Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, bashimiye abantu batandukanye bagira uruhare mu kwesa imihigo y’ubumwe n’ubwiyunge muri ako Karere.
Guhera mu 2008, Inteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda, yasabye Leta ko hashyirwaho politike yo kwita ku bageze mu zabukuru, ariko ntibyahita bikunda kuko nta masezerano n’amwe yo muri urwo rwego u Rwanda rwari rwarasinye.
Ikibazo cy’abana b’inzererezi si gishya, kuko kimaze igihe cyumvikana hirya no hino mu gihugu, hagafatwa ingamba zitandukanye zo kukirwanya, ariko ntikirangira bitewe n’impamvu zitanudakanye.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’abagore bafite ubumuga bakina imikino y’intoki, ariko bakina bicaye, (Bugesera Women sitting volleyball na seat ball), yatwaye ibikombe bitandukanye yikurikiranya mu myaka ishize, ku buryo yari yizeye gutwara n’igikombe cy’umwaka w’imikino wa 2019-2020, ariko Covid-19 yayikomye mu nkokora.
Hashize amezi arenga ane icyorezo cya Coronavirus kigeze mu Rwanda. Icyo cyorezo cyahungabanije ibintu byinshi ku buzima bw’abatuye isi ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko.
Gahunda ya ‘Sanga Umurenge’ ikorwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, ni igitegekerezo cyabayeho hagamijwe kwegera abaturage ku buryo buruseho, kumenya ahantu ndetse no kureba ibibazo abayobozi ku nzego z’ibanze bahura na byo.
Mu Murenge wa Mwogo Akarere ka Bugesera, ku itariki 7 Nyakanga 2020, habayeho ibura ry’abana babiri b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka hagati y’ine n’itanu.
Minisitiri w’intebe bw’u Bwongereza Boris Johnson yatangaje ko igihe kigeze ko abantu babaho ubuzima nk’uko bisanzwe. Yavuze ko ashaka kongera kubona basohoka hanze, kandi bafite icyizero kurushaho.
Mbere yo kuvuga uko umuntu ugona yakwivura mu buryo bw’umwimerere, ni ngombwa ko abantu babanza kumenya icyo kugona bivuze, n’impamvu zibitera.
Imyaka 26 irashize u Rwanda rwibohoye, kuri ubu rukaba rukataje mu kwibohora ubukene, hongerwa n’ibikorwa remezo. Akarere ka Rwamagana na ko ntikasigaye inyuma muri urwo ruhando rw’iterambere. Bimwe mu bikorwa remezo bya vuba ako Karere kishimira byagezweho, ni imihanda ya Kaburimbo yubatswe mu Mujyi wa Rwamagana ndetse (…)
Mu rwego rwo gukomeza kuzirikana ubutwari, ikinyabupfura n’ubunyamwuga byaranze ingabo zari iza RPA, mu rugamba rwo kubohora igihugu rwabaye hagati y’itariki ya 1 Ukwakira 1990 n’itariki 4 Nyakanga 1994, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ku bufatanye n’ibindi bigo nk’Ingoro ndangamurage z’u Rwanda, bagiye gutunganya (…)
Abakozi b’Ikigo nderabuzima cya Nyamata bagabiye uwamugariye ku rugamba mu rwego rwo kumwereka ko bazirikana ubutwari bwe na bagenzi be bafatanyije kubohora u Rwanda.
Akarere ka Bugesera karizihiza isabukuru yo kwibohora kishimira ibikorwa remezo byubakiwe abaturage mu Murenge wa Ruhuha.
Hashize amezi agera kuri atatu u Rwanda ruhagaritse zimwe mu ngendo z’indege zitwara abantu zinjira mu gihugu cyangwa izijya mu mahanga, ndetse na zimwe mu ngendo zambukiranya imipaka zirahagarara mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Umwuga wo kudoda ufatwa nk’umwuga udahabwa agaciro cyane, nyamara abawukora bawukunze urabatunga ndetse ukanabafasha kwiteza imbere kimwe n’indi myuga.
