Romuald Wadagni watorewe kuba Perezida wa Bénin mu matora yabaye ku wa 12 Mata, yarahiriye kuyobora icyo gihugu kuri iki Cyumweru mu muhango wabereye mu ngoro y’Inama (Congress Palace) mu murwa mukuru w’ubukungu bw’icyo gihugu, Cotonou.
Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yakuye ku mirimo Minisitiri w’Intebe wari n’umujyanama we wa hafi, Ousmane Sonko, ndetse anasesa Guverinoma yose, nk’uko byatangajwe mu ijoro ryakeye binyuze mu iteka rya Perezida, bikaba bibaye nyuma y’igihe kitari gito cyaranzwe n’umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi.
Inzobere mu bibazo bya Congo akaba n’umusesenguzi, Me Gasominari Jean Baptiste, avuga ko Amerika yagaragaje ko iri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko bitavuze ko u Bufaransa n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU), bagomba na bo gufata urwo ruhande kuko inyungu z’Abanyaburayi n’iza Amerika atari (…)
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, asanga Afurika idakeneye abaza kuyiha amabwiriza ahubwo ikwiye gushyirwa imbere kuko ari kimwe mu bizafasha umugabane wose gutera imbere.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma mu musangiro wateguwe na Perezida wa William Ruto wa Kenya afatanyije na Madamu Rachel Ruto. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aritabira Inama ku Iterambere ry’ahazaza ha Afurika izwi nka ‘Africa Forward Summit, irimo kubera muri Kenya.
Nyakwigendera Hage Geingob wari Perezida wa Namibia, yari umwe mu Bakuru b’Ibihugu bazwiho kudaca ku ruhande ibirebana n’umubano wa Afurika n’ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi.
Pastor Ezra Mpyisi wo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, avuga ko ubwo Ababiligi bahaga ubwigenge Abanyarwanda mu 1962, ngo babuhaye abatari babukeneye.
Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzō Abe, yatangaje ko nta ruhare igihugu cye kizongera kugira mu gushoza intambara.
Iterambere isi igezeho muri iki kinyejana cya 21 riraturuka ku buvumbuzi bwagiye bubaho mu bihugu bimwe na bimwe, bukaba ari na bwo bwabigize ibihangange mu gihe cyabyo.
Theresa May, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, amaze kwegura nyuma yo kunanirwa gukura Ubwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu cyo bari barise “Brexit”.
Prof PL Otieno Lumumba, impuguke mu by’amategeko na Politiki w’Umunyakenya, yashimangiye ko abayobozi mu bihugu bimwe bya Afurika aribo ntandaro y’ibibazo Afurika ihoramo aho batita ku nyungu z’abaturage bakirirwa mu ihangana ridashira.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, aho yabahaye amakuru y’impamo ku buryo burambuye ku kibazo u Rwanda rwakuruwemo n’igihugu gituranyi gikomeje gushyigikirwa n’abagitezemo amaronko, bakirengagiza ukuri bazi neza.
Nyuma y’amezi ane atorewe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Félix Antoine Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umugore witwa Judith Suminwa Tuluka, wari usanzwe muri Guverinoma ya Sama Lukonde wamaze gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Perezida Paul Kagame ari mu Buyapani, aho yagiye kwifatanya n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika na za guverinoma na Leta y’u Buyapani, mu nama mpuzamahanga ya karindwi ibera i Tokyo, inama yiga ku iterambere rya Afurika (TICAD).
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi barishimira ibikorwa bagejejweho na FPR Inkotanyi bikabafasha kwiteza imbere mu buryo butandukanye.