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, berekanye ubuhanga bw’ibyo bashoboye gukora mu myuga banagaragaza ingorane bagira zibabuza gukora ibirenzeho.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierr Damien Habumuremyi, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Mine ya Gifurwe kongera umusaruro w’amabuye y’agaciro bacukura, kugira ngo binjize amafaranga menshi yaba mu ngo zabo no mu gihugu muri rusange.
Indwara ya kanseri ishobora kuvurirwa mu Rwanda igakira burundu, cyane iyo ibonetse hakiri kare, nk’uko byemezwa n’abaganga bafite ubunararibonye mu kuvura iyi ndwara ihangayikishije isi kugeza uyu munsi.
Bisi ya KBS yagonze abantu batatu bari kuri moto ku mugoroba wa tariki 21/09/2012 mu Kagali ka Taba mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge barakomereka bikomeye.
Abashora imari mu bikorwa bashobora kugera ku ntego yabo ari uko biyemeje kugera ku ntego bakabifatira ibyemezo, nk’uko babikanguriwe n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ubwo hatangizwaga y’amarushanwa y’imishinga ku rwego rw’akarere, kuwa kane tariki 20/09/2012.
Abanyarwanda benshi baturutse imihanda yose y’isi no mu Rwanda, bahuriye mu mujyi wa Boston baje mu birori bya Rwanda Day, batumye uyu mujyi uhinduka nko mu Rwanda, kubera usanga mu mihanda yose havugwa Ikinyarwanda, nk’uko intumwa zacu zihatubereye zibidutangariza.
Bamwe mu rubyiruko n’abayobozi bemeza ko igikorwa cyo gukoresha ibizamini by’abifuza akazi bikwiye kongerwamo ingufu kugira ngo bigabanye urwicyekwe mu bagashaka, kugeza n’ubu bakemeza ko hakibonekamo ikimenyane.
Ubwo yifatanyaga n’akarere ka Nyanza muri gahunda yo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye yatangaje ko ubuyobozi bw’ako karere bufitanye igihango na polisi y’igihugu.
Akoresheje Twitter na Facebook, tariki 19/09/2012, umuhanzi mpuzamahanga Shakira yatangaje ko ari hafi kubyara umwana wa mbere wa Gerard Piqué, umukinnyi wa Barcelone.
Mu nama y’igihugu y’abagore yiyemeje kwegera abagore basiga abana ku muhanda mu mujyi wa Gisenyi bakajya gukora ubucuruzi muri Congo kugira babafashe kwiga imishinga bakorera mu Rwanda bagashobora kurera abana babo.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu murenge wa Kimonyi mu karere ka Musanze, rurasabwa gusobanukirwa neza n’ubibi by’ibiyobyabwenge kugirango rubashe kubyirinda ndetse no kubirinda abo bahagarariye.
Polisi y’igihugu imaze gufata abantu bagera kuri 80 bakurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge mu rwego rwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka; nk’uko amasezerano y’igipolisi cy’ibihugu bigize agace k’uburasirazuba bw’Afurika (EAPCO) abiteganya.
Uwimana Anastase utuye mu kagari ka Busanza, mu murenge wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali avuga ko kuboha agaseke ari umugabo nta kibazo bimutera kuko ari imirimo nk’indi.
Bamwe mu banyamadini baramagana bagenzi babo bava mu madini nta yindi gahunda bafite uretse iyo gushinga andi abinjirirza inyungu.
Umukecuru witwa Nzamukwereka Mariya Tereza utuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana yasabye umugiraneza usanzwe umuha ibimubeshaho ko yabigabanya ariko akamuha amafaranga 500 nawe yatanga mu kigega AgDF.
Nyuma y’aho bigaragariye ko bamwe mu baturage batuye akarere ka Rulindo bitaborohera kugera aho gaherereye, ngo bishyure amafranga abahesha service zimwe na zimwe, ubu habonetse uburyo bworoshye bwo kwishyura ayo mafranga hatarinze gukorwa ingendo ndende.
Biteganyijwe ko Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bagera ku 3000 bateranira mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gikorwa cyiswe Rwanda Day 2012 gitangira kuri uyu wa gatanu tariki 21/09/2012.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, kuva tariki 19/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo hafi ibihumbi 14 na 300 y’urumogi.
Umusore w’imyaka 17 w’Umushinwa witwa Wang wiga mu mashuri yisumbuye yagurishije impyiko ye imwe kugira ngo agure iPhone na iPad.
Itsinda ry’abasenyeri ba Kiriziya Gatorika bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bahuye n’abayobozi b’umutwe wa M23 tariki 19/09/2012 kugira ngo baganire ku ntambara ibera muri kivu y’Amajyaruguru.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Rutahizamu w’umutaliyani ukinira ikipe ya Manchester City, Mario Balotelli, muri iyi minsi ntavuga rumwe n’umutoza we Roberto Mancini kubera imyitwarire mibi.
