Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO-HEZA Kamonyi, barasaba ko hakurikizwa inyungu z’imishinga mu kugena inyungu ku nguzanyo, kuko imishinga yose itunguka kimwe.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba akaba anashinzwe gukurikirana akarere ka Bugesera, madamu Mukaruriza Monique, aratangaza ko ibikorwa bimaze kugerwaho mu karere ka Bugesera ndetse na gahunda yo gukemura ibibazo by’abaturage bigaragaza amahame y’imiyoborere myiza ako karere kamaze gushimangira.
Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise avuga ko iyo umuturage ahawe serivisi mbi bimutwara umwanya aba agomba gukoresha mu mirimo imuteza imbere, kandi ngo igihombo umwe mu baturage agize gitera buri wese guhomba kuko uwo uhombye aba ari umuguzi w’abacuruzi, umuterankunga n’inshuti ya buri wese.
Kuva kuri uyu wa kabiri tariki 12/03/2013 ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birazamuka aho bacururiza amavuta y’ibinyabiziga nka peteroli, lisansi na mazutu bitewe ngo n’uko igiciro cya lisansi ku isoko mpuzamahanga cyazamutse ku buryo bugaragara guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.
Mu gihe ubusanzwe umuntu agira umubyeyi wamubyaye ku buryo bw’umubiri, kuri bamwe hakiyongeraho umubyeyi wa batisimu, mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke batangije gahunda bise ‘Kubyarana mu Bukungu.’
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arashima iterambere abagore bo mu karere ka Ngoma bamaze kwigezaho binyuze mu kwihangira imirimo no gutinyuka ibikorwa n’imishinga ibyara inyungu, akabasaba gukomeza umurava no gufata ingamba zo gukemura ibikibabangamiye mu rugengo rw’iterambere.
Buri muyobozi n’undi muntu wishoboye wo mu Karere ka Gakenke, yafashe umugore utishoboye agomba gufasha kugira ngo atere imbere, mu rwego rwo guteza imbere abagore batishoboye ngo na bo bagere ku rwego nk’urw’abandi.
Abikorera bo mu karere ka Ngoma basabye ko inyubako iri mu mujyi wa Ngoma rwagati izwi ku izina rya (ONATRACOM) na gereza ya Kibungo byakimurwa, bikubakwamo inyubako z’ubucuruzi.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza z’u Rwanda ngo ntibagishaka kwitwa intiti zitagira ibikorwa ndetse bamaze gutangiza gahunda bise Students on field izabageza hirya no hino mu gihugu bagahura n’Abanyarwanda, bagamije kubafasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Abaturage bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke barishimira ko babonye umuhanda mwiza uri gukorwa mu murenge wabo, bikazacyemura ikibazo cy’ingendo kandi ngo gukora uyu muhanda byatumye babona akazi kabaha amafaranga bazakoresha bakiteza imbere.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke babonye n’amaso yabo imashini zihinga ndetse banazibona zihinga ku butaka bw’iwabo mu gikorwa bamwe bise igitangaza ku wa kabiri tariki ya 05/03/2013 ubwo izo mashini zasesekaraga muri Nyamasheke.
Guverinoma y’u Rwanda imaze gusinyana Banki y’Isi amasezerano y’icyiciro cya kabiri cy’inguzanyo y’amadolari miliyoni 60 azakoreshwa mu gutanga amashanyarazi mu gihugu.
Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kugena ahantu hatandukanye hazajya hubakwa inganda akaba ari na ho zikorera mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Bugesera, Nyabihu, Rusizi na Huye. Ibi ngo biri mu rwego rwo guca akajagari kagaragara mu nganda, aho usanga nta gahunda ihamye yo kubungabunga umutungo cyane cyane mu birebana (…)
Abagenda mu mugi wa Butare baturutse i Kigali cyangwa no mu yindi migi yo hanze y’u Rwanda, binubira ko kubona serivisi za nijoro muri uyu mujyi bitaborohera. Abacuruzi b’i Huye na bo bavuga ko gukora nijoro batabyanze, ikibazo kikaba ari uko nta bakiriya babona muri ayo masaha.
