Abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever, kuri uyu wa kane basezeye abari abakinnyi babo Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim barangije kwerekeza mu ikpe ya Gor Mahia yo muri Kenya.
Inteko idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, yaraye yemereye amakipe atandatu kuzakina shampiyona y’icyiciro cya kabiri agasanga ayandi 19 yari asanzwe yaremejwe kuzitabira iyi shampiyona izatangira mu cyumweru gitaha.
Society for Family Health (SFH), Rwanda ifatanyije na Ferwafa bateguye irushanwa ryitiriwe Prudence rizaba mu mpera z’iki cyumweru rikazahuza amakipe yarangije mu myanya ine ya mbere muri shampiyona y’umwaka ushize wa 2014.
Rutahizamu mpuzamahanga w’umunyarwanda Meddie Kagere, atangaza ko akiri mu biganiro n’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya bityo ko atari yayerekezamo nkuko byari byavuzwe mu itangazamakuru.
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura ntabwo uhiriye amakipe yari imbere ku rutonde rwa shampiyona dore ko Police na APR FC zatsinzwe mu gihe Rayon Sports na As Kigali zishoboye gucyura inota rimwe gusa.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi UCI, yarangije kwemeza ko Ntiyamira Jean Sauveur azaba umwe mu basifuzi(comissaire) bo muri shampiyona ya Afurika izabera muri Afurika y’epfo kuva tariki ya 9-14/2/2015.
Irushanwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryabimburiye ayandi ya 2015 muri Afurika, ritumye u Rwanda rutangirana umwanya wa kabiri kuri uyu mugabane mu mukino w’amagare, umwanya uruhesha itike yo kujya mu mikino olimpike izabera I Rio de Janeiro muri Brazil.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yakinwagamo imikino ibiri y’umunsi wa 14 wayo, aho amakipe ya Etincelles na Espoir atangiranye intsinzi kuri uyu munsi ubimburira iyindi mu mikino yo kwishyura.
Bikorimana Gerard, umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport FC yavuze ko yahisemo gushaka umugore kugira ngo abashe gukina atuje, akaba agira bagenzi be inama yo kumwigana kuko bizatuma barushaho kwitwara neza mu kibuga.
Umunyarwanda wakinaga umukino wo gusiganwa ku mamodoka atangaza ko nyuma yo kuganira n’umuryango we yasanze ari ngombwa gufata icyemezo cyo guhagarika uyu mukino nyuma yo gukora impanuka ikomeye mu mpera z’umwaka ushize.
Munyamahoro Jean Claude ni we waraye yegukanye isiganwa ngarukamwaka ry’umukino w’amagare rigiye kujya rutegurwa n’akarere ka Gisagara, nyuma yo kurangiza ibirometero 65 byakinwaga kuri iki cyumweru akoresheje 02h30’2”.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports butangaza ko nta makuru bufite ko umukinnyi Kwizera Pierrot baherutse gusinyisha yaba yaraye asinyiye ikipe ya SOFAPAKA yo muri Kenya ,bityo ko biramutse binabaye uyu mukinnyi yakwirengera ingaruka zamubaho.
Cycling Club for All (CCA) ikorera i Huye ifatanyije n’akarere ka Gisagara bateguye isiganwa ryo gushaka abana bafite impano mu mukino w’amagare rizaba ku cyumweru tariki 25 mutarama 2015.
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports bakomeje kutishimira kutishyurwa amafaranga y’ibirarane by’umushahara wabo aho kuri uyu wa gatatu tariki 21/1/2015 byaje kurangira bafashe ibikapu byabo ngo basubire mu rugo, mbere yo kugirana ibiganiro n’umuyobozi w’akarere ka Nyanza Mayor Abdallah Murenzi.
Uwahoze ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Nizigiyimana Karim Makenzi yatangaje ko yababajwe n’amagambo yakurikiye igenda rye na mugenzi we Abuba ubwo berekezaga muri Gor Mahia muri Kenya.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, Lee Johnson yarangije gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 bagomba kwerekeza muri Tanzania ku gicamunsi cy’uyu munsi aho ifitanye umukino wa gicuti n’iki gihugu kuri uyu wa kane.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye gukora imyitozo kuri uyu wa mbere yitegura umukino wa gicuti ifitanye na Tanzania tariki 23/1/2015 i Mwanza.
Abakobwa bo mu Karere ka Kirehe bakomeje kugana umukino wa Karaté ari nako batwara imidari mu marushanwa anyuranye ku rwego rw’igihugu, n’ubwo abantu bakunda kuwitirira uw’abahungu kubera ingufu usaba.
Irushanwa ry’umupira w’amaguru ryiswe “Spaz Cup” ryari rimaze igihe kibarirwa mu mezi abiri ribera mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ryashojwe ku wa gatandatu tariki ya 17/01/2015, ikipe yitwa Muhabura FC ari yo itwaye igikombe.
Bikorimana Gerrard n’Uwamwiza Francine baraye bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana akaramata ubuzima bwabo bwose bashigaje ku isi.
Urubyiruko rutuye mu cyaro rwifuza ko impano zarwo zakwitabwaho mu bijyanye n’imikino nk’umupira w’amaguru aho usanga bitezwa imbere mu mijyi mu cyaro ntibihagere, kandi hari urubyiruko rwifitemo impano zo gukina umupira w’amaguru.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa ryarangije kwemeza ko umwongereza Lee Johnson agiye kuba ari we mutoza w’agateganyo w’ ikipe y’igihugu Amavubi asimbuye kuri uyu mwanya Stephen Constantine wasezeye.
Rayon Sports imaze gutangaza kuri uyu wa gatanu, ko abari abakinnyi bayo babiri Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim Makenzi, barangije kugurishwa mu ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya.
Ubuyobozi bukuru bushinzwe abinjira n’abasohoka bwarangije gushyira hanze raporo yanyuma y’ibijyanye n’ikibazo cy’ibyangombwa by’abakinnyi cyari kimaze iminsi kivugwa mjuri ruhago nyarwanda kuva mu kwezi kwa munani kwa 2014.
Kutishyura uwahoze ari umutoza wayo Raoul Shungu bishobora gutuma ikipe ya Rayon Sports isubizwa mu cyiciro cya kabiri ndetse ikanakurwa mu marushanwa nyafurika muri uku kwezi kwa mbere.
Uwari umutoza w’ikipe y’igihugu Umwongereza Stephen Constantine yarangije kwandikira ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa ababwira ko atakiri umutoza w’ikipe y’igihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame asanga bamwe mu bayobozi ba ruhago nyarwanda barakoze ubucucu mu gukinisha umukinnyi Birori Daddy watumye basezererwa mu marushanwa nyafurika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, Stephen Constantine yahamagaye abakinnyi 25 bo gutegura umukino wa gicuti na Tanzania uteganyijwe kuba tariki ya 22/01/2015 kuri Stade ya Kirumba I Mwanza.
Ndayisenga Valens uzwi nka Rukara yakoresheje iminota 10 n’amasegonda 47 maze yegukana agace kabanziriza utundi mu isiganwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryatangiye kuri uyu wa gatatu.
Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Kwizera Pierre amasezerano y’amezi 18 akinira iyi kipe mu mikino yo kwishyura ya shampiyona.