Buri muntu iyo agiye mu kazi agira imyenda runaka yambara bitewe n’akazi akora. Abakora mu biro bambara imyenda y’ibiro itandukanye n’iyo kurimba. Abunganizi mu mategeko n’abacamanza mu Rwanda bambara amakanzu y’umukara yitwa ‘toge d’avocat’ cyangwa ‘court dress’.
Nyuma y’Uko Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima, OMS, ugaragaje ko kwambara agapfukamunwa ari bumwe mu buryo bwizewe bwo kwirinda kwandura ndetse no kwanduza icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi; hirya no hino bakanguriwe kutwambara babishyira mu bikorwa.
Umugabo wa mu Bwongereza witwa Martin Mitchell ufite imyaka 49 y’amavuko, yategetse umukobwa bakundana witwa Susane Payne, kwandikisha izina ry’uwo mugabo ku kuboko kwe ku buryo bidasibangana (tattoo) kugira ngo abantu bose bamenye ko ari uwe.
Ibishayote ni ikimera kiba mu bwoko bw’ibihaza bito, ariko gifite ibyiza bitandukanye kimwe n’izindi mboga.Mu kamaro k’ibanze kabyo, harimo kongerera amashereka umubyeyi ukimara kubyara.
Chris Woodhead, umugabo w’Umwogereza yafashe icyemezo kwo kwishushanyaho (tattooing) ahinduka nk’igisimba ngo yiyibagize ko hariho gahunda ya #GumaMuRugo, isaba abantu kuguma mu ngo ngo birinde icyorezo cya Coronavirus.
Hari abakoresha puwavuro (poivron) mu gikoni nk’ikirungo, cyangwa se bakayikoresha kuko babona igaragara neza, ariko rero si ibyo gusa kuko burya ifite n’akamaro kenshi.
Umusomyi wa Kigali Today yanditse ubutumwa mu mwanya wagenewe ibitekerezo agisha inama y’uko yabigenza ngo ashinge urugo mu bushobozi afite, ariko akaba afite imbogamizi z’uko abakobwa babiri yaterese bamubenze.
Ku rubuga www.doctissimo.fr, bavuga ko ibirayi ari ikiribwa cyiza ku bantu batandunye, baba abana, abakora siporo (les sportifs) ndetse n’abantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije cyangwa se abafite ikibazo cy’ibinure bibi byinshi mu maraso ‘hypercholestérolémie’.
Muri iyi minsi hariho gahunda ya #GumaMuRugo, hirindwa Coronavirus, igihe abantu bamara bareba muri telephone, mudasobwa ndeste na television cyariyongere, ndetse ubushakashatsi bwerekana ko umuntu ashobora kumara amasaha 11 ku munsi abireba.
Igifenesi ni urubuto rukundwa n’abantu batari bake, kandi bakarurya mu buryo butandukanye, kuko rugira ibyiza bitandukanye ruzana mu buzima bw’abarurya.
Umuyobozi w’umujyi wa Alton-Illinois muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yabwiye abaturage ko yahaye Polisi itegeko ryo gusesa ibirori no gufata abantu batubahiriza amabwiriza yo kuguma mu rugo yashyizweho, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.Ubwo hari ku wa gatanu w’icyumweru gishize.
Muri Afurika y’Epfo, mu Ntara ya Kwa Zulu Natal, abageni bafunzwe bazira kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Umuforomo wo muri Australia avuga ko n’ubwo abantu bose basabwa gukaraba intoki neza muri iki gihe cya COVID-19, ku bafite inzara bo bagomba kuzica zigahora ari ngufi kuko zibika udukoko (bacteria) ndetse na virusi zikanagira uruhare rwo kuzikwirakwiza vuba.
Umukobwa witwa Jamie Douglas ufite imyaka 26 na Stephen Bradford ufite imyaka 28, byabaye ngombwa ko bahagarika ubukwe bwabo bwari bufite agaciro k’ibihumbi 45 by’Amadolari ($45,000) kubera icyorezo cya Coronavirus.
Kubera icyorezo cya COVID-19, ubuyobozi bukomeje gukangurira abantu kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Ubwo umubare w’abanduye coronavirus wakomezaga kwiyongera muri Espagne, ubuyobozi bwahise bufata umwanzuro wo gusaba abantu kuguma mu ngo kugira ngo badakomeza gukwirakwiza icyo cyorezo.