Amabwiriza mashya y’ikigo cy’ubuhanga mu buvuzi n’ay’ikigo cy’ubuzima byombi byo mu Bwongereza, asaba abaganga ko bajya bandikira abarwaye inkorora imiti igabanya ububabare gake gashoboka.
Imiryango cumi n’itandatu(16) y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe yahawe inzu zo guturamo yubakiwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), izo nzu zikaba zarubatswe mu mafaranga aturuka mu bukerarugendo.
Ubushakashatsi butandukanye bwagaragaje ko gukebwa cyangwa gusiramurwa (circumcision), byagabanyiriza uwabikorewe ibyago byo gufatwa n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ku rugero rwa 60%. Minisiteri y’ubuzima ikangurira abantu kwitabira gahunda yo gukebwa kuko ari uburyo bwo kwirinda indwara zimwe na zimwe.
Muri iki gihe u Rwanda ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, rwashyizeho amabwiriza ajyanye no gukumira ikwirakwira ry’icyo cyorezo. Muri ayo mabwiriza harimo iribuza abantu guhurira hamwe ari benshi, kuko nk’uko bivugwa n’impuguke mu by’ubuzima, cyandura mu buryo bworoshye mu gihe abantu begeranye harimo uwamaze kucyandura.
Nyabirasi ni Umurenge umwe w’Akarere ka Rutsiro utagiraga umuriro w’amashanyarazi, ibyo bigatuma ibikorwa byabo byinshi bikenera umuriro bifashisha umuriro uturuka ku mirasire y’izuba, ariko ubu guhera ku itariki 22 Kamena 2020, batangiye gucana umuriro w’amashanyarazi.
Kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije isi n’u Rwanda rurimo, hari hashyizweho amabwiriza yo guhagarika ibikorwa bitandukanye harimo n’ibyo gushyingiranwa mu nsengero, byahagaritswe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, mu Mudugudu wa Kagomasi, Akagari ka Kagomasi mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, abantu bagera kuri 40 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu rugo rw’uwitwa Tuyizere Didace ndetse n’urwa Ndikumana Didier.
Buri muntu agira impumuro ye yihariye, hakaba abantu bahumura neza mu buryo karemano bitanabasabye kwisiga ibintu byinshi, hakaba n’abandi bahorana impumuro mbi, n’iyo bakwitera imibavu ihumura neza ntibishire.
U Rwanda kimwe n’isi muri rusange, rumaze amezi hafi atatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus cyagaragaye mu Bushinwa mu mpera z’Ukwezi k’Ukuboza 2019, nyuma kigenda gikwira mu bindi bihugu.
Mu Bwongereza baritegura kongera gufungura utubari n’ahakirirwa abantu (Pubs) ku itariki 22 Kamena 2020. Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yavuze ko yifuza kubungabunga imirimo ijyanye n’iyo serivisi igera kuri miliyoni eshatu n’ibihumbi magana atanu (3.500.000).
Umugore witwa Lina Sapia n’umugabo we Fabio bo mu Bwongereza bamaze imyaka itatu bifuza kubyara ntibyakunda, nyuma muganga ababwira ko bitakunda gutyo gusa, ahubwo bisaba ko bafashwa n’abaganga.
Niyobuhungiro Pantaleon, ni umusore ufite imyaka 22 y’amavuko, akaba akomoka mu mudugudu wa Kabahaya, Akagari ka Kimaranzara, Umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, avuga ko adatekereza ko u Bwongereza bwaba ari igihugu kivangura abantu gishingiye ku ruhu, gusa avuga ko hari ibigikeneye gukorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubusumbane.
Abaganga bavuga ko muri rusange umwana ufite imyaka itanu aba afite ibiro biri hagati ya 16-20, n’uburebure bwa santimetero 105-110. Iyo arengeje ibyo biro, bivugwa ko afite umubyibuho ukabije.
Guhera mu mpera z’umwaka wa 2019, isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus cyadutse gihereye mu Bushinwa nyuma kikaza kugera mu bihugu hafi ya byose.