Epiphanie Mukamwezi wo mu Murenge wa Kibirizi muri Gisagara, ufite ubumuga bwo kutabona, afite kantine yikoreramo akanakira abakiriya bamugana.
Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Abadodera imyanda muri Santere ya Congo-Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro banze gukorera mu gakiriro bavuga ko byabahombya.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo avuga ko gahunda ya “Kora Wigire”, ihura n’ingorane ziturutse ku myuvire ya bamwe mu baturage.
Umuryango ‘Women for Women International’ uravuga ko iterambere ry’abagenerwabikorwa bawo (abagore bakennye), ngo ririmo kwanga kuko uruhare rw’abagabo babo rutagaragara.
Umuryango utaba imbabare Croix-rouge ugiye guteza imbere abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Gicumbi babagabira inka zo korora.
Imiryango 80 ikennye cyane mu karere ka Ngoma yikuye mu bukene, nyuma yo guhabwa igishoro cy’ibihumbi 75 Frw yo gukora imishinga y’iterambere.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR), kiratangaza ko Leta zikibangamirwa n’ubuke bw’abashakashatsi bayunganira muri iki gice.
Abahuguriwe gukora imishinga na BDF bahabwa umwanya wo gusobanura iyo bikoreye imbere y’ubuyobozi bw’iki kigo n’abanyamabanki, abisobanuye neza bakemererwa inguzanyo.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyabihu barasabwa gukorera hamwe mu guhanga imirimo mishya 5500 itari ubuhinzi, bityo akarere kabo kakarushaho gutera imbere.
Bamwe mu baturage bahinga umuceri mu karere ka Nyamasheke, barasaba abo bireba kubashyigikira ngo uruganda bateganya rutonora umuceri rubashe kubakwa.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kagano bavuga ko batemera uburyo abaturage batishoboye bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko abafite umuriro muri aka karere umwaka urangira bageze ku kigero cya 17,5%.
Abanyamakuru b’abagore mu Rwanda batangaza ko ubumenyi bungukiye mu mahugurwa bahawe buzabafasha mu kwihangira imirimo no kunoza akazi mu itangazamakuru.
Ntasoni Collete, umugore ukorera mu Gakiriro ka Mayange mu karere ka Bugesera, watinyutse gukora ububaji yinjiza ibihumbi 300Frw ku kwezi.
Ambasaderi w’umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (EU), kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2015 yasuye umuhanda w’ibitaka Rugarama-Mwogo-Nkungu watunganyijwe ku nkunga ys EU.
Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda Sameh Waaba, aratangaza ko mu mezi ane isoko ryo kubaka imihanda mu Mujyi wa Muhanga riraba ryatanzwe.
Abagore ba rwiyemezamirimo bavuga ko umuco ukibabera imbogamizi, kuko gutanga ingwate ivuye mu ngo zabo bitaboroheye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buratangaza ko nta koperative y’icyitegererezo n’imwe igaragara muri buri murenge, bigatuma urubyiruko rwaho rutaka ubukene.
Nyirajyambere Tereza, utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, yatangiye yizigamira igiceri cy’amafaranga 50, kigatuma atura mu mudugudu.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Ngoma batangiye kubyaza imitumba y’insina impapuro zifashishwa mu mitako no mu bugeni.
Ambasaderi wa Korea mu Rwanda, Park Yong Min, aratangaza ko abashoramari bo mu gihugu cye bifuza kongera ishoramari mu Rwanda.
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera bamaze kwiteza imbere aho biyubakiye inzu ikodeshwa banafite ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.
Abagore bo mu karere ka Ngororero bavuga ko umugore wo mu cyaro atagisuzugurwa kubera leta yabahaye agaciro nabo bakiteza imbere.
Abaturage bo muri Nyabihu basanga umuganda ubafitiye akamaro kuko hari byinshi bakora vuba kandi neza bahuje amaboko n’ibitekerezo biteza imbere.
Abikorera bo mu karere ka Burera barasabwa kwishyira hamwe bagakora imishinga minini bakabyaza umusaruro amahirwe ari mu karere kabo.
Amatsinda yo kuzigama no kugurizanya arahindura ubuzima bwa bamwe, kuko buri munyamuryango wayo asigaye yarateye intambwe mu kubyaza inyungu amafaranga.
Leta y’u Rwanda irasaba Croix Rouge y’u Rwanda gukomeza gukora ibikorwa birambye bifasha abaturage kuva mu bukene bagatera iterambere.
Abatuye mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke barasaba gukorerwa umuhanda ubahuza n’Umujyi wa Kigali kugirango boroherwe n’ingedo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko bidakwiye ko umusore cyangwa inkumi ajya mu bikorwa by’urukozasoni aho gukora ngo yiteze mbere.