Ibihugu bine byitabiriye imikino ya Gisirikare byasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi, ndetse na Economic zone
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Imodoka ya Bukera Valery ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ni yo yabaye iya mbere mu isiganwa ry’amamodoka ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Rwanda.
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Mu mushinga w’imyaka ine ugamije gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru ndetse no gutegura ikipe y’igihugu y’ejo hazaza, mu karere ka Huye hatangiriye ibikorwa byo gutangira gukundisha abana b’abakobwa bakiri bato umupira w’amaguru.
Kuri uyu wa Gatanu ku bibuga bya Stade Amahoro na Nyamirambo habereye umunsi wa kane w’imikino ya Gisirikare, aho U Rwanda rwatsinze muri Basket rutsindwa muri Netball
Muna Singth Ukomoka muri Zambiya yegukanye igice cya mbere cya Montain Gorilla Rally iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amamodoka rizwi ku izina rya Rwanda Mountain Gorilla Rally rigiye kuba ku nshuro ya gatanu, rizagaragaramo udushya twinshi.
Kuri uyu wa Gatanu harakomeza imikino ya gisirikare ikinwa ku munsi wayo wa kane, aho Ingabo z’u Rwanda ziba zikina Netball na Basketball
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatsinze Tanzania muri Basketball mu gihe muri Netball itabshije gutsinda ikipe ya Uganda mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda
Mu mikino ya gisirikare ikomeje kubera mu Rwanda, u Rwanda rwabonye intsinzi ya mbere rwabonye mu mukino wa Handball rutsinze Tanzania.
Ku munsi wa kabiri w’imikino ya gisirikare, Kenya yaje kwiharira imyanya ya mbere mu gusiganwa ku maguru byabaereye kuri Stade ya Kicukiro
Mu mukino wa mbere wahuje ikipe ya APR Fc ihagarariye ingabo z’u Rwanda na Ulinzi ya Kenya, APR Fc yatsinzwe igitego 1-0
Ku munsi wa kabiri ikipe y’ingabo z’u Rwanda iraza kuba ikina n’ibindi bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, imikino ibera kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa Kabiri.
Imikino ya gisirikare ihuza ibihugu byo muri Afurika y’I Burasirazuba, yatangijwe ku mugaragaro kuri Stade Amahoro na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen. James Kabarebe.
Ku munsi wa mbere w’imikino Olempike iri kubera muri Brazil, Abanyarwanda babiri bahatanye nta n’umwe wabashije kwitwara neza
U Rwanda rwiteguye kwakira no kwitwara neza mu mikino ya gisirikare izahuza ibihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba guhera kuri uyu wa mbere
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe asanga kuba ikipe ya Kirehe FC yinjiye mu cyiciro cya mbere ari ibyo yakoreye, yemeza ko igiye kurushaho kwitwara neza ikaguma muri icyo cyiciro.
Nyuma y’aho APR Fc isezereye abakinnyi bagera ku icyenda, ndetse benshi bakerekeza muri AS Kigali, ubu Nshutiyamagara Ismail Kodo na Ntamuhanga Tumaini nabo bamaze kwerekeza muri iyi kipe
Ikipe ya Kirehe nyuma yo gutsindwa na Etolie de L’Est igitego 1-0, ihise ijya mu cyiciro cya mbere nyuma y’aho nayo yari yarayitsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza.
Nyuma yo gusinyisha Shabban Hussein wakiniraga Vital’o, Amagaju yasinyishije n’umunyezamu witwa Shyaka Regis wafatiraga ikipe ya Mukura VS.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu mukino wa Handball baratangaza ko bizeye kuzitwara neza mu marushanwa bazakinira Cameroun na Mali
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo haza kumenyekana amakipe agomba kujya mu cyiciro cya mbere, ni nyuma y’imikino ya 1/2 iza kuba kuri uyu wa Gatatu
Ikipe y’Amagaju yasinyishije abakinnyi bashya barimo umukinnyi ukina anyura ku ruhande wo mu ikipe ya Vital’o Fc y’i Burundi witwa Shabban Hussein uzwi nka Tshabalala
Kuri uyu wa mbere ni bwo itsinda ry’u Rwanda riri muri Brazil mu mikino Olpempike ryakiriwe ku mugaragaro, ndetse n’ibendera ry’u Rwanda rirazamurwa.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Kuri iki cyumweru Police Fc yerekanye abatoza n’abakinnyi bashya yongeyemo uyu mwaka, Police Handball club nayo imurika ibikombe yegukanye muri uyu mwaka w’imikino
Mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro cya mbere gusimbura Muhanga FC na Rwamagana FC zamanutse mu cya kabiri, Kirehe FC yateye intabwe itsinda Etoile de l’Est 2-0.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda hatangiwe ibihembo ku bakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016, byinshi byiharirwa na Rayon Sports