Ubuybozi bw’ikigo gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) mu karere ka Rubavu kirahamagarira abamenyekanisha umusoro ku nyungu kubikora mbere y’igihe aho gutegereza iminsi ya nyuma.
Ishami rya Polisi rishinzwe gukumira magendu (RPU) ritangaza ko rimaze gufata ibicuruzwa byinjizwa mu buryo butemewe mu gihugu bifite agaciro ka miliyari 4 mu gihe cy’imyaka itandatu ishize.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, atangaza ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bagaruze amafaranga miliyoni 42 n’ibihumbi 780 ba bihemu bambuye ibigo by’imari iciriritse (Microfinance) byafunze imiryango.
Uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Amajyaraguru atangaza ko abacuruzi bafite igicuruzo kitarenga miliyoni ebyiri basonewe kwishyura umusoro ku nyungu ariko bazakomeza kwishyura ipantante nk’uko bisanzwe.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko abacuruzi bo mu isoko rya Muhanga batarebwa n’itegeko rishya ry’umusoro, basabwa kwiyandukuza muri icyo kigo bitarenze tariki 31/03/2013.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, araburira abatubahiriza amabwiriza yo gusaba no gutanga ibyangombwa byo kubaka mu mujyi wa Kigali mu gihe cya vuba, ko bagiye kujya bafatirwa ibihano, nyuma y’impinduka zo kwihutisha ishoramari ry’imyubakire.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Akarere ka Muhanga kari ku mwanya wa nyuma mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu turere umunani tugize intara y’Amajyepfo; nk’uko byemezwa n’inama njyanama y’aka karere.
Inganda nto n’iziciriritse (SMEs) zo mu birwa bya Mauritius zaje kumurika no kugirisha ibicuruzwa byazo mu Rwanda, kugirango zitangire kwiga imiterere y’amasoko zizashoramo imari.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda utegemiye kuri Leta ushinzwe imitangire ya serivise nziza (RASE), Senga Bahati Emmanuel, yemeza ko gahunda yo gutanga serivise inoze iri ku rwego rushimishije mu karere ka Rulindo haba mu nzego za Leta no mu nzego z’abikorera ku giti cyabo.
Kuva mu kwezi k’ukuboza 2012 ingendo Rwandair yakoreraga mu karere ka Rubavu zarasubitswe ndetse n’abakozi bayo bahakoreraga bisubiriye Kigali.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro kugabanya umusoro ku nyungu wurijwe ukavanwa ku bihumbi 15 ukagera kuri 60 ariko babahakaniye.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko ikigereranyo cy’ubukungu ku Munyarwadna (GDP) cyageze ku madolari ya Amerika 644 ku mwaka, bitewe n’ishoramri ryakomeje kwiyongera, n’ubwo u Rwanda rwari mu bihe byo guhagarikirwa inkunga.
Umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse n’itsinda risuzuma imihigo muri iyi ntara, barishimira ko imihigo y’akarere ka Nyamagabe muri uyu mwaka yibanze ku mishinga izaha abantu benshi akazi, bikaba biri mu cyerekezo cyo kwigira.
Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yijeje Banki y’isi ko impano yayihaye ingana na miriyoni 50 z’amadolari y’Amerika yo kurwanya ubukene, izafasha kugera ku ntego yo kutagira umukene nyakujya mu Rwanda mu mwaka wa 2020.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Muhanga barinubira uburyo ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyurije umusoro ku nyungu ukava ku bihumbi 15 ugashyirwa ku bihumbi 60 kandi batanabimenyeshejwe ngo basobanurirwe impamvu yabyo.
Abanyeshuri 15 babonye amanota ya mbere mu bizamini byakoreshejwe n’ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (iCPAR) mu Ukuboza 2012 barashimiwe bahabwa mudasobwa zigendanwa na seritifika.
Abaturage baherutse kugerwaho na gahunda ya Leta yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro baratangaza ko aho baboneye umuriro bashiduka bugiye kubakeraho bakiri mu tubari kubera kutamenya ko bwije bitewe n’umuriro w’amashanyarazi babonye.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA) hamwe n’ubw’akarere ka Gasabo, bahosheje amakimbirane yari agiye gutuma abagize koperative COPCOM y’abacuruzi b’ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji mu mujyi wa Kigali, isenyukana n’ibikorwa byayo.
Ari abahinzi n’abafite imigabane mu ruganda rutunganya umuceri (Bugesera Rice Mill) barishimira amasezerano yo kujya bagemura umuceri ku ruganda ku gihe kandi umusaruro umeze neza.
Annanie Nshunguyinka wo mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero, arashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere n’abaturage kubera ibikorwa by’iterambere abagejejeho harimo kwesa umuhigo yari yarihaye wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’urutoki n’izindi mbuto zitandukanye.
Abaturage bo mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, barasabwa kugana SACCO biyujurije itwaye miliyoni 25.5 zaturutse mu banyamuryango ubwo, nyuma y’uko itashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 15/03/2013.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Ngororero barashishikarizwa kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga iciriritse aho guhora bategereje inkunga zituruka ahandi, kugira ngo bakemure ikibazo cy’amikoro macye bafite.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wateye u Rwanda inkunga ya miliyoni 40 z’amayero, azakoreshwa mu kubaka imihanda mu rwego rwo gufasha gukwirakwiza imyaka ku masoko kugira ngo harwanywe inzara mu gihugu.
Banki y’isi yataganje ko yageneye u Rwanda impano ya miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika, agenewe gufasha igihugu mu ngamba zo guhangana n’ingaruka ziterwa n’indwara, kubura imirimo cyane cyane mu cyaro, cyangwa izituruka ku biza n’imihindagurikire y’ibihe.
Mu karere ka Gatsibo harimo harategurwa igenamigambi ry’umwaka utaha, muri iri genamigambi ngo hakaba hari kwibandwa cyane ku bikorwa remezo no ku mafaranga azafasha mu bikorwa by’Akarere muri rusange.
Abagize sosiyete sivile mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bashimishijwe no kuba akarere kari ku rwego rushimishije mu gushyira mu bikorwa imihigo ku buryo inzego zose nizirushaho gufatanya nta kabuza iyi mihigo izeswa nk’uko yahizwe.
Abikorera babifashijwemo n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwihutisha iterambere RDB, baravuga ko imurikagurisha ry’ibicuruzwa by’u Rwanda rizabera i Burundi kuva tariki 22-25/03/2013, rigamije gutegura uburyo u Rwanda rwakongera ubwinshi bw’ibyoherezwa ku masoko yo mu karere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwamaze kumvikana n’abayobozi b’amakoperative y’abaturage yo kubitsa, kuzigama no kugurizanya bita Umurenge SACCO uko ayo makoperative ngo agiye gufasha aborozi kuva mu myotsi, bakajya batekesha kandi bagacana amatara akomoka ku ngufu za Biogas (biyogazi).