Ku itariki 16 Ugushyingo 2021, ibisasu bibiri byaturikiye mu Murwa mukuru wa Uganda, Kampala, bihitana abantu batatu ariko imibare ishobora kwiyongera, kuko abandi bagera kuri 33 bakomeretse harimo n’abo bikabije, imodoka nyinshi na zo zikaba zarangiritse.
Ku cyumweru tariki 14 Ugushyingo 2021, Banki y’abaturage (BPR), yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabushobozi ku nshuro ya 27, muri Kaminuza y’Abadiventisiti yo muri Afurika yo hagati.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, ibisasu bibiri byaturikiye mu Mujyi wa Kampala, Umurwa Mukuru wa Uganda, bihitana abantu babiri, binangiza imodoka nyinshi nk’uko tubikesha Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ndetse n’ibindi bitangazamakuru byo muri Uganda.
Ku wa Gatandatu tariki 13 Ugushyingo 2021, nibwo hamenyekanye amakuru y’inka 13 zapfuye mu buryo bw’amayobera, bikaba byarabereye mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe.
Nk’uko bitangazwa n’abayobozi bo ku Kirwa cya Beaver, Michigan, uwo mwana w’umukobwa ni we wenyine warokotse muri iyo mpanuka y’indege yabereye ku Kiyaga cya Michigan ku wa Gatandatu tariki 14 Ugushyingo 2021.
Muri Tanzania ahitwa Kigoma mu Mudugudu wa Lufubu mu Karere ka Uvinja, umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko, biravugwa ko yishwe na se witwa Kulwa Juakali ufite imyaka 40 y’amavuko, ngo akaba yamwishe nyuma y’uko yanze gushakwa n’umugabo washakaga gutanga inkwano y’inka 13.
Ku wa Gatanu, tariki 12 Ugushyingo 2021, Umunyarwandakazi Mukantabana Crescence, yashyikirijwe igihembo yagenewe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO), kubera ibikorwa bye bijyanye no kurwanya itabi.
Ubushakashatsi bwamaze kugaragaza kwereka abana bato amashusho yo ku bikoresho by’ikoranabuhanga nka televiziyo, telefone, mudasobwa n’ibindi ngo bigira uruhare rukomeye mu gutuma bagira umubyibuho ukabije, ndetse no gutuma basinzira nabi. Ariko kandi ngo uko kubereka amashusho kuri ibyo bikoresho, byagira uruhare mu (…)
Mu cyumweru cya mbere cyahariwe ibigo by’imari iciriritse muri Afurika kirimo kubera i Kigali mu Rwanda, ibigo by’imari iciriritse (MFIs), byahamagariwe gufata ibibazo by’ubukungu bihari, bikabihinduramo amahirwe.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) rivuga ko ugereranyije, hari abakora mu nzego z’ubuzima babarirwa hagati ya 80.000-180.000 bishwe n’icyorezo cya Covid-19 hirya no hino ku isi. Ibyo ngo bikaba bishobora gukurikirwa n’ibibazo birimo kumva abakora muri izo nzego banze umwuga wabo, kurambirwa no kunanirwa, (…)
Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe imiti n’ibiribwa ‘FDA’, kigomba kongera kwiga ku byavuye mu igerageza ryo kwa muganga ry’urukingo rwa ‘Pfizer’ ku itariki 26 Ukwakira 2021, mbere yo kugira icyo batangaza ku bijyanye no gukingira Covid-19 abana bafite imyaka 5 kugeza kuri 11.
Umuziki wa Butera Knowless ntukunzwe mu gihugu cy’u Rwanda gusa, ahubwo warenze n’imbibi zarwo, kuko uwo muhanzi w’Umunyarwandakazi aherutse guhabwa igihembo cy’umuhanzi w’ukwezi w’umugore wahize abandi, igihembo gitegurwa na ‘Zikomo Africa Awards’ kigategurirwa muri Zambia.
Raporo y’Umuryango ushinzwe iby’iteganyagihe kui si (World Meteorological Organization ‘WMO’) ivuga ko abantu bagera kuri Miliyari 1.3 bagerwaho n’ingaruka zikomeye, zirimo n’ubukene bukabije kubera uko Umugabane wa Afurika ukomeza kugira igipimo cy’ubushyuhe kizamuka cyane kandi ku buryo bwihuse cyane ugereranyije n’uko (…)
Umubare w’abakobwa n’abagore bajya mu mwuga wo kuvanga imizi (deejays) wagiye uzamuka uko imyaka ihita indi igataha, kandi bagiye bagaragaza ubushobozi mu gukora uwo mwuga, ku buryo bamwe bagiye bagaragara mu bitaramo bitandukanye kandi bikomeye hirya no hino mu gihugu.
