Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 42 ari Perezida wa Libya, wari uzwi cyane nka prezida warindwaga n’abagore, ndetse akanakunda kwibera mu ihema igihe cyose yasuye amahanga, yanakunze kandi gushyirwa mu majwi n’ amahanga kuba yarashyigikiraga udutsiko tw’ ibyihebe.
Nyuma y’intambara itoroshye hagati y’abarwanira Kadafi n’abamurwanya, Bani Walid umwe mu mijyi yari istimbaraye kuri Fadafi, kuri iki cyumweru nawo bawinjiyemo.
Mu gihugu cy’u Burundi hatangiye gahunda yo kugabanya umubare w’imfungwa muri gereza hagamijwe kurengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu nk’uko byemejwe n’Umushinjacyaha mukuru w’u Burundi Valentin Bagorikunda