Nubwo Abanyarwanda bitabiriye imikino Olympique na Paralympique batashye ari nta mudari n’umwe begukanye, Minisitiri wa siporo n’Umuco Protais Mitali asanga baragerageje gukora ibyo basabwaga kuko bakinaga n’abahanga cyane kubarusha.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Karekezi Olivier yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Club Athlétique Bizertin yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tunisia.
Imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 19/09/2012 mu karere ka Rubavu yagurukanye ibisenge y’ibyumba by’amashuri bibiri ku ishuri rya Kabirizi mu murenga wa Rugereo hamwe n’ibyumba bitatu ku ishuri rya Rusamaza mu murenge wa Nyundo.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali asaba ababoha uduseke bo muri uwo mujyi kunoza uwo murimo bakora ukabahesha agaciro bikabongerera ubukire kuko agaseke nako gafite agaciro mu muco nyarwanda.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro amarushanwa y’imishinga ku bikorera mu turere kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012, umuyobozi w’akarere ka Karongi yashimye urugaga rw’abikorera (PSF) kubera uruhare rukomeye rukomeje kugira mu guteza imbere abikorera muri Karongi.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Abaturage bakoze umuhanda Batima-Nzangwa mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo yabambuye, nyuma y’aho ananiriwe kurangiza imirimo y’uwo muhanda ndetse bakaba baramuburiye irengero.
Abakozi batatu ba Groupe Scolaire de Kigali bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuva tariki 17/09/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye by’icyo kigo.
Umunyamerikakazi Valerie Spruill utuye muri Leta ya Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatunguwe no kumenya ko umugabo we witabye Imana muri 2004, amusigiye abana 3, yari se umubyara.
Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo RAB barimo kubaka amakusanyirizo mu murenge wa Muhanda kugira ngo aborozi baho babone isoko ry’amata.
Abacamanza 30 basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku kunoza akazi kabo mu bijyanye no guca imanza z’ubucuruzi n’amabanki, kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012.
Umukinnyi wa film imaze iminsi iteza akaduruvayo mu bihugu bibamo Abayisilamu kubera gusebya Intumwa Muhammad, yasabye ko YouTube irekeraho kwerekana amashusho ye yafashwe muri iyo film.
Abacuruzi bo mu isoko ryo ku Murindi mu murenge wa Nasho mu karere ka Kirehe, kuwa kabiri tariki 17/09/2012, banze kurema isoko kubera babacaga amafaranga 6000 byo gukodesha aho bacururiza na 3000 by’umusoro.
Umusore witwa Habamenshi Jean de Dieu utuye mu mudugudu wa Arusha mu kagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga, arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje umuti w’inka ntiyapfa kuri uyu wa 19/09/2012.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.
Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatangaje ko icyamamare mu njyana ya Hip Hop akaba n’umugabo wa Beyonce, Jay-Z, azi neza ubuzima bwe.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bwajuririye urubanza rwa Nzabonimana Callixte wari Minisitiri w’urubyiruko n’urwa Capt. Ildephonse Nizeyimana wayoraga ishuri rya ESO rubasabira ko bahanwa n’ibyaha urukiko rwabagizeho abere.
Imvura ivanzemo n’umuyaga yaguye mu murenge wa Shangi mu ijoro rishyira tariki 20/09/2012 yangije amazu y’abaturage mu murenge wa Shangi, aje yiyongera ku zindi nyubako z’amashuri zangiritse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19/09/2012.
Umuhanzi Jay Polly uherutse kugirana ibibazo n’abanyamakuru kubera amagambo asebanya yavugiye kuri Radio Flash FM nyuma y’uko yanditsweho inkuru y’uko yaba yarafunzwe, nawe yatanze ikirego muri Media High Council.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Gakenke, Musanabaganwa Francoise, atangaza ko abanyamuryango bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyoni umunani yo kubaka inzu y’ubucuruzi na biro yo gukoreramo.
Ikigo cy’Ubwongereza gishinzwe ubutwererane mu muco (British Council) kigiye kongera ibikorwa byo gufasha Abanyarwanda gukoresha ururimi rw’icyongereza, kikaba cyafunguye ishami rihoraho mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 19/9/2012.
Igikorwa cyo gukura bana mu bigo by’imfubyi cyatangirijwe mu kigo cy’imfubyi cya Orphelinat Noel ku Nyundo mu karere ka Rubavu, tariki 19/09/2012, kandi iki gikorwa kizajyana no kubaka imiryango no kwita ku burenganzira bw’abwana.
Mu rwego rwo gukumira isuri imanuka ku misozi ikiroha mu migezi ikayangiza ndetse ikangiza aho iyo migezi yisuka by’umwihariko mu kiyaga cya Karago, kuri uyu wa 19/09/2012, mu karere ka Nyabihu hakozwe umuganda udasanzwe.