Samuel Eto’o yerekeje muri Chelsea

Umunya-Cameroun Samuel Eto ‘Fils’, wakiniraga ikipe ya Anzhi Makhachkala mu Burusiya, kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 yasinye amasezerano y’umwaka umwe yo gukinira ikipe ya Chelsea, akazahabwa miliyoni 7 z’ama pounds muri icyo gihe.

Akimara gusinya amasezerano, Eto’o w’imyaka 32 yabwiye Dailymail dukesha iyi nkuru ko gufata icyemezo cyo kujya muri Chelsea bitigeze bimugora, kuko yabanje kureba imikinire yayo ndetse n’umutoza wayo, asanga kuyikinira bizaba byiza.

Eto'o asinya amasezerano yo gukinira Chelsea umwaka umwe.
Eto’o asinya amasezerano yo gukinira Chelsea umwaka umwe.

“Ntabwo byangoye na gato, kuko Chelsea ni ikipe ikomeye kandi nishimiye kongera gukorana n’umutoza Jose Mourinho. Kuba rero amahirwe nk’ayo yaje, ntabwo nari kuyitesha”.

Samuel Eto’o watwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Afurika inshuro enye, ni ku nshuro ya kabiri agiye gukorana na Jose Mourunho nyuma ya 2010 ubwo batwaraga igikombe cya Champions League bari mu ikipe ya Inter de Milan mu Butaliyani.

Eto agiye muri Chelsea avuye muri Anzhi mu Burusiya.
Eto agiye muri Chelsea avuye muri Anzhi mu Burusiya.

Nyuma gato nibwo Eto’o, wamenyekaniye cyane muri FC Barcelone, yerekeje muri Burusiya mu ikipe ya Anzhi Makhachkala, aho yahembwaga ibihumbi 350 by’ama pounds buri cyumweru, akaba ari we mukinnyi wahembwaga amafaranga menshi ku isi mu mupira w’amaguru.

Kuza muri Chelsea, bivuze ko Et’o amafaranga azajya ahembwa, agabanutseho miliyoni 10 ku mwaka, ariko avuga ko ari ntacyo bimutwaye, kuko yashakaga kongera gukina mu ikipe ikomeye.

Samuel Eto'o yifotoranya umwambaro wa Chelsea.
Samuel Eto’o yifotoranya umwambaro wa Chelsea.

Samuel Et’o asanze muri Chelsea umukinnyi mushya w’umunya Brazil witwa William, bakinanye mu ikipe ya Anzhi Makhachkala.

Chelsea kandi yamaze kugura umunya Brazil William ukina hagati.
Chelsea kandi yamaze kugura umunya Brazil William ukina hagati.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka