Muri iki gihe, Isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, aho kuva mu kwezi k’Ukuboza 2019 kugeza uyu munsi icyo cyorezo kigaragara mu bihugu hafi ya byose bigize imigabane yose y’isi.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe kurinda Pariki y’Igihugu n’ahantu nyaburanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yahamije ko bafite gihamya ko FDLR ziri inyuma y’urupfu rw’abarinzi ba pariki n’abaturage baherutse kwicirwa mu gace ka Rumangabo.
Imyaka 26 irashize ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro kitarangira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Harimo n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakomeje kuhaba, barororoka, baraniyongera.
Nsengiyumva Théodomir w’imyaka 42 wo mu murenge wa Bungwe mu karere ka Burera, arwariye mu kigo nderabuzima cya Rugarama aho avuga ko yakubiswe n’ingabo za Uganda zirangije ziramuzana zimujugunya ku mupaka wa Cyanika.
Abakozi b’ikigo gishinzwe umutungo kamere (ICCN) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baguye mu mutego (ambush) batezwe n’abantu batahise bamenyekana, ababarirwa muri cumi bahasiga ubuzima.
Umugore w’imyaka 27 y’amavuko wo muri Afurika y’Epfo witwa Elizabeth Holloway wari warashyizwe mu kato k’iminsi 14 muri Kenya, birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu cyumba aho yari yaracumbikiwe.
Abanyarwanda 342 babaga muri Uganda, birukanywe n’icyo gihugu aho gikomeje kubashinja ko ari bo nyirabayazana wa Coronavirus muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Werurwe 2020, Umuryango w’Abibumbye wambitse abapolisi b’u Rwanda 186 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Iyi midali bayambitswe mu rwego rwo kubashimira akazi keza bakora muri kiriya gihugu kandi bakagakorana umurava n’ubunyamwuga.
Bukuru Cyprien wari umaze amezi atandatu afungiye muri Uganda aho yari yaragiye ajyanywe no gushaka akazi, nyuma yo kurekurwa yiyemeje gushakira imirimo mu Rwanda kuko aho yagiye nta cyiza yahasanze.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2020, umugabo witwa Rowan Baxter yaguye mu nkongi we n’abana be.
Ku mugoroba wo ku itariki 06 Gashyantare 2020 ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda uherereye mu Karere ka Burera ku ruhande rw’u Rwanda, habereye umuhango wo guhererekanya umurambo w’umuturage w’u Rwanda wapfiriye muri Uganda. Polisi ya Uganda ivuga ko yasanze uwo murambo uziritse umugozi mu ijosi unagana mu giti.
Ndayambaje Phenias w’imyaka 32 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri afite ibikomere mu mutwe no ku maguru, akavuga ko abaturage batanu bo mu gihugu cya Uganda bamusanze mu murima we uri muri Uganda baramufata bamukubita imihoro.
Manishimwe Elias ukomoka mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza wajyanye n’umuryango we mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 2017, yagarutse mu Rwanda imbokoboko nyuma yo kwamburirwa muri Uganda ibye byose ubwo yari mu nzira ataha mu Rwanda.
Uzabumwana Dieudonné w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera yapfuye, nyuma y’uko ingabo za Uganda zimugejeje ku mupaka wa Cyanika afite inguma yatewe n’inkoni yakubitiwe muri icyo gihugu.
Abapolisi 140 b’u Rwanda bamaze gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Santre Afurika (CAR), kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2020.
Abarimu batatu bahitanywe n’igitero cya Al-Shabab cyagabwe mu mu ishuri ribanza mu gace ka Kamuthe, mu ntara ya Garissa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa mbere.
Kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2019, igihugu cya Australia cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyacyo kinini, haba mu mashyamba ndetse no mu mijyi ituwe n’abantu benshi, ku buryo 24 bamaze gupfa, abasaga 10 baburirwa irengero, naho ibihumbi 100 bakaba baramaze guhunga iyo nkongi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba igihugu cya Uganda gitangiye kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo, ari kimwe mu bimenyetso byerekana ko Uganda yiteguye guhagarika ifungwa n’iyicarubozo ku Banyarwanda bari muri icyo gihugu.
Ibirindiro bibiri by’abasirikare ba Amerika muri Iraq byagabweho igitero cy’ibisasu birenga icumi bya misire ziraswa kure, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe umutekano.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Mutarama 2020 Leta y’u Rwanda yakiriye umunyarwandakazi witwa Nyiramwiza Pascaline ufite imyaka 25 wakorewe iyicarubozo agatemwa akaboko kagacika ndetse agatemwa no mu mutwe ubwo yari mu gihugu cya Uganda.
Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.
Ku wa mbere tariki ya 16 Ukuboza 2019, abapolisi b’u Rwanda 280 barimo abagore 54 bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (...)
“Kugira ngo muzahagararire neza igihugu mugomba kwitanga no kwigomwa,” aya ni amwe mu magambo akubiye mu butumwa umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yagejeje ku Polisi b’u Rwanda 280 bitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Umuturage wo mu gihugu cya Uganda witwa Sebudidimba John, arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika mu Karere ka Burera, aho ashinja ingabo za Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.
Nkurunziza Emmanuel avuka mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Nyarubuye, Akagari ka Nyabitare, Umudugudu wa Kazizi ya mbere. Yavuye mu rugo tariki 20 Gicurasi 2018, agiye muri Uganda gupagasa (gushaka imibereho).
Ndayambaje Jackson, umusore w’Umunyarwanda w’imyaka 26, agaragaza kwiheba gukabije bitewe no gufungirwa mu magereza menshi mu gihugu cya Uganda, aho avuga ko yakubitiwe, akicishwa inzara ndetse akanakoreshwa imirimo y’agahato.
Abapolisi 240 b’u Rwanda, kuri uyu wa mbere basimbuye bangenzi babo 240 bamaze umwaka mu muri Sudani y’Epfo, aho bajya kurinda ibigo by’Umuryango w’Abibumbye (UN), abakozi bawo ndetse n’inkambi z’impunzi.