Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw’akarere ka Kamonyi, yabaye tariki 12/5/2013, Minisitiri Ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba, Mukaruriza Monique, yijeje abacitse ku icumu ko Leta izakomeza kubafata mu mugongo.
Umuvunyi mukuru, Aloyisie Cyanzayire ,yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, ari ingaruka z’akarengane gakabije ubutegetsi bw’icyo gihe bwagiriye abaturage, akaba ari yo mpamvu Urwego rw’Umuvunyi ngo rwifatanyije n’izindi nzego kwibuka, kugira ngo rushimangire intego yarwo yo guca akarengane.
Ubuyobozi n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB) barenga 200, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10/05/2013 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruherereye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka. igikorwa cyari kigamije kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guharanira ko (…)
Abayobozi n’abakozi b’inama y’igihugu y’abafite ubumuga basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi, banaremera utishoboye wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 utishoboye ubana n’ubumuga amaranye imyaka 19 bwo kutabyuka aho aryamye.
Ubwo basozaga icyumweru cyaharikwe kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kuri uyu wa kane tariki 08/05/2013, abanyeshuri basaga 620 biga mu ishuri ryisumbuye ESA Ruhengeri bibukijwe ko icyo basabwa ari uguharanira kwigira bubaka ejo hazaza heza.
Ku nshuro ya gatanu hibutswe imiryango 86 yo mu Karere ka Gatsibo yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Minisitiri w’umuco na Siporo, Protais Mitali, wari muri uwo muhango watangiye ku mugoroba wa tariki 04/05/2013 yibukije ko kwibuka imiryango yazimye burundu binyomoza abagipfobya Jenoside bakigaragara hirya no (…)
Abanyarwanda bagomba kumva kimwe igikorwa cyo kwibuka kuko kwibuka ari umuti haba ku wiciwe ndetse no ku wishe bityo bigatuma Abanyarwanda babasha kubakira hamwe igihugu cyabo.
Umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu, Rucagu Boniface, arakangurira urubyiruko n’abana bato kubaho bafite icyizere cyo kuzabaho nibura imyaka ijana inarenga nta wubahungabanije, ariko ngo bagomba kubigiramo uruhare.
Mu buhamya umubyeyi witwa Nyirabahire Venantie yatanze kuri uyu wa 4/5/2013, abwira abari bateraniye mu Rwunge rw’amashuri rwa Gatagara ruherereye mu mujyi wa Butare, yanavuze ko mu gihe cya Jenoside ibikoko byabaye byiza kurusha abantu.
Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biga mu Ishuri rikuru Umutara Polytechnique n’ishuri ry’ubuforomo akorera mu karere ka Nyagatare, bibumbiye mu muryango AERG, hamwe na bagenzi babo batari uri uwo muryango na bamwe mu barezi babo, kuwa 04/05/2013 basuye inzibutso za Jenoside za Ntarama na Nyamata mu karere ka (…)
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu kagali ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bishimira ibikorwa bamaze kugezwaho n’uyu mu ryango ku buryo basanga bakwiye kunganira igihugu cyabo mu kwicyemurira ibibazo bafasha abatishoboye babari hafi.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abagore bari bamaze kwicirwa abagabo, bategetswe kunyura umuhanda wa Nyarubaka berekeza i Kabgayi, mu nzira bakorewe ibibi byinshi, birimo kwicirwa abana b’abahungu 150, bamwe muri bo bakabategeka kubihambira.
Imibiri 520 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye mu buryo budahwitse hafi y’ingo yashyinguwe mu rwibutso rwa Mubirizi ruri mu karere ka Rusizi tariki 30/04/2013. Urwibutso rwa Mibirizi rumaze gushyingurwamo imibiri y’inzirakarengane 7520.
Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Kinazi tariki 28 Mata, hagaragajwe ko Abatutsi baguye muri uyu Murenge mu gihe cya Jenoside barenga ibihumbi 40 na 400.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera buratangaza bugiye gusana urwibutso rwa Ntarama n’urwa Nyamata zose ziri muri ako karere kugirango imibiri ihashyinguye idakomeza kwangirika.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) basuye urwibutso rwa Jenocide rwa Rukumberi ruri mu karere ka Ngoma banatanga inkunga y’amafaranga ibihumbi 300 yo kurusana.
