Ku munsi wa Kane wa Shampiyona ikipe ya Kiyovu Sports ibashije gutsinda APR 1-0, ibintu byaherukaga mu 2005.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kane yakoreye imyitozo ku kibuga cya Ferwafa nyuma yo kwimwa Stade Mumena
Umusifuzi Hakizimana Ambroise wasifuye umukino APR Fc yatsinzemo AS Kigali 2-1 yahanishijwe imikino ine adasifura.
Ikipe ya Rayon Sports iracyashakisha ikibuga cyo gukoreraho imyitozo nyuma yo kwirukanwa ku kibuga cya Skol yitorezagaho, ni nyuma y’aho yifuje gusubira ku kibuga cyo ku Mumena yakoreragaho mbere ariko ba nyiracyo bakayangira.Ubu noneho igiye ku kibuga cya Ferwafa.
Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ikipe y’Isonga FC yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagomba gutangira umwiherero bitegura irushanwa mpuzamahanga yatumiwemo muri Cote D’ivoire.
Guhera ku itariki ya 24 Ukwakira 2017 ikipe ya Rayon Sports ntiyemerewe gukorera imyitozo ku kibuga cyubatswe n’umuterankunga wayo Skol.
Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ikipe ya Police Fc niyo ibashije gutsinda Amagaju yari ataratsindwa aho yayitsinze ibitego bine kuri kimwe.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Abari bagize Komite y’ikipe ya Kirehe bose bamaze gukurwaho n’ubuyobozi bw’akarere nyuma y’aho ikipe itari gutanga umusaruro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA (Rwanda Revenue Authority) kirasaba FERWAFA ko amakipe ataratanga imisoro yayitanga bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2017.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA buratangaza ko amakipe y’abari n’abategarugori nayo agiye kujya akinira igikombe cy’amahoro.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri ya SHampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yanganyirije i Rubavu na Marines
Seninga Innocent utoza ikipe ya Police Fc yiteguye kwitwara neza imbere y’ikipe ya Mukura bazakina kuri uyu wa Gatanu i Huye
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga buratangaza ko n’ubwo bwamaze gufata icyemezo cyo gusezera mu marushanwa ategurwa na FERWAFA bishoboka ko igihe nikigera ikipe izagaruka guhatana.
Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports aratangaza ko atigeze yongera amasezerano n’iyo kipe, ko ahubwo bamugurije amafaranga yiteguye kwishyura vuba.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara abakinnyi bemerewe gukina Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru uyu mwaka.
Kuri iki cyumweru ni bwo hasojwe Shampiona y’icyiciro cya mbere mu bagore, aho AS Kigali yatsinze ku mukino usoza ES Mutunda ibitego 4-0.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga gishya umuterankunga wayo Skol yabubakiye.
Ikipe yitwa Flamengo FC y’i Burundi irasaba ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) guhagarika umukinnyi wa Mukura witwa Gael bityo ntazakine Shampiyona y’u Rwanda n’andi marushanwa.
Ikipe ya APR Fc na Kiyovu Sports zamaze kumvikana ku mukinnyi Twizerimana Martin Fabrice wari waragiye muri APR Fc mu buryo Kiyovu ivuga ko butari bwemewe.
Muramira Gregoire Perezida wa "Isonga Fc" aratangaza ko kuba barafatiwe ibihano byo kutazamuka mu cyiciro cya mbere bitazabaca intege ahubwo bazakina icyiciro cya kabiri n’umurava.
Rutahizamu wa Rayon Sports Ismaila Diarra, yatangaje ko yifuza gutsindira Rayon Sports ibitego biri hagati ya 20 na 30 uyu mwaka, ni mu kiganiro kihariye yagiranye na KT Radio
Irushanwa ryitwa "Ndi Umunyarwanda" ryagombaga gutangira kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017,bimaze gutangazwa ko ryasubitswe.
Nyuma y’aho ayo makipe ahuye inshuro ebyiri mu byumweru bibiri bishize, APR na Rayon Sports zishobora kongera gukina kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017.