Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse urubanza ruregwamo abagabo batatu, bakekwaho gukubita uwitwa Twagirayezu Samuel bikamuviramo gupfa.
Urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bwa Muntu (African Court on Human and Peoples’ Rights) rwongeye gusaba Tanzania gukura igihano cyo kwicwa mu mategeko yayo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika yerekeye uburenganzira ku buzima (rights to life).
Umuryango uharanura inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Bubiligi (Ibuka Belgique), wagaragaje ko kuba Urukiko rwahamije ibyaha Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko byerekana ko ruciye umuco wo kudahana.
Nyuma y’umwiherero Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi rumazemo iminsi igera kuri ibiri, Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko yahamijwe ibyaha yaregwaga.
Me André Karongozi, umwe mu bunganira abaregera indishyi mu rubanza rwa Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko, yagaragaje ishusho y’uru rubanza rusa nk’urugana ku musozo, avuga ko harimo ibirutandukanya n’izindi zagiye zirubanziriza.
Abunganira Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko bemeje ko yagiye ku igaraje rya AMGAR, nkuko abatanze ubuhamya benshi babigarutseho ariko ko yari ahari aje guhisha umuryango we, bidasobanuye ko yishe Abatutsi nk’uko abishinjwa.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Nsabimana Jean uzwi nka Dubai ibyaha yari akurikiranyweho byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimpano rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi 500 Frw.
Mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Barikana Eugène icyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko rumuhanisha gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.
Kuwa kabiri tariki 28 Gicurasi, mu rukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ibikorwa bya Nkunduwimye Emmanuel byagarutsweho mu buhamya bwavugiwe muri uru rukiko, bwasabye inyangamugayo kuzashishoza mu gufata umwanzuro kuri uru rubanza.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, rwasubitse isomwa ry’Urubanza ruregwamo umunyemari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko dosiye iregwamo Jean Baptiste Habineza, uyobora Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yashyinguwe by’agateganyo. Gitifu Habineza yashinjwaga ibyaha birimo guhisha amakuru ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kunyereza imibiri y’abazize Jenoside.
Inteko y’Umuco mu Rwanda yatangaje ko hari ibyo igiye guhindura birimo izina ry’ingoro ndangamurage yitiriwe Umudage Richard Kandt ndetse ikanakuraho ikibumbano cy’ishusho ye mu rwego kurushaho guhindura bimwe mu byaranze amateka y’ubukoroni bw’u Budage mu Rwanda n’ibisigisi byayo.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2024 bwasabiye Barikana Eugène wahoze ari umudepite mu Nteko Ishingamategeko, gufungwa imyaka ibiri nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo.
Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024 rwafunze abantu 10 bakoraga mu nzego z’ifitanye isano n’ubutabera bakekwaho ibyaha birimo ruswa no kwaka indonke.
Urukiko rwa Rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi rwahagaritse imwe mu nyangamugayo zifashishwaga mu rubanza rwa Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside n’ibyaha by’intambara, gusa ngo ntacyo byangiza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, barasaba ko mu imanza ziburanisha abakekwaho ibyaha bya Jenoside mu mahanga, bajya babazwa aho imibiri y’ababo bishe bayijugunye kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Urwego Rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga zirimo ICTR (IRMCT), rwemeje ko Sikubwabo Charles na Ryandikayo bapfuye, bakaba bari ku rutonde rw’abashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Wellars Gasamagera, ni umwe mu batanze ubuhamya mu rubanza rurimo kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi. Ni urubanza ruregwamo Nkunduwimye Emmanuel uzwi ku izina rya ‘Bomboko’ akaba arimo kuburanishwa ku byaha akekwaho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umukobwa ukunda umuhanzi Hary Styles, yakatiwe gufungwa amezi 3.5 nyuma yo kwemerera Urukiko ko yoherereje Harry amabaruwa 8,000 mu kwezi kumwe, kuko yumvaga ahangayitse muri we (distress).
Urukiko Rukuru rwa Kigali ruri i Nyamirambo, rwongeye gusubika urubanza Uwajamahoro Nadine aregamo ibitaro bya La Croix du Sud, uburangare bwatumye umwana we avukana ubumuga, bikaba byarabaye ku wa Gatanu tariki 26 Mata 2024.
Ni umugore uvuga ko mu gihe cya Jenoside yahungiye kuri AMGAR, akiyumvira Bomboka ari we Nkunduwimye Emmanuel, avuga ko abishe umugore witwaga Florence ari abahanga mu kwica kuko bamuteye ibyuma mu mutima.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Béatrice Munyenyezi, ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, gufungwa burundu.
Kuri uyu wa kane tariki ya 11 Mata 2024, Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije CG Rtd Emmanuel Gasana, icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, ahanishwa igifungio cy’imyaka 3 n’amezi 6, ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 36Frw.
Ku wa Kabiri tariki 9 Mata 2024, wari umunsi wa kabiri w’urubanza, Nkunduwimye akaba yatangiye guhatwa ibibazo n’abacamanza, ku byaha bya Jenoside ashinjwa. Ni urubanza rurimo kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 8 Werurwe 2024, nibwo Nkunduwimye Emmanuel yatangiye kuburana mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi.
Mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni byiza ko Abanyarwanda birinda ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ibifitanye isano na yo, kuko bihanwa n’amategeko.
Nk’uko byatangajwe n’urukiko rwa Rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, Nkunduwimye Emmanuel yatangiye kuburanishwa ku byaha akekwaho bya Jenoside kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mata 2024.
Abanyeshuri 119 bamaze amezi arindwi mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, riherereye mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha, basabwa kunoza umwuga birinda ruswa no kubogama, basabwa kandi guhora bihugura.
Umunyarwanda Eric Nshimiye ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wari umaze igihe kinini yihisha Ubutabera, yatawe muri yombi na Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe kinini muri icyo gihugu.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya Ohio, umugore yaciriwe urubanza, ahabwa igihano cyo gufungwa burundu, nyuma yo gusiga umwana we w’umukobwa w’amezi 16 mu nzu wenyine, maze agapfa, mu gihe we yari yigiriye mu biruhuko by’iminsi 10 i Porto Rico.