Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare 25 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare igihano cyo kwicwa nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo ubujura no kuba barahunze urugamba mu gihe ingabo za Leta zari zihanganye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Umukecuru w’imyaka 90 wo mu Bushinwa yamaze imyaka 20 akoresha grenade mu mwanya w’inyundo ayihondesha ibintu bikomeye birimo n’ibyuma , kuko atari azi ko ari yo, agira amahirwe ntiyamuturikana muri icyo gihe cyose.
Mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi n’abakandida Depite bo mu Karere ka Bugesera, Intore zo mu Muryango wa FPR zaturutse mu Mirenge itandukanye y’ako Karere zahize ko zigomba kumutora mu rwego rwo kumukomeraho, mu rwego rwo kwigumira mu munyenga w’iterambere, ubumwe n’amajyambere.
Imva zishyinguyemo abantu zifatwa nk’ahantu ho kubunamira, kubibuka no gukomeza kuzirikana ibihe bagiranye n’ababo. Ariko se gushyira indabo ku mva cyangwa se hejuru y’isanduku irimo umurambo mu gihe cyo gushyingura byavuye he cyangwa bisobanura iki?
Mu Bwongereza, umugabo yareze sosiyete ya Apple asaba indishyi ya Miliyoni eshanu z’Amapawundi (Arenga miliyari 10Frw), ayishinja kuba yaratumye umugore we amenya ubuzima bwe bw’ibanga, bitewe n’uko iyo sosiyete yahuje telefoni ye ya iPhone na mudasobwa ya iMac y’umuryango (Imashini ikoreshwa n’abo murugo).
Mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi, chairman Paul Kagame mu Karere ka Kirehe, Musabwasoni Sandra, Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba umunyamuryango wa FPR mu Karere ka Ngoma, yavuze ko bashima iterambere uturere twa Ngoma na Kirehe tugezeho, ariko bagashima babanje no kwibuka aho bavuye.
Abanyarwanda 2.6% gusa, ni bo bari bafite ubwishingizi bwo kwivuza mu myaka ya za 1990. Amavuriro yari macye ndetse n’icyizere cy’ubuzima ku Munyarwanda cyari hasi bikabije. Imibare yo mu myaka 60 ishize (1962-1994 na 1995-2024), yerekana impinduka zidasanzwe zabaye ku gihugu cy’u Rwanda, cyane cyane mu bijyanye n’imibereho (…)
Mu bikorwa byo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse n’Abadepite mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera, umwe mu rubyiruko rwo muri aka Karere, Murwanashyaka Jean D’Amour yagarutse ku byiza yagejejweho na FPR binyuze mu kumwemerera kwiga, akagera ubwo yihangira umurimo.
Umugore w’Umufaransa yareze mu rukiko sosiyete y’itumanaho ya Orange, ayishinja kuba yaramubujije ituze ndetse ikamukorera ivangura mu kazi, ikamuhemba umushahara wose mu myaka 20 yose kandi nta nshingano na zimwe zo mu rwego rw’akazi imuha ngo azikore.
Mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse n’Abadepite mu Murenge wa Mwogo mu Karere ka Bugesera, Umubyeyi Mukarubuga Jeanne d’Arc yatanze ubuhamya bw’uko FPR yatumye yitekerezaho, akanatinyuka akiteza imbere nyuma y’uko yari amaze gupfakara akiri muto kandi asigaranye abana 4 bose bakiri batoya.
Itsinda ry’abakozi n’abanyeshuri bagera kuri 26 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Senegal, (Senegal’s National Defence Institute), bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Felix Blaise, Umunyeshuri wari umuyobozi w’abanyeshuri wungirije mu ishuri ry’igisirikare kirwanira mu kirere rya ‘Air Force Comprehensive School’, mu gace ka Kaduna muri Nigeria, yishwe n’abamukuriye kubera ko ngo barimo bamuhana bitwaje ko bamuruta ‘Seniority ground’.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi baturutse mu Mirenge yose igize Akarere ka Bugesera uko ari 15 bahuriye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Chairman Paul Kagame ndetse n’Abadepite bazaba bahagarariye Umuryango mu Nteko Ishinga Amategeko.
