Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 18 Ukubiza 2023, amakipe y’Igihugu mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, yerekeje muri Kenya mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino Olempike ya 2024 izabera mu Bufaransa.
Kuva tariki ya 16 na 17 Ukuboza, i Kigali hazabera irushanwa rya volleyball yo kumucanga (Beach Volleyball) ryateguwe n’abahoze bakina volleyball mu Rwanda aho bazarihuriramo n’abagikina uyu mukino.
Mu mpera z’icyumweru gishize, i Kigali habereye inama y’inteko rusange idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda aho bemeje amatariki y’itangira rya shampiyona y’umwaka wa 2024 ndetse hongerwa n’umubare w’abakinnyi bemewe bakomoka hanze y’u Rwanda.
Mu gihe habura ukwezi kumwe gusa ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball mu Rwanda itangire, ikipe ya REG Volleyball Club yamaze kubona umutoza mushya.
Mu mpera z’iki Cyumweru kuwa Gatandatu no ku Cyumweru, i Gisagara hakiniwe imikino y’agace ka kabiri ka shampiyona ya Sitting Volleyball mu bagabo Musanze, Gisagara na Gasabo zitsinda imikino yazo yose.
Ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu Rwanda Energy group (REG VC) yongeye gukora mu jisho amakipe bahanganye muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda isinyisha abakinnyi 2 bakomeye mu karere.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu na APR VC, Gisubizo Merci yahagaritswe mu bikorwa bya volleyball byose umwaka wose nyuma y’imyitwarire mibi yagize mu irushanwa rya Zove V riherutse ku bera mu Rwanda.
Abakunzi b’umukino wa Volleyball mu Rwanda bongeye kubona uburyohe bwa Volleyball ku rwego rwo hejuru mu irushanwa ry’Akarere ka gatanu ryabereye i Kigali kuva tariki ya 13 kugeza tariki 19 Ugushyingo 2023.
Ikipe ya Police VC yo mu Rwanda na Pipeline yo muri Kenya ni zo zegukanye irushanwa ry’akarere ka Gatanu ryari rimaze icyumweri ribera muri BK Arena mu Rwanda
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa karindwi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cyaberaga mu Misiri.
Ikipe y’igihugu ya Misiri mu bagabo yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball kiri kubera iwayo byongerera u Rwanda amahirwe yo kuzitabira imikino Paralempike izabera mu Bufaransa mu 2024.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa cyenda mu bagabo mu mikino y’Igikombe cy’Isi irimo kubera mu Misiri nyuma yo gutsinda u Bwongereza amaseti 3-0.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, amakipe y’u Rwanda abagabo n’abagore arimo gukina Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball mu Misiri, yasoje imikino yayo y’amatsinda abagore bagera muri 1/4 naho abagabo bakazahatani umwanya wa cyenda.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK Arena, hatangiye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball rihuza amakipe yo mu karere k’iburasirazuba, aho amwe mu makipe yo mu Rwanda yitwaye neza.
Ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinze iya Misiri mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball, amaseti 3-0.
Ku Cyumweru tariki 12 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK ARENA, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo gushimira abasora mu mukino wa Volleyball (Taxpayers Appreciation Volleyball Tournament).
Kuri iki Cyumweru amakipe y’u Rwanda ya Sitting volleyball mu bagabo n’abagore yaserutse mu mikino y’umunsi wa mbere mu matsinda yayo y’Igikombe cy’Isi 2023 kiri kubera mu Misiri, aho mu mikino itatu yakinnye abagore ari bo babonye intsinzi.
Nyuma yo gusoza shampiyona y’umwaka wa 2023, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, ku bufatanye n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Zmahoro (RRA), bateguye irushanwa ryo gushimira abasora.
Mu gihe bakomeje kwitegura igikombe cy’Isi cya Sitting Volley 2023 mu Misiri, umutoza w’amakipe y’u Rwanda n’abakinnyi bavuga ko biteguye kuyitwaramo neza cyane, bakurikije imyiteguro bagiriye i Port Said.
Ikipe ya REG VC yamaze kongeramo imbaraga mu bakinnyi, nyuma y’aho yari yatakaje abakinnyi yagenderagaho harimo aberekeje muri Kepler University
Nyuma yuko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino wa Volleyball ishyizweho akadomo, amakipe acyeneye kwiyubaka yo yamaze guhaha, mu gihe REG VC yo yamaze gutakaza abakinnyi 6 bari inkingi za mwamba.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo ni bwo hasojwe shampiyona ya Volleyball mu cyiciro cya mbere, aho amakipe ya Rwanda Revenue Authority (RRA VC) mu cyiciro cy’abagore na GISAGARA VC mu bagabo ari yo yegukanye shampiyona.
Ku wa Gatantatu tariki 4 Ugushyingo 2023, ikipe z’u Rwanda muri Sitting Volleyball abagabo n’abagore ziri mu Misiri, zakoze imyitozo ya mbere irimo n’imikino ya gicuti zatsinzwe.
Amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball, abagabo n’abagore, ku wa 2 Ugushyingo 2023 mbere y’uko ahaguruka yerekeza mu mikino y’Igikombe cy’Isi izabera mu Misiri, yashyikirijwe ibendera asabwa guhesha ishema Igihugu.
Ku wa Gatatu tariki 01 Ugushyingo 2023, amakipe y’Igihugu y’abagabo n’abagore yakoreye imyitozo ya nyuma muri BK Arena yitegura Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball(volleyball ikinwa n’abafite ubumuga bw’ingingo zitandukanye) kikazabera mu Misiri.
Umukinnyi w’Umunyarwandakazi wabigize umwuga mu mukino wa Volleyball mu Rwanda, Munezero Valentine, wari umaze iminsi micye yerekeje muri Tuniziya mu ikipe ya SFAX VOLLEYBALL CLUB yamaze kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko ikipe ye itubahirije ibyo yari yarasinyiye.
Ku wa Gatandatu tariki ya 14 Ukwakira 2023, mu Gihugu cya Tanzania mu Ntara ya Kilimanjaro ho mu mujyi wa Moshi, hashojwe irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Julius Kambarage Nyerere, aho ibikombe byose byatashye mu Rwanda.
Uyu ni umunsi wa 4 w’irushanwa Nyerere Cup 2023 rikomeje kubera mu ntara ya Kilimanjaro mu gihugu cya Tanzania, mu rwego rwo kuzirikana uwahoze ari Perezida wa mbere w’iki gihugu, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere, witabye Imana tariki 14 Ukwakira 1999.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Ukwakira 2023, nibwo amakipe ya APR, Police na RRA Volleyball Club, yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzania mu irushanwa ngarukamwaka, ryo kwibuka uwahoze ari Perezida w’iki gihugu ndetse wanaharaniye ubwigenge bwacyo, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere, witabye Imana tariki (…)
Umukinnyi w’ikipe ya APR VC y’abagore akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino wa volleyball, Munezero Valentine yamaze gufata rutemikirere aho yerekeje mu gihugu cya Tunisia mu ikipe nshya.