Umutoza wa Bugesera Ally Bizimungu aratangaza ko ikipe ye ihagaze neza ku buryo azubahiriza amasezerano yagiranye n’ubuyobozi bw’ikipe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo hamenyekanye amakuru ko Mutuyimana Evariste wari umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports yitabye Imana
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo rutahizamu ukomoka muri Mali Ismaila Diarra, yari ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe aje gukinira Rayon Sports
Rayon Sports na APR zatangiye neza zitsinda imikino ibanza y’irushanwa ry’ Agaciro Championship.
Umunyezamu mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports Ndoli Jean Claude aratangaza ko n’ubwo yumva agifite ingufu zo gukina mu izamu ariko ko habura igihe gito ngo asezere ruhago.
Ikipe ya Kiyovu ngo yiteguye kuregera ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ku kuba Fitina Ombolenga yarasinyiye APR akibafitiye amasezerano.
Nyuma y’aho FIFA isabye Ferwafa gusubika amatora y’umuyobozi wa FERWAFA ndetse nayo ikabyemera, ubu biravugwa ko no gutanga kandidatire bigiye gusubirwamo bundi bushya
Ikipe ya Villa Sport Club yo muri Uganda yari imaze iminsi 3 mu Rwanda mu mikino ya gicuti isoje urugendo rwayo itsinda APR ibitego 2-1.
Abakinnyi bagera muri 20 ba Kirehe FC bamaze kwerekeza mu miryango yabo, baravuga ko bambuwe n’ubuyobozi bw’ikipe, ubuyobozi bwo bukemeza ko nta kibazo bufitanye n’abakinnyi ahubwo ko bagiye kugura ibikoresho.
Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde watozaga Bugesera yamaze guhagarikwa n’iyo kipe mbere y’amasaha make ngo isubukure imyitozo
Bamwe mu bakinnyi baguzwe n’ikipe ya Kiyovu uyu mwaka barayishinja kubakerereza kubona amafaranga yabo bari bumvikanye ubwo bagurwaga.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutakaza umukino wa gicuti, aho yatsinzwe na Villa yo muri Uganda mu mukino wabereye i Nyamirambo
Kuri uyu wa 2 Nzeli 2017 ikipe ya Mukura Victory Sport yasinyishije abandi bakinnyi babiri ihita inatangaza ko ifunze imiryango yo kugura undi mukinnyi.
Ntakagero Omar umutoza mushya wa Kirehe FC, arizeza abayobozi n’abatuye i Kirehe kugera ku ntego yasinyiye yo kugeza Kirehe mu makipe umunani ya mbere muri Shampiyona 2017/2018.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze ibitego 3-1 itsinda ry’abakinnyi bakomoka muri Nijeriya baje mu Rwanda gushaka amakipe yabarambagiza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasabye Ferwafa ko icuma amatora y’umuyobozi wa Ferwafa .
Yannick Mukunzi umukinnyi wari usanzwe ukina hagati mu ikipe ya APR FC yamaze kwerekeza muri mukeba Rayon Sport aho yayisinyiye amasezerano yo kuyikinira imyaka ibiri.
Umutoza utoza ikipe ya APR fc Jimmy Mulisa aratangaza ko ashishikazwa no kumenya ibigendanye n’ikipe atoza ataba ashaka kumenya ibibera mu yandi makipe.
Abafana b’ikipe ya Etoile de l’Est ifite icyicaro mu karere ka Ngoma baranengwa kuyifana ku izina gusa ntacyo bayifasha bigatuma ubushobozi buke buyigumiza mu kiciro cya Kabiri.
Ikipe ya Mukura yamaze kwemerera Ally Niyonzima wari umaze iminsi muri Rayon Sports kwerekeza muri AS Kigali
Ikipe ya Police FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Abapolisi EAPCO (East African Police Chiefs Cooperation Organization) bo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba, yasoje iryo rushanwa iri ku mwanya wa kabiri.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda izatangira ku itariki 29/09/2017, isozwe tariki 01/07/2018 ubwo hazaba habura iminsi itatu ngo hakinwe umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye Shampiona na APR zegukanye igikombe cy’Amahoro zizahurira i Rubavu mu gikombe kiruta ibindi mbere y;uko Shampiona itangira
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri, umukinnyi wakiniraga ikipe ya Vital’o n’ikipe y’igihugu y’u Burundi.
Ikipe ya Polisi yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ya gipolisi ihuza amakipe ya gipolisi muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba iri kubera i Kampala muri Uganda.
Amagaju yabihije ibyishimo bya Rayon Sports ku munsi wo kwerekana igikombe cya Shampiyona i Huye, aho yayitsinze ibitego 2-1 .
Ikipe ya Polisi yerekeje muri Uganda kwitabira imikino ihuza amakipe y’abapolisi yo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba izabera i Kampala guhera tariki ya 24 kugeza tariki ya 30 Kanama 2017.
Kuri uyu wa 22 Kanama 2017 nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2017-2018.
Nyuma yo gusabwa ibisobanuro bitarenze amasaha 48 ku mikoreshereze y’umutungo, Umuyobozi wa FERWAFA yamenyesheje abamuhaye ayo masaha ko nta burenganzira babifitiye
Ubuyobozi bw’Akagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi muri Huye bwatangije irushanwa ngarukamwaka ry’umupira w’amaguru rigamije gushishikariza abaturage gahunda za leta zitandukanye.