Muri Kenya Perezida William Ruto yavuze ko yiteguye kugirana ibiganiro n’urubyiruko ruri mu myigaragambyo yo kwamagana itegeko rishya riteganya ibyo kongera imisoro kuko bavuga ko ryatuma ubuzima burushaho guhenda mu gihe n’ubu bavuga ko buhenze.
Mu bikorwa byo kwiyamamaza k’Umukandida wa RPF-Inkotanyi, byabereye mu Karere ka Rubavu n’abo mu twa Nyabihu na Rutsiro bihana imbibi Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Abdallah, yavuze ko ubwo baheruka kuza kwamamaza umukandida w’umuryango RPF mu 2017, Intore z’Akarere ka Rubavu zatanze impano (…)
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF yemeje ko igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu cya 2025 (CAN2025)kizakinirwa muri Maroc kizatangira tariki 21 Ukuboza 2025 gisozwe tariki 18 Mutarama 2026.
Muri Kenya, abantu basaga 200 ni bo bamaze gukomereka abandi 100 batabwa muri yombi mu myigaragambyo yo kwamagana umushinga wa Guverinoma wo kuzamura imisoro ikiyongeraho Miliyoni 2.7 z’Amadolari, nk’uko bitangazwa n’ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.
Umukandida w’Umuryango wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze ko nk’Abanyarwanda, urebye mu mateka banyuzemo n’aho bageze, ntawashidikanya kuvuga ko hari impinduka zakozwe zigaragaza, kandi ko ntawe ukwiye guterwa ubwoba n’abasebya u Rwanda ndetse n’abagambirira kurugirira nabi.
Muri Tanzania, uwayoboraga Intara ya Samiyu yatawe muri yombi na Polisi akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu umunyeshuri. Uwatawe muri yombi ni uwitwa Dr Yahya Nawanda w’imyaka 46 y’amavuko, akaba akurikiranyweho kuba yarafashe ku ngufu umunyeshuri wiga muri Kaminuza yo mu Mujyi wa Mwanza.
Muri Tchad, inkongi yibasiye ububiko bw’intwaro bw’Ingabo z’igihugu, iteza iturika rikomeye ryatangiye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rigeza ku wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024. Byateje urupfu rw’abantu icyenda, abandi 46 barakomereka mu Mujyi wa N’Djamena, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Mu Buhinde impanuka ikomeye ya gariyamoshi ebyiri zagonganye yahitanye abantu 8 abandi bagera kuri 50 barakomereka.
Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, Perezida Kagame yavuze ku ngingo zitandukanye, harimo n’icyo atekereza ku banenga ubuyobozi bwe bavuga ko butagendera kuri Demokarasi.
Mu Karere ka Busegera hasojwe imurikabikorwa ry’iminsi itatu ryateguwe n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera (JADF), intego nyamukuru ikaba ari ukugaragaza uruhare rwa JADF mu Iterambere ry’Akarere ka Bugesera.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, umugabo utuye muri Leta ya Colorado, ubu arafatwa nk’umunyamahirwe udasanzwe, kuba akiri muzima nyuma yo kurokoka isasu abikesha umukufi w’ifeza (Silver Necklace) yari yambaye mu ijosi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuwa Gatatu tariki 12 Kamena mu 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, yakoze impinduka ashyira abayobozi mu myanya itandukunye muri Guverinoma, harimo na Yusuf Murangwa wahawe kuyobora Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Abantu 80 bapfuye baguye mu mpanuka y’ubwato mu bwarohamye mu mugezi wa Kwa, mu bilometero 70 uvuye mu Mujyi wa Mushie, mu Ntara ya Maï-Ndombe, hafi y’umupaka w’igihugu cya Congo-Brazzaville gihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ku wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere ndetse n’imiryango itari iya Leta, baganira ku nshingano z’iyo Minisiteri na bimwe mu bikorwa iteganya byihutirwa.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe abimukira, (International Organisation for Migration) watangaje ko abimukira 39 bapfuye abandi 150 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye muri Yemen.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zishe ibyihebe 70 mu byari byagabye igitero ku birindiro byazo ndetse no mu midugudu ibarizwa mu gice zigenzura.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yatumijwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) António Guterres igamije kwiga ku kibazo cya Gaza.