Ubwo Paul Rusesabagina yafatwaga akazanwa mu Rwanda muri Kanama umwaka ushize wa 2020, hakurikiyeho kugezwa imbere y’urukiko kugira ngo aburanishwe ku byaha bifitanye isano n’iterabwoba.
Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukwakira 2021, nibwo ibinyamakuru mpuzamahanga bitandukanye, byatangaje urupfu rwa Colin Powell wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), akaba yitabye Imana afite imyaka 84.
Inzobere z’abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, bavuze ko indwara ya Hernia ishobora kugira ingaruka ku baturage bo mu Rwanda, bityo bakavuga ko ikwiye gukorwaho ubushakashatsi bwimbitse.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021, Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyamuryango wa Unity Club Intwararumuri, abarinzi b’igihango n’urubyiruko mu ihuriro ngarukamwaka rya 14, rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo-ngenga cy’ukubaho kwacu’.
Umuhanzi The Ben, yafashe urugendo mu ibanga ruva muri Amerika yerekeza mu birwa bya Maldives, bakunda kwita ‘Ibirwa by’urukundo’ ajya guhura n’umukunzi we Pamella.
Mu 2012, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuvanaho ibigo by’imfubyi, u Rwanda rukaba rwari rubaye igihugu cya mbere muri Afurika gikoze ibyo, gusa hari ibyuho byagaragaye mu mategeko agenga icyo gikorwa.
Kuri uyu wa Kane Tariki 14 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije ikoranabuhanga yitabiriye inama y’ihuriro ry’Afurika ku bucuruzi mpuzamahanga, izwi nka ‘Global Business Forum Africa’ irimo kubera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, akaba yavuze ko hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe (…)
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Kamuhire Alex, nk’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, akaba asimbuye Biraro Obadiah, wari umaze imyaka icumi kuri uwo mwanya, kuko yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta uhereye muri Kamena 2011.
Abantu batanu bishwe abandi bagakomereka, ku wa gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, bikozwe n’umugabo wari witwaje umuheto n’imyambi ari byo yifashishije akabarasa. Ibyo byabereye mu Mujyi wa Kongsberg muri Norvege, nk’uko byatangajwe na Polisi ikorera muri uwo Mujyi, ikaba yanongeyeho ko ukekwaho kuba ari we wabikoze yamaze (…)
Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bagize Rusesabagina icyamamare, ari na bo baba barimo gukora ibishoboka ngo afungurwe, batitaye ku byaha yakoze byamugejeje mu rukiko, ndetse no ku bantu bagizweho ingaruka zikomeye n’ibikorwa bye kandi na bo bakwiye kubona ubutabera.
Umushinga w’itegeko ryemerera abagororwa kujya biga bakageza ku rwego rwa Kaminuza, uramutse wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, mu gihe kizaza batangira kujya biga amasomo yo kuri urwo rwego mu gihe bari muri za gereza.
Nk’uko bigaragazwa na raporo ya ‘Rolling Stone’, indirimbo za R. Kelly z’amajwi n’iz’amashusho, zihererekanywa binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga, zavuye kuri miliyoni 11.2 zigera kuri miliyoni 13.4 mu cyumweru kimwe gusa.
Raporo ya Sena y’u Rwanda yagaragaje ko hari byinshi amashyaka ya Politiki mu Rwanda amaze kugeraho, mu bijyanye na Demokarasi, imiyoborere myiza, gukemura amakimbirane n’ibindi, kuko usanga biba biri mu mabwiriza shingiro yayo, ariko ngo hari ibigikeneye gukorwaho mu bijyanye n’igenzura ry’imicungire y’umutungo (audit).
Umubyeyi witwa Unice Kulwa ufite imyaka 25 wari utuye ahitwa Geita muri Tanzania, n’abana be babiri bapfuye nyuma yo kubura umwuka wo guhumeka, bitewe no kwinjiza imbabura yaka itetseho ibishyimbo, mu nzu bari baryamyemo.