Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Guverinoma y’u Rwanda irahamagarira umuntu wese mu Rwanda kugira amakenga no kumenya ibimenyetso bya Ebola, akanabimenyesha inzego z’ubuzima vuba na bwangu agize aho abibona bityo Ebola igakumirwa itaragira uwo yambura ubuzima mu Rwanda.
Abakozi ba gereza ya Remera baratangaza ko iyi gereza yagaragayemo abacungagereza bane banduye igituntu ariko bakagira ikibazo cy’uko baba batemerewe kuvurirwa muri gereza.
Indwara y’amaso bita amarundi imaze iminsi ivugwa mu bice bimwe by’igihugu yagaragaye mu karere ka Huye tariki 22/06/2012 ubwo umubyeyi n’umwana we bazaga kwivuza mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare.
Mu igenzura ry’isuku ryabaye tariki 20/06/2012, umugabo bakunda kwita Musafiri yafungiwe boutique afite ahitwa mu Ivundika mu karere ka Ngoma kubera ko avanga boutique n’urwagwa.
Ku masoko amwe n’amwe yo mu karere ka Bugesera haracyagaragara abantu bacuruza imyumbati cyangwa ifu yayo yatoye uruhumbu. Abahagurira bavuga ko nta kundi babigenza kuko badasobanukiwe n’ubuziranenge bw’ibiribwa.
Umunyamerika witwa Timothy Brown yamenyekanye nyuma yo gutangariza isi yose ko ari we muntu wa mbere wakize icyorezo cya SIDA ariko ubushakashatsi bugaragaza ko amaraso ye akigaragaramo virusi itera iyo ndwara.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.
Bamwe mu barwayi 71 bari bari mu bitaro bya Kigeme bazira kurya ibiryo bihumanye batangiye koroherwa ku buryo bamwe barangije gutaha iwabo. Kugeza kuwa kabiri tariki 29/05/2012 abarwayi 41 bari bamaze gusezererwa.
Abayoboke 72 b’idini ry’Abadiventisiti b’umunsi wa karindwi bari mu bitaro no mu kigo nderabuzima bya Kigeme bazira indwara itaramenyekana. Batangiye kurwara nyuma yo gusangira amafunguro baherewe mu busabane ku rusengero rwa Kirehe kuwa gatandatu tariki 26/05/2012.
Bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu bo mu karere ka Nyabihu bahawe urukingo rw’impiswi, ari naho iki gikorwa cyatangirijwe ku rwego rw’igihugu kuwa Gatanu tariki 25/05/2012.
Nyuma y’iminsi amaso y’Amarundi ateye mu kigo cy’ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi riri mu karere ka Ruhango ubu noneho yadukiriye abaturage.
Umuryango mpuzamahanga w’abagore babana na virusi itera SIDA (ICW) urasaba ko amabanki akorera imirimo yayo mu Rwanda akwiye korohereza ababana na virus itera SIDA kubona inguzanyo kuko bimaze kugaragara ko zanga kibaha inguzanyo.
Umuryango w’Abahorandi ugamije iterambere (SNV) urakangurira buri wese kugira uruhare mu kubungabunga amazi no kuyagirira isuku mu rwego rwo kwirinda indwara zayakomokaho iyo ahuye n’ibiyahumanya.
Ndorimana Ildephonse w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu murenge wa Gatebe, akarere ka Burera atangaza ko yari agiye guhambwa akirimo akuka kubera kurambirwa n’abavandimwe ndetse n’abaturanyi ubwo yari yarazahajwe n’indwara ya SIDA.
Abaturage 3,7 ku ijana by’abatuye akarere ka Kayonza babana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA; nk’uko bitangazwa n’ishami rishinzwe ubuzima mu karere ka Kayonza. Imirenge ya Mukarange na Kabarondo ifatwa nk’imijyi muri ako karere niyo iza ku isonga.
Abakobwa babiri barwariye ku kigo nderabuzima cya Kinunu, kiri mu murenge wa Boneza, akarere ka Rutsiro, nyuma yo kunywa imiti ya Kinyarwanda bashaka gukuramo inda bikabagwa nabi.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Abantu 77 mu murenge wa Tumba akarere ka Rulindo, kuva tariki 25/03/2012, barwaye indwara itazwi bivugwa ko ikomoka ku kunywa ikigage gihumanye. Ni ku nshuro ya kabiri abantu baryaye indwara nk’iyi muri uku kwezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Niyomugabo Nyandwi w’imyaka 38 wapfuye ku mugoroba wa tariki 09/02/2012 ni umuntu wa gatatu upfuye muri iki cyumweru bikekwa ko bazira inzoga y’inkorano banyweye tariki 06/02/2012 ahitwa i Mwima mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubusanzwe iyo umuntu avuze kanseri ifata amabere abantu benshi bakunze guhita batekereza ku gitsina gore gusa ariko si byo na gato kuko n’abagabo na bo iyo ibagezeho itabarebera izuba.
Mu rwego rwo guhashya indwara ya malariya yugarije akarere ka Nyagatare, PSI na minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye gukangurira abaturage ba Nyagatare kuyirinda bifashisha ubutumwa bunyuze muri film n’indirimbo.