Abatanze ubutumwa mu muhango wo kwibuka Abatutsi baguye mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, bahamya ko abantu bakuze babibye amacakubiri mu bana, bakaba bakwiye kubasaba imbabazi.
Mu mihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabereye mu ishuri rya Scuola Europa riri i Milan mu Butaliyani, abarimu b’Abataliyani basabye Abanyarwanda ko bagena uburyo bunoze bwo gusobanurira abanyamahanga ukuri nyako kuri Jenoside kuko hari benshi babeshywe ku byabaye mu Rwanda.
Abanyeshuri, abayobozi n’inshuti z’ishuri rikuru INES Ruhengeri, kuri uyu wa Gatanu tariki 26/04/2013 bibutse abazize jenoside yakorewe abatutsi, ari nako abanyeshuri basabwa guharanira kwigira, kandi baca ukubiri n’abantu bagifite uguhembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, aratangaza ko Abatutsi bazize Jenoseide yo mu 1994 bagifite agaciro mu Banyarwanda, n’ubwo ababishe babikoze bashaka babatesha agaciro.
Ishuri rikuru ry’i Gitwe ISPG ryibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 19, igikorwa cyateguwe n’abanyeshuri barokotse Jenoside bari mu muryango AERG-ISPG bafatanyije n’ubuyobozi bw’ishuri, kuri Gatanu tariki 25/04/2013.
Abakozi b’ibitaro bya Kinihira biherereye mu karere ka Rulindo basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi mu karere ka Nyamagabe muri gahunda yo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi ndetse no guha agaciro abatutsi bayizize, ngo bafate n’ingamba zo kuyikumira.
Ubwo yifatanyaga n’abandi kunamira inzirakarengane zazize Jenoside mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, Minisitiri ushinzwe ingufu n’amazi, Isumbingabo Emma Franҫoise, yanahamagariye abagize uruhare muri Jenoside guhinduka bagaharanira kwifatanya n’Abanyarwanda bose kubaka igihugu kizima.
Abantu benshi barimo abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, inzego z’umutekano zirimo ingabo na Polisi baranenga inyubako z’urwibutso rw’icyitegererezo rw’akarere ka Rusizi rurimo kubakwa i Nyarushishi ngo ruzimurirwemo imibiri y’abazize Jenoside itarashyingurwa neza.
Ahari urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi mu umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe rufatwa nka rumwe mu zigaragaza neza umugambi wo kurimbura Abatutsi, ubusanzwe hari hari kubakwa ishuri ry’imyuga ariko Jenoside iba kuryubaka bitararangira.
Mu karere ka Rwamagana bibutse ku nshuro ya mbere abantu bose batwawe n’amazi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo bamwe bicwaga bakajugunywa mu mazi, abandi bakayajugunywamo ari bazima ndetse ngo hari n’abagize ibyago bakayagwamo bagerageza guhunga abicanyi.
Icyahoze ari ingoro ya MRND mu karere ka Ngororero mu gihe cya Jenoside hakorewe ubwicanyi hifashishijwe ibikoresho bifite ubukana kuburyo harokotse abantu bakeya cyane.
Ku mugoroba wa tariki 21/04/2013, inzego z’ubuyobozi, abaturage, abarokokeye ku rwibutso rwa Murambi ndetse n’abafite ababo bahaguye bahuriye kuri uru rwibutso ngo bibuke urupfu abahaguwe bishwe mu ijoro rishyira tariki 21/04/1994.
Abanyarwanda barenga 100 batuye mu mujyi wa Manchester, mu gihugu cy’Ubwongereza, ndetse n’abandi baturutse mu duce dukikije uyu mujyi, tariki 20/04/2013, bahuriye hamwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri kaminuza zitandukanye zo mu gihugu cya Misiri, tariki 20/04/2013, bahuriye mu mujyi wa Alexandie mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.