Umukecuru witwa Karubera Berina wo mu mugudu wa Twabumbogo mu kagari ka Nsanga ho mu murenge wa Rugendabari yatangiye ibikorwa byo kwiteza imbere ahereye ku mafaranga ibihumbi 10 gusa none ubu ageze aho kwitwa umumiliyoneri.
Isabelle Uzamukunda w’imyaka 32, utuye mu karere ka Musanze ariko avuka mu karere ka Nyamasheke, yarangije kwiga atekereza guteza imbere aho avuka none ubu afite uruganda “AGASARO ORGANIC” ruri mu karere ka Nyamasheke, rubyaza umusaruro imbuto ku buryo rushobora gutanga umutobe wa litiro 500 mu munsi.
Umuryango ugamije ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari CEPGL ubitewemo inkunga n’Umuryango w’ibihugu by’Iburayi EU urateganya gukora imihanda ihuza imipaka y’ibihugu bihuriye muri uyu muryango kugira ngo bishobore korohereza imihahirane y’ababituye.
Abanyamuryango ba Koperative Umurenge SACCO “Urufunguzo rw’ubukire” yo mu murenge wa Kaduha mu karere ka Nyamagabe batashye ku mugaragaro inyubako ya kijyambere yo gukoreramo biyubakiye ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 20.
Minisitiri mushya ushinzwe Imari n’Igenamigambi mu Rwanda, Ambasaderi Claver Gatete aremeza ko mu mirimo mishya yashinzwe azihatira kunoza imikoreshereze myiza y’ingengo y’imari ya Leta kandi ngo azabigeraho neza kuko ari inshingano yumva kandi na minisiteri ayoboye ikaba ifite abakozi babishoboye.
Uzabakiriho Elias aremeza ko yatangiye aboha ibitebo ariko gahunda nziza za leta ziha urubuga n’imari abashaka kwiteza imbere zikamufasha kuba yarigejeje kuri byinshi birimo imodoka ebyiri kandi akemeza ko byose abikesha imiyoborere myiza yashyizwe imbere na Perezida Kagame.
Banki ya Kigali (BK) yatangije ku mugaragaro uburyo buzajya bufasha abakiriya bayo kohereza no kwakira amafaranga hirya no hino ku isi bwitwa MoneyGram buhendutse ugereranyije n’ubundi bubiri bwari busanzwe.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yakoranye umuganda n’abaturage mu kagali ka Musenyi mu murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi maze basana amazu ameze nabi y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Abamotari bibumbiye muri sendika STRAMORWA batangiye gahunda yo kuremera bagenzi babo hirya no hino mu turere batishoboye kugirango nabo bashobore kwizamura mu iterambere.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Ambasaderi Gatete Claver arasaba abayobozi b’amabanki n’ibigo by’imari korohereza abaturage bose, by’umwihariko abagore kubona amafaranga babashishikariza gusaba inguzanyo.
Mu karere ka Nyabihu, ubworozi bw’amafi ni kimwe mu bigeza ku iterambere rirambye ababukora kandi bugatuma bikura mu bwigunge; nk’uko byemezwa na Nzibokora Jean d’Amour,umwe mu banyamuryango ba Koperative Zamuka Fishing Cooperative ikorera mu murenge wa Jenda.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu bahagurukiye ikibazo cy’umuhanda mubi uri muri ako kagari bakora umuganda wo kuwusana mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Ihuriro rihuza abayobozi n’abavuka mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ariko batahakorera ryiyemeje guhuriza hamwe abanyamuryango bagashakisha icyateza imbere umurenge bavukamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), akarere ka Gisagara guhamagarira abashoramari, cyane abafatanya na Leta mu gukomeza kukazamura, ariko banashima ibyo kagezeho, bahamya ko hari aho kavuye n’aho kageze.
Mu ngendo umuyobozi wa banki nkuru y’igihugu agirira mu ntara y’uburengerazuba yagaragaje abafitiwe imyenda n’ibigo by’imari icirirtse byahombye mu mwaka wa 2006 bagiye kwishyurwa amafaranga basigaye batishyuwe.
Akarere ka Rubavu kongereye ingengo y’imari kagomba gukoresha umwaka wa 2012-2013 iva kuri miliyari 11, miliyoni 919 n’ibihumbi 493 igera kuri miliyari 13, miliyoni 736 n’inihumbi 33.