Ambasade y’u Rwanda muri Maroc ku bufatanye n’umuryango w’Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu, yateguye ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 28 umunsi wo kwibohora.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama 2022, yitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zakoze ubukangurambaga n’ibikorwa by’ubuvuzi bigamije kurwanya malaria mu mujyi wa Juba, Konyo-Konyo-Koniya.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Kanama 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Houmed Msaidie, intumwa yihariye ya Perezida Azali Assouman w’Ibirwa bya Comores.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yashyize ibitaro icyenda ku rwego rwo kwigishirizamo abiga ubuvuzi mu Rwanda, mu kongera inzobere z’abaganga.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere (RDB), rwatangaje ko umuhango wo Kwita Izina uyu mwaka uzaba ku ya 2 Nzeri mu Kinigi, mu Karere ka Musanze, nyuma y’imyaka ibiri uyu muhango utaba imbonankubone kubera icyorezo cya Covid-19.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Colonel Andrew Nyamvumba amuha ipeti rya Brigadier General.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kanama 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye itsinda ry’intumwa za rubanda ziturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’inzego zNibanze zirimo ubuyobozi bw’umujyi wa Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bafashije abaturage 437 bakomoka muri uwo mujyi gusubira mu byabo.
Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (UNIRMCT) rwatangaje ko ku ya 18 Kanama 2022 ari bwo Félicien Kabuga ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi azitaba urukiko mu nama ntegurarubanza.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yazamuye igipimo cy’inyungu fatizo, itangiraho amafaranga yayo kuri banki z’ubucuruzi, iva kuri 5,0% igera kuri 6%, mu rwego rwo guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku isoko no gukomeza gushyigikira izahuka ry’ubukungu.
Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane, cyahuriwemo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rushyigikiye amasezerano ku by’umutekano mu karere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 15.6% mu kwezi kwa Nyakanga 2022 ugereranyije na Nyakanga 2021. Ibiciro muri Kamena 2022 byari byiyongereyeho 13.7%.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro za ba Amabasaderi bashya babiri barimo WANG Xuekun wa Repubulika y’u Bushinwa.
Abanyarwanda batuye muri Sudani bifatanyije mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi w’Umuganura, basobanurirwa inkomoko yawo ndetse bagaragarizwa ko umusaruro w’Igihugu utakireberwa mu buhinzi n’ubworozi gusa.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye kwakira Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, uzarusura mu cyumweru gitaha.
Kuva muri Mata uyu mwaka hatangira ibikorwa bihuriweho, byo kurwanya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, hamaze gutabarwa abaturage barenga 600 bari barafashwe nk’imbohe, bakuwe mu ishyamba rya Catupa, mu majyaruguru y’akarere ka Macomia.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022, yakiriye itsinda ry’abantu 26 bagize umuryango w’abayobozi bakiri bato (Young Presidents’ Organisation, bari mu rugendo mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Chileshe Kapwepwe, Umunyamabanga mukuru w’Isoko rusange ry’Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, umaze iminsi muri Zimbabwe mu ruzinduko rw’akazi, yasuye igicumbi cy’Intwari z’icyo gihugu ndetse yunamira izihashyinguwe.
Abanyarwanda batuye muri Ghana, ku ya 29 Nyakanga 2022, bizihije umunsi wo kwibohora wabaye ku nshuroo ya 28, bagaragaza iterambere u Rwanda rumaze kugeraho mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent, yakiriwe na Emmerson Mnangagwa, Perezida wa Zimbabwe, mu ruzinduko arimo rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tari 29 Nyakanga 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Ambasaderi Nicola Bellomo wari uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU) mu Rwanda, wari uje kumusezeraho nyuma yo gusoza imirimo ye y’imyaka ine.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 28 Nyakanga 2022, yitabiriye inama ya Kabiri idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, y’Ihuriro ry’Urwego rushinzwe kugenzura imiterere y’Imiyoborere muri Afurika.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama ya 21 isanzwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, bahuriye mu muryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo hagati (ECCAS).
Ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura, yashyikirije Perezida Emmanuel Macron, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bufaransa.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yakiriye muri Village Urugwiro Hailemariam Dessalegn, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Umuryango nyafurika uharanira guteza imbere ubuhinzi (AGRA).
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwamaze kumutangaho umukandida muri manda ya kabiri, yo kuyobora uwo muryango.
Ku Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera bwatangaje ko inkura z’umweru kuri ubu zamaze gufungurirwa ibice byose by’iyo Pariki, nyuma y’igihe zikurikiranwa mu byanya byihariye.
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, cyibanda ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kikagaruka ku nsanganyamatsiko zitandukanye.