Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ibihugu bya Afurika bidakwiye kugira uwo biharira inshingano zo gukemura ibibazo by’umutekano wabyo, cyane ko ngo nta mbogamizi n’imwe Abanyafurika badafitiye ubushobozi bwo gukemura.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, yayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi wabaye ku nshuro ya 11, ku barangije muri Kaminuza y’u Rwanda wabereye ku ishami rya Huye, aho abazihawe ari 9,526 barangije mu mashami arindwi, abasaba gukora cyane baharanira guhanga udushya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, akaba yaritabye Imana ku itariki 15 Ukwakira 2025.
Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akaba n’umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, yitabye Imana azize uburwayi afite imyaka 80.
Muri Madagascar, abasirikare barangajwe imbere na Col. Michael Randrianirina batangaje ko bakuye ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina, nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko itoye umwanzuro wo kumweguza imushinja guta akazi.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru n’abayobozi b’Ikigo cy’Afurika gishinzwe Imiti (African Medicines Agency/AMA), bigamije gusuzuma aho ibikorwa by’iki kigo bigeze, no kureba gahunda yo kwihutisha ukocyatangira gukorera i Kigali.
Amakimbirane yo mu miryango agaragazwa nk’inzitizi ikomeye ku iterambere ry’umwana w’umukobwa, bikaba byamuviramo nko guta ishuri, guhohoterwa mu buryo butandukanye, kwishora mu ngeso mbi, bikaba byatuma ejo hazaza he hadindira.
Patrick Herminie utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Seychelles yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ahigika uwari usanzwe ukiyobora bari bahanganye, Wavel Ramkalawan.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagaruye Sébastien Lecornu amugira Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, nyuma y’iminsi itanu gusa yeguye kuri uwo mwanya nanone atari amazeho n’ukwezi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Umuyobozi Mukuru w’umuryango Mastercard Foundation, Reeta Roy ndetse na Sewit Ahderom ugiye gusimbura Roy mu mwaka utaha, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.
Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel (Prix Nobel) cy’uyu mwaka wa 2025, cyegukanywe n’impirimbanyi muri politiki, itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Maria Corina Machado w’imyaka 58, akaba yagihawe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sébastien Lecornu, yeguye ku mwanya we atawumazeho n’ukwezi kumwe.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe guteza imbere Ikoranabuganga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber, buratangaza ko mu mezi 9 ashize, abantu bagera ku 1990 biganjemo urubyiruko, babonye akazi gashingiye ku ikoranabuhanga, rugashishikariza n’abandi kuryitabira hagamijwe kugabanya ubushomeri.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko Abahinzi n’aborozi bashinganishije ibyabo bashumbushijwe asaga Miliyari 7Frw(7,193) kuva gahunda yo kwishingira ibihingwa n’amatungo yatangira mu 2019, bityo bikaba byarakumiriye igihombo bahuraga na cyo mbere.
Abakobwa b’Ikipe y’Igihugu ya Espagne bitabiriye Shampiyona y’Isi ry’Amagare 2025 i Kigali, ibyishimo byabarenze bararira, nyuma y’intsinzi ya mugenzi wabo Paula Ostiz, wabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 19, ku ntera y’ibilometero 74, yegukana umudali wa zahabu.
U Rwanda rwatangaje ko rufite gahunda yo gushinga ishuri ku rwego rw’akarere ruherereyemo ryigisha kubungabunga ibidukikije, rikazubakwa ku buso bwa hegitari umunani hafi ya Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi Bubungabunga Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture/RICA), ko bahamagariwe kuba abahindura ibintu bakemura ibibazo, ndetse bagatanga amahirwe ahindura ubuzima bw’abaturage.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, yerekana ko ubuhinzi bwagize uruhare rwa 8% mu musaruro mbumbe w’u Rwanda mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025, umuhanzi Muligande Jacques uzwi cyane nka Mighty Popo, yamuritse filime yise Killer Music, ikaba yakinwe bwa mbere, igikorwa cyitabiriwe n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego za Leta.
Banki ya Kigali (BK) yatangije ubufatanye mu kurengera ibidukikije na ARCOS, umuryango ukorera mu karere k’Ibiyaga bigari, wibanda ku kwita ku butaka bwangiritse, kurengera ibidukikije muri rusange harimo gutera amashyamba, guteza imbere imiryango n’ibindi.
Kuzuza amakuru y’irangamimerere muri rusange ni ingirakamaro ku baturage no ku gihugu, kuko ayo makuru ari yo aherwaho hakorwa igenamigambi, ari na ryo rigenderwaho mu guteza imbere abaturage hakurikijwe ibyo bakeneye, bikaba ari ngombwa rero ko imibare y’abagenerwabikorwa iba izwi.
Abanyarwanda n’abaturarwanda barakangurirwa kugita ibisenge by’inzu zabo bitanga amashanyarazi, ni ukuvuga ko babishyiraho ibyuma bifata imirasire y’izuba ubundi akaba ari yo mashanyarazi bakoresha mu ngo zabo, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisubira.
Banki ya Kigali (BK) yishimiye kwifatanya n’u Rwanda ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, mu birori byo Kwita Izina ku nshuro ya 20, byabereye mu nkengero za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, aho abana 40 b’ingagi bitiwe amazina, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arasaba buri wese kugira ibibazo by’umuryango ibye, bityo ubwo bufatanye butume Igihugu kigira imiryango myiza.
Abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga iherereye mu Karere ka Musanze, bavuga ko bashimishwa n’ibikorwa by’iterambere bayikesha, bikaba byarabahaye imbaraga zo kuyibungabunga bayirinda abayangizaga biganjemo ba rushimusi, ubu ingagi n’izindi nyamaswa zikaba zitagihigwa ahubwo zikarindwa.
Ku wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, u Rwanda rwatangije ku mugaragaro isuzuma ry’imyuka iva mu binyabiziga, Minisiteri y’Ubutabera ikaba yaranasohoye amabwiriza mashya agena ibyerekeye imyuka ihumanya ikirere, akanasobanura amande n’ibihano bihabwa abatubahiriza ayo mabwiriza.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Kanama 2025, mu Karere ka Musanze kuri stade Ubworoherane, habereye umukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wahuje Ingabo z’u Rwanda (RDF), Diviziyo ya kabiri, n’Ingabo za Uganda (UPDF) na zo za Divizyo ya kabiri, umukino wabanjirijwe n’akarasisi.
Abaturage bose barakangurirwa kwitabira kwemeza amakuru y’irangamimerere ryabo bityo ahari amakosa akosorwe, ndetse abagejeje igihe cyo gufata indangamuntu n’abakirengeje buzuze ibisabwa bazihabwe, bityo bizaborohere kubona indangamuntu Koranabuhanga (e-Ndangamuntu) zizatangira gutangwa muri Kamena umwaka utaha.
Abahamya ba Yehova basaga ibihumbi 43 baturutse imihanda yose y’Isi, bari bamaze iminsi itatu mu ikoraniro mpuzamahanga ry’amasengesho ryabahurije mu Rwanda, aho barisoje kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, bakaba batangaje ko bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda.
Minisitiri w’Ingabo, Dr Edward Omane Boamah na Minisitiri w’Ibidukikije, Siyansi n’Ikoranabuhanga, Ibrahim Murtala Muhammed ba Ghana, bahitanywe n’impanuka y’indege ya gisikare ya kajugujugu, yanaguyemo n’abandi bantu batandatu barimo n’abakozi bayo, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma y’icyo gihugu.