Romuald Wadagni watorewe kuba Perezida wa Bénin mu matora yabaye ku wa 12 Mata, yarahiriye kuyobora icyo gihugu kuri iki Cyumweru mu muhango wabereye mu ngoro y’Inama (Congress Palace) mu murwa mukuru w’ubukungu bw’icyo gihugu, Cotonou.
Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yakuye ku mirimo Minisitiri w’Intebe wari n’umujyanama we wa hafi, Ousmane Sonko, ndetse anasesa Guverinoma yose, nk’uko byatangajwe mu ijoro ryakeye binyuze mu iteka rya Perezida, bikaba bibaye nyuma y’igihe kitari gito cyaranzwe n’umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi.
Inzobere mu bibazo bya Congo akaba n’umusesenguzi, Me Gasominari Jean Baptiste, avuga ko Amerika yagaragaje ko iri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko bitavuze ko u Bufaransa n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU), bagomba na bo gufata urwo ruhande kuko inyungu z’Abanyaburayi n’iza Amerika atari (…)
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, asanga Afurika idakeneye abaza kuyiha amabwiriza ahubwo ikwiye gushyirwa imbere kuko ari kimwe mu bizafasha umugabane wose gutera imbere.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma mu musangiro wateguwe na Perezida wa William Ruto wa Kenya afatanyije na Madamu Rachel Ruto. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aritabira Inama ku Iterambere ry’ahazaza ha Afurika izwi nka ‘Africa Forward Summit, irimo kubera muri Kenya.
Minisitiri ushinzwe Abakozi ba Leta n’Umurimo, Hon. Christine Nkulikiyinka, yashyikirije Azali Assoumani, Perezida w’Ibirwa bya Comoros ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza kuba yarashyigikiye ko Félix Tshisekedi atsinda amatora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yo mu 2018.
U Rwanda na Botswana basinyanye amasezerano y’ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zishinzwe iterambere z’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe agirira muri icyo gihugu. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yemeje imishinga ibiri y’amategeko arebana n’amasezerano mpuzamahanga, irimo ay’ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ay’amahoro yagiranye n’u Rwanda, hatabayeho impaka zifatika mu Nteko.
Muri Repubulika ya Congo-Brazzaville, kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2026 habereye umuhango w’irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso, uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu muri manda nshya. Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’abayobozi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi, harimo na Perezida (…)
Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou NGuesso uherutse kongera gutorerwa kuyobora icyo Gihugu muri Manda ya Gatanu. Yamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano nshya yatorewe.
Romuald Wadagni, wari Minisitiri w’Imari wa Bénin, akaba n’umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, yatorewe kuyobora iki gihugu ku majwi arenga 94,05%, nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu matora by’agateganyo, byatangajwe mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 13 Mata 2026.
Umudepite wo mu Bufaransa, Aurélien Rousseau, akaba na Perezida w’itsinda rishinzwe guteza imbere umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine. Biteganyijwe ko urwo ruzinduko ruzarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mateka y’umubano w’ibihugu byombi, ku guteza imbere urwego rw’ubuzima, ndetse (…)
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yageze i Addis Ababa, muri Ethiopia, aho ahagarariye Perezida Paul Kagame mu Nama ya 39 isanzwe y’Inama Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika Yunze Ubumwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari i Addis-Abeba muri Ethiopia mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asobanura byinshi ku mutekano mu Karere ariko no ku Rwanda by’umwihariko.
Minisitiri w’Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), José Mpanda, yatangaje ko sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda ishobora kuba iri gukorera ku butaka bwa RDC itabifitiye uburenganzira.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba atajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’igihugu gikoresha cyane Igifaransa, ari uko batamutumira.
Kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’Akanama gashinzwe Afurika muri Komisiyo ishinzwe ububanye n’Amahanga muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Chris Smith, yatanze ijambo rifungura inama ya komisiyo ku nsanganyamatsiko igira iti “Guteza imbere amahoro muri RDC no mu Rwanda binyuze mu (…)
Hariana Verás Victória, Umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Angola,yihaye kuregera u Rwanda Perezida wa Amerika, Donald Trump, arushinja kutubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baramutamaza bagaragaza imikoranire ye (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ipfundo ry’ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ritazingiye ku gushyira umukono ku masezerano ahubwo ari ubushake buke bwa Politiki.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga, kuko ari umufatanyabikorwa wizewe kandi wubahwa.
Umuryango FPR-Inkotanyi na Leta ya Israel byiyemeje kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye. Byatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026, ubwo Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo yakiraga mu biro bye Ambasaderi wa Leta ya Israel mu Rwanda, Amb. Einat Weiss.
Perezida Paul Kagame yashimiye Mamadi Doumbouya, uherutse gutorerwa kuyobora Guinée nk’Umukuru w’Igihugu nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ibyavuye mu matora aho yagize amajwi 86,7%.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha biyishamikiyeho bigaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Imiryango (…)
Kuri uyu mugoroba, ba MInisitiri b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo basinye amasezerano arebana n’urugendo rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Frank Habineza, avuga ko ishyaka ayoboye rishyize imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo bibangamiye uburenganzira bwa muntu birimo gufunga umuntu igihe kirekire arengana nyamara yaba umwere ntihabwe indishyi z’akababaro, bikarangira abayeho mu buryo (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ashishikajwe no kubona umugabane wa Afurika ufite amahoro, ari na yo mpamvu icyo gihugu cyahisemo kuba umuhuza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda.
Igihugu cya Qatar cyatangaje ko cyishimiye ibyatangajwe n’u Rwanda na DRC ndetse na M23 ku guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa DRC. Qatar ivuga ko iyi ari intambwe ishimishije itewe mu gushakira amahoro arambye Akarere.