Umugabo witwa George Falcone ukomoka muri muri Leta ya New Jersey muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yakororeye ku bushake ku mukozi w’iduka (supermarket), nyuma amubwira ko afite coronavirus.
Abantu benshi bakunda kwifashisha perisile (persil) mu gikoni, bavuga ko ituma ibyo kurya bihumura neza cyangwa se bakayishyira ku byo kurya hejuru kugira ngo bigaragare neza, ariko se akamaro kayo mu mubiri ni akahe?
Umunsi umwe inzoka yagiye ku ntebe nyiri urugo yakundaga kwicaraho imbeba iba yayibonye iranyaruka ibwira Rusake iti ko mbona inzoka iri ku ntebe ya databuja nahicara ntiri bumurye? Wagiye ukayirukana.
Umugabo wo mu Bwongereza ahagaritse umutima nyuma y’uko yanduye Coronavirus mu rugendo rw’ibanga yari yagiyemo mu Butaliyani n’inshoreke ye.
Ubusanzwe habaho impanga akenshi usanga zihuje igitsina zinasa (vrais jumaux) izo zibaho iyo habayeho igi rimwe ry’umugore ryahuye n’intanga imwe y’umugabo, nyuma rikaza kwigabanyamo ibice bibiri ari byo bitanga abana babiri, nkuko bisobanurwa ku rubuga http://larichesse.over-blog.com.
Ibintu birenduka bisigara aho ikinyamushongo cyangwa ikinyamunjonjorerwa kinyuze, umuntu yagereranya n’amacandwe yacyo, burya bifite akamaro gashobora kuba katazwi na benshi.
Icyayi cya Hibiscus ni icyayi gikorwa mu ndabo za Hibiscus zumishijwe. Iyo zishyizwe mu mazi ashyushye, icyayi kigira ibara ritukura cyane, ukumva gisa n’ikiryoshye n’iyo nta sukari yaba irimo nk’uko tubisanga ku rubuga www.medicalnewstoday.com .
Hari abantu bakunda guhekenya shikarete nyuma yo kurya ibyo kurya birimo ibirungo nka tungurusumu n’ibindi banga ko impumuro yabyo iguma mu kanwa. Hari n’abazihekenya mu gihe bumva bashonje bakumva ko gukanja shikarete byagabanya inzara.
Mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Rugabano, hari umusozi bahimbye izina rya ‘Saint Valentin’ kubera umusore wahatakarije ubuzima yagiye kugira icyo yimarira (gusambana) n’inkumi mu kagoroba.
Soya ni cyo kinyamusogwe cyonyine gikorwamo ikinyobwa. Ku rubuga www.handirect.fr bavuga ko n’ubwo imvugo imenyerewe ari amata ya soya (Lait de Soja), ubundi ngo si byo kuko si amata ahubwo ni umutobe ukamurwa muri soya, gusa kubera ibara ryera ry’uwo mutobe ndetse n’imikoreshereze yawo ijya kwitwara nk’amata, bituma (...)
Umunyu wa gikukuru/gikukuri abandi bita umunyu w’ingezi, ni umunyu uzwi mu Rwanda guhera mu gihe cya kera kuko wakoreshwaga ahanini n’aborozi bawuha amatungo.
Imiti ishyirwa mu mutwe hagamijwe guhindura ibara ry’umusatsi izwi ku izina rya tentire ‘teinture’, ikoreshwa mu nzu zitunganyirizwamo imisatsi (salons de coiffure), ikoreshwa n’abatari bake, ariko se yaba igira izihe ngaruka ku buzima bw’abayikoresha?
Hari ababyeyi bamwe bumva ko uko bakunda ibintu biryohereye ari na ko bagomba kubiha abana babo nubwo baba bakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri, nyamara ababyeyi bakora ibyo baba bashyira ubuzima bw’abana babo mu kaga kuko baba babakururira indwara ubundi zakwirindwa.
Muri iki gihe abantu batandukanye bakiri mu myaka yo kubyara usanga baba bibaza ku mata baha abana babo basubiye mu kazi, kuko ikiruhuko umubyeyi ahabwa ari amezi atatu,yaba akorera Leta cyangwa abikorera.