Intagarasoryo cyangwa inkarishya, zibarirwa mu bwoko bw’intoryi, ariko intaragasoryo zo ziba ari ntoya cyane zingana n’amashaza kandi zikunda kwimeza, iyo akaba ari impamvu bamwe bazita intoryi zo mu gasozi (aubergine sauvage/Turkey berry). Intagarasoryo muri rusange zigira ibara ry’icyatsi kibisi, ariko iyo zimaze kurenza (...)
Ubunyobwa bubarirwa mu muryango umwe n’ibihingwa nk’amashaza n’ibishyimbo, n’ubwo ubunyobwa ku rundi ruhande ari ikinyamavuta mu gihe ibyo bindi bitari ibinyamavuta.
Amavuta ya Olive, ni amavuta agenda yinjira mu buzima bw’abantu batandukanye, cyane ko bivugwa ko arinda umuntu kurwara ikirungurira, ariko hari n’abatazi akamaro kayo.
Abagize itsinda Inmotion Tech basohoye ikoranabuhanga bise ‘Orderfene’ rifasha abafite uburiro (restaurants), Hoteri n’utubari cyangwa za super markets kudahererekanya impapuro ziriho ibiciro by’ibyo bacuruza, no kwihutisha serivisi batanga.
Ubundi kubira icyuya ni ibintu karemano bituma umubiri usohora imyanda, ariko umunuko w’ibyo byuya hari ubwo ubangama cyane ukaba wanatuma umuntu adakunda kujya mu bandi, iyo azi ko agira ibyuya binuka. Nyamara hari uburyo bw’umwimerere bwo kurwanya uwo munuko, bidasabye gukoresha imibavu ya kizungu yabugenewe (deodorants).
Hari ibintu bitandukanye abahanga mu by’ubuzima bavuga ko bigira akamaro mu gutuma uruhu, cyane cyane urwo mu maso ruba rwiza. Muri ibyo bavuga bifasha uruhu kumererwa neza harimo imbuto nk’amapapayi, imboga cyane cyane inyanya n’ibindi bimera bitandukanye, ariko hari n’ibindi biribwa bifasha uruhu kugira ubuzima bwiza nk’amafi.
Mu ndirimbo za Mariya Yohana, Umuhanzi w’Umunyarwakazi uririmba indirimbo zitandukanye harimo izikoreshwa mu gihe cyo Kwibuka abazize Jenoside, hari indirimbo imwe irimo amagambo agira ati “Ndacyabunamiye sindata igiti”.
Tungurusumu ni igihingwa gifite umumaro utandukanye mu buzima bw’umuntu, ari mu buvuzi no mu gutegura amafunguro, ariko hari benshi badakunda umwuka umuntu asohora mu kanwa iyo yayiriye.
Ubushakashatsi buheruka gukorwa mu Bwongereza, burerekana ko abantu banywa umuvinyo byibuze ml 0,14 mu cyumweru, ngo bibagabanyiriza ibyago byo kurwara ishaza mu jisho, cyane cyane iyo ari umuvinyo utukura (red wine / vin rouge).
Hari abantu byagora cyane kubaho nta ndorerwamo (amalineti) bitewe n’uko zibafasha kubona neza bakagenda badasitara, bagashobora gusoma, ariko umuntu yakwibaza, ubundi indorerwamo zabayeho ryari? Ese izo tubona ubu zitaraza abantu bifashishaga iki?
Bibiliya igaragaza ko Imana yaremye umuntu mu ishusho yayo imuha no gutegeka ibiri mu isi byose, ariko amaze gusuzugura itegeko yamuhaye akarya urubuto yabujijwe, yahise atakaza ya shusho y’Imana.
Ubuki bwifitemo intungamubiri nyinshi, bugira ubushobozi bwo kurwanya za ‘bacteries’ , bukagira ibyitwa ‘antioxydants’ bituma umubiri w’umuntu ukora neza, bikamurinda gusaza imburagihe.
Umutobe wa Karoti uzwiho kuba utuma uruhu rumererwa neza, rugatoha, rukanasa neza, ni umuti w’umwimerere uvura zimwe mu ndwara z’uruhu cyane cyane urwo mu maso. Kubera ikitwa ‘bêta-carotène’ kiboneka muri karoti, bituma kunywa umutobe wazo birinda uruhu kwangizwa n’imirasire y’izuba.
Ikimera cya tangawizi kizwiho kugira ibyiza byinshi ku buzima bw’umuntu, ariko kandi ni ngombwa kwita k’uko umuntu ayikoresha, kuko ngo iyo urengeje urugero rukwiriye, ishobora guteza ibibazo bitandukanye nk’uko bisobanurwa ku rubuga https://sante.journaldesfemmes.fr.
Umubyeyi wo mu mujyi wa Kigali utarashatse kuvugwa amazina, yatwoherereje akabaruwa k’urukundo umwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza yandikishije agashyikiriza umwana w’umuhungu bigana amubwira ko amukunda bikomeye, undi na we akajya kugasomesha.
