Ku munsi wa mbere w’imikino y’igikombe cya Afurika muri Volleyball, ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu buryo bworoshye yatsinze u Burundi amaseti atatu ku busa
Umunyakenya Frank Ouna Onyango ni we mutoza mukuru wa Musanze FC, wungirijwe na Nshimiyimana Maurice (Maso), aho bamaze gusimyira gutoza iyo kipe, basabwa gutwara igikombe kimwe mu bikombe bikuru bihatanirwa mu Rwanda.
Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali baraye bahagurutse i Kigali, aho berekeje mu birwa bya Comores gukina umukino ubanza wa CAF Confederation Cup.
Muri tombola y’amatsinda y’igikombe cya Afurika cya Volleyball kizabera mu Rwanda, u Rwanda rwatomboye itsinda ririmo u Burundi na Uganda.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, umukinnyi w’icyamamare ku isi Cristiano Ronaldo, yagaragaje ibyishimo yatewe no gusubira muri Manchester United, asubiye gukinira nyuma y’imyaka 12 yari amaze ayivuyemo.
Umukinnyi Niyonzima Olivier Sefu uheruka gusezererwa muri APR FC, amaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri AS Kigali
Ikipe y’igihugu ya Tunisia yegukanye igikombe cya AfroBasket 2021 cyari kimaze ibyumweru bibiri kibera mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabajijwe impamvu akomeza gufana ikipe nka Arsenal ihora itsindwa, avuga ko mu gihe inshuti igize ibyago udakwiye kuyita ahubwo uyiba hafi, ari rwo rukundo afitiye Arsenal yahoze itsinda, ubu ikaba iri mu bihe bibi ariko yanga kuyivaho.
Mu mukino wa kabiri wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar, Amavubi anganyije na Kenya igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikipe ya Police FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mukuru mushya witwa Francis Nuttall Elliott, akaba yatozaga ikipe ya St George FC yo muri Ethiopia
Uwitwa Hakizimana Félicien wo mu karere ka Rulindo ni we wegukanye umwanya mu irushanwa rya Duathlon ryabereye mu karere ka Nyanza kuri uyu wa Gatandatu.
Umukinnyi w’amagare, Ishimwe Patrick, wakiniraga Club ya Cine Elmay yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 4 Nzeri 2021, azize impanuka.
Uganda yasezerewe na Cap-Vert, uyu ukaba ari umukino Perezida Kagame yakurikiranye. Ni umukino wasozaga indi yose ya ¼, umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye.
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha Lamine Moro wakiniraga Young Africans.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yatangaje ko ubusabe bwa FERWAFA bwo kuba bakwemererwa abafana ku mukino wa Kenya
Mu mukino wa mbere wo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar, u Rwanda rutsinzwe igitego 1-0 na Mali mu mukino wabereye muri Maroc
Mu mikino ya nyuma yo guhatanira itike ya ¼ cya AfroBasket, ikipe ya Uganda ndetse na Sudani y’Amajyepfo
Abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda barimo Rafael York ugiye gukinira Amavubi bwa mbere, bakoranye imyitozo n’abandi bakinnyi b’Amavubi muri Maroc
U Rwanda rutsinzwe na Guinea mu mukino wo guhatanira itike yo kwerekeza muri 1/4 cya AfroBasket ruhita runasezererwa
Abakinnyi babiri bakina mu gihugu cya Sweden (Yannick Mukunzi na Rafael York) bamaze kugera Agadir muri Maroc ahazabera umukino uzahuza Amavubi na Mali.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yageze Agadir muri Maroc aho igomba gukinira na Mali, mu rugendo iyi kipe yagenze amasaha 24
Umutoza Ally Bizimungu watoje amakipe atandukanye yo mu Rwanda, yitabye Imana nyuma y’iminsi yari amaze arwariye mu bitaro bya CHUK.
Mu mukino wabimburiye indi yo kuri iki Cyumweru, ikipe ya Mali nyuma yo gutsindwa na Kenya ihise isezererwa mu mikino ya AfroBasket 2021
Mu mukino wa nyuma w’amatsinda, u Rwanda rutsinzwe na Cap-Vert ntirwabasha guhita rubona itike ya ¼ cy’irangiza aho rusabwa gutsinda Guinea ngo rubone itike
Ikipe y’igihugu ya Senegal yihereranye Sudani y’Amajyepfo iyitsinda amanota 104 kuri 75, iba ikipe ya mbere yujuje amanota 100 muri iyi mikino ya AfroBasket
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘’Amavubi ’’ yatangaje urutnde rw’abakinnyi 23 bagiye kwerekeza mu gihugu cya Maroc mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi izabera muri Qatar umwaka utaha.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A u Rwanda rutsinze ikipe y’igihugu ya Angola rwongera amahirwe yo kubona itike ya ¼ bwa mbere mu mikino ya AfroBasket
Kuri uyu wa Gatatu muri Kigali Arena hakomeje imikino y’umunsi wa kabiri ya AfroBasket 2021, aho itatu ari yo yabaye muri ine yari iteganyijwe
Umukino wo mu itsinda D wagombaga guhuza ikipe ya Cameroun ndetse na Sudani y’Amajyepfo guhera i Saa Cyenda z’amanywa, wamaze gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19