Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) gitangaza ko inkunga kimaze igihe kigenera imiryango itegamiye kuri leta, yayikoresheje mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ababyeyi bo mu Karere ka Gakenke barashinja urubyiruko kwanga gukora imirimo y’ubuhinzi, ahubwo bagahugira mu bindi bavuga ko bidafite akamaro.
Abatuye Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kutagira imihanda nyabagendwa, bavuga ko bibazitira kugera ku iterambere.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko umushinga wa Kivu Watt mu mezi 10 uzaba utanga megawati 10 ziyongera kuri 26 uri gutanga ubu.
Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arashishikariza Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kwifatanya n’u Rwanda kongera ingufu zituruka kuri Gaz Methan yo mu Kivu.
Abakorera ubucuruzi mu Murenge wa Nyanza muri Gisagara, basaba ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro imvura iguye kiri kubicira akazi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame atangaza ko iterambere nyaryo rishingira ku bushake bw’abaturage n’amahitamo bafite mu buzima bwa buri munsi.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Munyeshyaka Vincent, yaabye abatuye Gisagara kwitabira umurimo kuko aribwo buryo bwonyine bwabageza ku iterambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.
Perezida Kagame yemereye abaturage bo mu Karere ka Ngoma ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi n’umuyoboro wa Interineti wihuta.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Abagore bakorana na Women’s Opportunity Center (WOC) cy’i Kayonza ngo batangiye kwizera iterambere nyuma yo kubona ko ibyo bakora bigurwa.
Abayobozi b’Urugaga rw’Ababaruramari ku Isi, IFAC, barimo gufatanya n’Ikigo Nyarwanda giteza imbere Ababaruramari(iCPAR) mu ishyirwaho ry’ingamba nshya zo kongera ababaruramari mu Rwanda.
Igishoro ngo ntigikwiye kuba inzitizi ku muntu ushaka kwiteza imbere kuko hari imishinga iciriritse yakora agatera imbere bitamusabye igishoro.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abamotari bo muri Rusizi ko agiye kubafasha gukemura ikibazo kiri mu nyubako yabo.
Abaturage baturiye ingomero z’amashanyarazi za Rukarara ya mbere n’iya kabiri bababazwa n’uko amashanyarazi zitanga atabageraho bakaba mu bwigunge kandi yagakwiye kubaheraho.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyahwituriye abanyamahoteri kunoza imikorere mu nzego zose kugira ngo bongere ubwiza bwa servisi batanga.
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Hari bamwe mu bapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bataheranwe n’agahinda, bakora imishinga y’ubucuruzi ibinjiriza amafaranga abafasha kubaho n’imiryango basigaranye.
Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Sacco Tea Shagasha y’abahinzi b’icyayi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ibarizwa mu Murenge wa Giheke yabaye ikinze nyuma yo guhomba miliyoni 20.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze gutera imbere babikesha ingorofani bifashisha batwara imizigo muri Congo.
Abadozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basanga kwishyira hamwe kwabo bizatuma batera imbere ndetse n’umwuga wabo ukarushaho kugira agaciro.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ishami ry’ikigega nyafurika gishinzwe iterambere, FAGACE ryafunguwe i Kigali (mu nyubako ya RSSB) mu rwego rwo kujya gitanga inguzanyo ku bafite imishinga y’iterambere.