Abahanga mu bijyanye n’imitekerereze y’inyamaswa n’abantu, bagaragaza ko hari ibisimba umuntu arusha kureba neza no kwitegereza amabara y’ibiboneka, ariko hakaba n’ibindi na we bimurusha kumenya neza ibyo atabasha kubona.
Kubera ibigize ikimera cya kabusuri harimo ibyitwa ‘glucosinolate’ ndetse n’umusemburo wa ‘myronase’, biyiha ubushobozi bwo gukomeza ubudahangarwa bw’umubiri, Ikanavugwaho kuvura ibibazo bimwe na bimwe byo mu mbyiko, mu mara ndetse no mu matwi.
Amavuta y’inka ni meza mu gikoni kandi araryoha, kuyarya bifitiye akamaro kanini umubiri kuko afite intungamubiri nyinshi kandi agafasha mu igogora.
Kugeza ubu mu nyamaswa zikiboneka ku isi, Twiga bakunze kwita musumbashyamba, ni yo ndende kurusha izindi, kubera ijosi ryayo rirerire ndetse n’amaguru maremare cyane. Ni inyamaswa ikurura abakerarugendo cyane kuko usanga iryoheye ijisho ikaba imwe mu nyamaswa zirimo kugenda zicika ku isi.
Nubwo hari abantu batinya kuba babyara impanga, bakavuga ko ngo kuzitaho bivuna cyane, hari abandi bo baba biteguye gukora icyo ari cyo cyose byaba bisaba kugira ngo babone umunezero wikubye kenshi wo kubyara impanga. Byagaragaye ko hari ibiribwa runaka byakongera amahirwe yo gutwita impanga.
Mu gihe amashyamba cyimeza agenda akendera, hari ibiti n’ibyatsi byifashishwaga mu kuvura na byo bigenda bikendera. Muri byo harimo igicumucumu bamwe bavuga ko kivura umusonga, abandi bakavuga ko kivura inzoka n’ibisebe bidakira.
Ni kenshi umuntu yisanga abanza koza amenyo mbere yo kunywa ikawa, gake akoza amenyo nyuma yahoo, abahanga basobanura igihe cyiza byakorwamo n’impamvu yabyo.
Kuva namenya ubwenge ahagana muri za 80, iyo umuntu yatabwaga muri yombi akekwaho icyaha runaka, mu rwego rw’amategeko inzego z’umutekano zabanzaga kumufungira aho bitaga kuri burigade (brigade) cyangwa kuri sitasiyo (station) ya Polisi, hanyuma yahamwa n’icyaha agafungwa bakavuga ko “Bamumanuye”.
Sosiyete ya Apple ngo yaba yaratangiye gushaka aho igura ‘lidar sensors’ zazakoreshwa mu modoka zayo zitwara ubwazo zikoresha umuriro w’amasahanyarazi nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Abanyamerika rutangaza amakuru ajyanye n’ubukungu (Bloomberg).
Ipapayi ni urubuto rukundwa n’abantu benshi kuko ruraryoha kandi rugira n’akamaro gakomeye kimwe n’izindi mbuto zitandukanye, ariko akamaro k’ipapayi ntikagarukira mu kuyirya gusa, ahubwo ikoreshwa no mu kwita ku bwiza n’ubuzima bw’uruhu rwo mu maso.
Mu Bwongereza, Umugabo witwa Robert Vick,wari ku rutonde rw’abashakishwa na Polisi, kuko yari yaracitse gereza atarangije igihano cy’igifungo yari yarakatiwe, yahisemo kwijyana kuri polisi ngo yongere asubire muri gereza aho kugumana n’abantu babanaga muri ‘Guma mu Rugo’(Lockdown).
Muri iki gihe isi igezemo, hafi ya buri muntu ufite imyaka ibimwemerera atunze telefone igendanwa yaba igezweho (smart phones) cyangwa izisanzwe, ariko ushobora gusanga hari ibintu byinshi utazi ko telefone yawe ishobora gukora wifashishije kode (codes), ni ukuvuga uruhererekane rw’utumenyetso n’imibare runaka ukanda (...)
Ni byinshi twibwira ko bidufasha kuryama neza ndetse iyo tutabikoze dushobora kubyukana amavunane, harimo gukora siporo cyangwa se kuryamira isaha imwe buri munsi, abashakashatsi bagira ibyo babisobanuraho mu buryo bwimbitse.
Umubyeyi w’umwana witwa Manzi utuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo avuga ko atajya asinzira iyo uwo mwana w’imyaka itanu amaze gufatisha ibitotsi, kuko ngo ahita atangira kugona ahirita cyane.
Avoka ubusanzwe abantu bayizi nk’urubuto ruryoha, kandi rukundwa n’abatari bake, ariko ibyiza byayo ntibigarukira k’ukuribwa gusa, kuko igira n’akamaro gakomeye mu kwita ku misatsi.