Gen Maj Pacifique Ntawunguka uzwi ku mazina nka Omega, Nzeri na Israel ni we wagizwe umuyobozi w’agateganyo ku buyobozi bw’umutwe w’igisirikare cya FDLR.
Ku gicamunsi cyo ku wa kane tariki ya 19 Nzeri 2019 nibwo Maj. Gen Luís Carrilho, Umuyobozi w’ishami rya Polisi mu Muryango w’Abibumbye (ONU) ari kumwe na Brig. Gen Ossama El Moghazy, umuyobozi wungirije w’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro no kubumbatira (…)
Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nzeri, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yitabiriye inama ngaruka mwaka y’ihuriro ry’abayobozi ba za polisi zo mukarere k’Iburasirazuba bwa Afrika (EAPCCO) irimo kubera i Arusha muri Tanzania.
Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa NDC Guido ukorana na Leta mu kurwanya izindi nyeshyamba, barashe umuyobozi wa FDLR-FOCA hamwe n’abandi bayobozi bari kumwe na we mu nama y’ubuyobozi bukuru bwa FDLR yatangiye ku wa 16 Nzeri 2019 ikaba yaberaga ahitwa Makomarehe muri groupment ya Bukombo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Amakuru y urupfu rwa Gen Mudacumura Sylvestre yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019.
Benimana w’imyaka 19 avuye muri gereza za Uganda avuga ko Abanyarwanda bafungiweyo barimo kwicwa urw’agashinyaguro, ndetse ngo hari uwazize utwuma twogeshwa amasafuriya (sitiruwaya).
Harerimana Jean Paul w’imyaka 31 avuga ko ari muri Uganda yijejwe guhabwa akazi keza ariko yisanga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myitozo y’igisirikare kigamije kurwanya u Rwanda.
Ku wa kabiri tariki ya 10 Nzeri 2019, abapolisi 20 b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani(Darfur) bambitswe imidari y’ishimwe kubera imyitwarire n’ubunyangamugayo bagaragaza ndetse no gukora akazi kabo bashinzwe kinyamwuga.
Umuyobozi wungirije wa police mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), Brig. Gen. Ossama El Moghazy, yashimye umusaruro polisi y’u Rwanda itanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Abagabo babiri baganirije Itangazamakuru kuri uyu wa mbere tariki 09 Nzeri 2019 bavuye muri Uganda, baravuga ko Abanyarwanda barimo kwambuka umupaka w’icyo gihugu bataha cyangwa bajyayo bagomba kwitonderwa.
Dusabimana Jean Claude yagiye muri Uganda ku italiki 24 Gashyantare uyu mwaka wa 2019, ajyanywe no kwivuza ku muganga gakondo, mu kugaruka mu Rwanda ageze ahitwa Masaka ahasanga abapolisi bahagarika imodoka bamukuramo we n’abandi Banyarwanda batatu.
Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bagiriwe inama yo kwigengesera kubera impungenge z’umutekano utifashe neza muri icyo gihugu.
Twambazimana Prince w’imyaka 22 avuga ko yahagurutse iwabo i Musanze tariki 09/5/2018 ajya gusura inshuti ye yari ifungiye i Kabare muri Uganda, ageze yo na we ahinduka imfungwa n’umucakara.
Muhire Jean Baptiste w’imyaka 32 y’amavuko yari afite inzu yogosherwamo (Salon de coiffure) i Kisoro muri Uganda, akajyayo buri gihe ahawe agapapuro kabimwemerera kitwa ‘Jeton’ nk’umuntu wari uturiye umupaka wa Cyanika (i Burera).
Amazina y’abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wari uhagarariye Abanyarwanda (Diaspora) baba muri Mozambique yashyizwe ahagaragara.
General Patrick Nyamvumba umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda avuga ko nta gihugu na kimwe cyakwifasha mu gukemura ibibazo bibangamiye isi.
Uwizeyimana Félicien w’imyaka 51, Habimana Jimmy w’imyaka 27, Twizerimana Emmanuel w’imyaka 25 hamwe na Ndayambaje Jacob w’imyaka 36, baravuga ko barangije igifungo n’imirimo y’ubucakara muri Uganda.
Amakuru aturuka muri Mozambique aravuga ko Louis Baziga wakoraga ibikorwa by’ubucuruzi yishwe arashwe n’abantu batahise bamenyekana. Yari amaze imyaka isaga 15 aba muri Mozambique.
Undi Munyarwanda warekuwe na Uganda nyuma y’umwaka urenga yari amaze muri gereza anakoreshwa uburetwa, aravuga ko yageze ubwo yikorezwa inkono ishyushye.
Ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), giherereye mu karere ka Musanze cyakiriye Ingabo, Polisi n’Abasivire 23 baje guhugurirwa uburyo bwo kurinda abasivire mu bihugu byugarijwe n’intambara.
Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Patrick Nyamvumba avuga ko umubare munini w’abagore mu kubungabunga amahoro bizatuma ibibazo bya bagenzi babo bimenyekana.
Si Kampala gusa irimo gutoterezwamo Abanyarwanda, kuko no mu magereza y’uduce twegereye u Rwanda ngo barimo.
Jean d’Amour Nizeyimana na bagenzi be bane, bamaze amezi 16 bafungiye muri Uganda, baratangaza ko bakoreshwaga imirimo y’uburetwa kandi ku gahato, ku munsi buri wese akabarirwa amashiringi 100 ya Uganda, ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda 22.
Abapolisi 140 bagize icyiciro cya cyenda ari nacyo cya nyuma cya Polisi y’igihugu y’u Rwanda yakoreraga ubutumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti bageze mu Rwanda kuri iki cyumweru 04 Kanama 2019.
Mu ruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga mu gihugu cya Sudani y’Epfo, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, ku wa gatatu tariki 31 Nyakanga, yanasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’intumwa ayoboye batangiye uruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo aho bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo akomatanyije yahabwaga abapolisi 420 bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.
Mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherereye I Nyakinama mu karere ka Musanze, kuwa mbere tariki ya 22 Nyakanga 2019 hatangijwe amahururwa yitabiriwe n’abasirikari b’aba Ofisiye baturutse mu bihugu bine mu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa (…)